10 SPORTS: Hakizimana Muhadiri yaravutse, i Athènes byari ibyishimo Olempike….ibyaranze uyu munsi mu mateka

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Turi Kuwa Gatanu  w’itariki ya 13 Kanama 2021, ni umunsi wa 225 mu minsi igize umwaka harabura iminsi 140 ngo uyu mwaka urangire, uyu ni  uwa Kane wa 33  kuva 2021 yatangira, iki turimo  ni icyumweru cya 33 mu byumweru bigize umwaka wa 2021.

Ni umunsi mpuzamahanga w’abantu bakoresha ukuboko ku imoso.

Izindi Nkuru

Muri Repubulika ya Centrafrika barizihiza imyaka 60 ishize babonye ubwigenge.

Ni bande bavutse ku munsi nk’uyu?

1.Hakizimana Muhadjiri (1994)Yujuje imyaka 27 rutahizamu wa Police FC yagiyemo uyu mumwaka avuye muri AS Kigali n’ikipe y’igihugu Amavubi.

Muhadjiri yanyuze mu makipe nka  Etincelles,  Kiyovu Sports, Mukura Victory, APR FC na Emirates fc yo muri Leta zunze ubumwe z’abarabu na As Kigali aherutsemo.

PNL: Musanze FC yatsindiwe mu rugo na AS Kigali mu mukino wa mbere (Amafoto  20) - Amizero

Hakizimana Muhadjiri aheruka muri AS Kigali basozanyije ku mwanya wa kabiri mbere yo kujya muri Police FC

Yinjiye mu ikipe y’igihugu Amavubi ku ya 03 Ugushyingo 2016, ahita anatsinda igitego mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afrika cya 2017, u Rwanda rwanganyijemo na Ghana  1-1.

2.Benjani Mwaruwari ( 1978)Yujuje 43, uwahoze ari Rutahizamu Manchester City n’ikipe y’igihugu ya Zimbabwe.

Yanyuze mu makipe nka Jomo Cosmos, Grasshopper Club Zürich, Auxerre, Portsmouth, Sunderland, Blackburn Rovers, Chippa United na Bidvest Wits. Mu ikipe y’igihugu ya Zimbabwe yabakiniye imikino 42 ayitsindira ibitego 10.

3.Riqui Puig (1999)Yujuje imyaka 22, umunya-Esipanye ukina hagati mu kibuga muri FC Barcelona.

4.Presnel Kimpembe (1995)

Presnel Kimpembe: “It means a lot to be able to have PSG youth products on  the pitch, it shows that there is soul in this club.” | Get French Football  News

Yujuje imyaka 26, myugariro w’umufaransa ufite inkomoko muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo, ukinira Paris Saint Germain yo mu Bufaransa akaba ari nayo yakuriyemo

Uyu musore yakiniye ikipe y’igihugu ya Kongo Kinshasa y’abatarengeje imyaka 20 umukino umwe yaje guhindura akinira u Bufaransa nabwo ahera mu batarengeje imyaka 20, akomereza mu ikipe y’igihugu nkuru amaze gukinira imikino icyenda akaba yari kumwe nayo batwara igikombe cy’isi cya 2018.

5.Lucas Moura (1992)Yujuje imyaka 29, umukinnyi w’umunya-Brazil ukina asatira aca ku mpande muri Tottenham n’ikipe y’igihugu ya Brazil.

How Lucas Moura found time for Brazilian fan during Tottenham stadium tour  | Shropshire Star

Yanyuze mu makipe nka São Paulo na Paris Saint-Germain ari nayo yavuyemo aza muri Tottenham▪️Mu ikipe y’igihugu ya Brazil amaze kuyikinira imikino 35 yayitsindiye ibitego bine, yatwaranye nayo igikombe mpuzamigabane cyo muri 2013.

6.Alan Shearer (1970)Yujuje imyaka 51,icyamamare muri shampiyona y’u Bwongereza, wahoze akina nka Rutahizamu wa Newcastle united n’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza.

Yanyuze mu makipe nka Southampton, Blackburn Rovers na Newcastle United ari nayo yakoreyemo amateka anaciramo uduhigo tugiye dutandukanye, nko kuba ariwe umaze kuyitsindira ibitego byinshi 206, uyu mugabo kandi niwe umaze gutsinda ibitego byinshi muri shampiyona y’u Bwongereza (260) harimo penaliti 58, ni nawe watsinze ibitego bitatu mu mukino umwe inshuro nyinshi (11) muri shampiyona y’u Bwongereza.

Mu ikipe y’igihugu y’u Bwongereza yabakiniye imikino 63 abatsindira ibitego 30.

Ibihe byingenzi uba udakwirengagiza

Ni Ibihe bihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi

1948 : ikipe Y’igihugu ya Leta zunze ubumwe za Amerika y’umukino wa Basketball yisubije umudali wa zahabu Olempike nyuma yo gutsinda iy’u Bufaransa amanota 65-21, mu mikino Olempike yabereye i Londres mu Bwongereza.

1993 : Mu mujyi wa Stuttgart, mu Budage, hafunguwe imikino ngororamubiri y’isi yari igiye kuba ku nshuro ya kane.

The AP predicts a record year for Israel at the Olympics – J.

2004 : i Athènes mu Bugeleki hafunguwe ku mugaragaro imikino Olempike yari igiye gukinwa ku nshuro ya 28.

2008: Umunyamerika Michael Phelps yatwaye imidali itatu ya zahabu Olempike mu koga, mu mikino Olempike yabereye i Beijing mu Bushinwa.

2016: Mo Farah, umwongereza usiganwa ku maguru yegukanye umudali wa zahabu Olempike mu kwirukanka metero ibihumbi bitanu n’ibihumbi 10 nk’uko yari yabigenje mu mikino Olempike yabereye yabereye i Londres, umunyakenya Paul Tanui yaje ku mwanya wa kabiri.

Olympic Japan 2021 | Games Competition

Mo Farah umukinnyi w’imikino ngororamubiri wubatse izina

Byateguwe na Esther Fifi Uwizera/RadioTV10 ku bufatanya na DSTV

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru