Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Senegal yashenguwe n’imvune ya kizigenza Sadio Mané

radiotv10by radiotv10
16/11/2022
in AMAHANGA, SIPORO
0
Perezida wa Senegal yashenguwe n’imvune ya kizigenza Sadio Mané
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Macky Sall wa Senegal, yagaragaje agahinda yatewe n’imvune ya Sadio Mané, umwe mu bakinnyi b’inkingi ya mwamba mu ikipe y’Igihugu ya Senegal yitegura kwitabira Igikombe cy’Isi.

Sadio Mane yavunikiye mu mukino wahuzaga ikipe asanzwe akinamo ya Bayern München yakinagamo na Werder Bremen ikayitsindamo ibitego 6-1, wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Ugushyingo 2022.

Imvune ya rurangiranwa Sadio Mané, yakangaranyije abakunzi benshi ba ruhago byumwihariko abo ku Mugabane wa Afurika bakomeje kugaragaza ko bazaba bari inyuma ya Senegal mu gikombe cy’Isi kizatangira mu minsi micye iri imbere.

Perezida wa Senegal, Macky Sall ari mu bababajwe n’imvune ya Sadio Mané, aho kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ugushyingo 2022 yashyize ubutumwa kuri Twitter agaragaza akababaro k’iyi mvune.

Yagize ati “Sadio ndakwifuriza gukira vuba nyuma y’imvune wagiriye mu mukino wahuje Bayern-Werder Brême.”

Macky Sall yakomeje agaragariza Sadio Mané ko afatiye runini ikipe yabo ya Senegal, ati “Nkuko nabikubwiye: Sadio uri inkingi ya mwamba y’Intare (Ikipe y’Igihugu ya Senegal), turi kumwe nawe kandi Imana ikube hafi.”

Kuri uyu wa Gatatu kandi hari amakuru ari kuvugwa ko Sadio Mané atazakina imikino y’Igikombe cy’Isi, inkuru itari nziza mu matwi y’abakunzi ba ruhago ku mugabane wa Afurika.

Uyu rurangiranwa wegukanye igikombe cy’umukinnyi mwiza muri Afurika, yafashije Igihugu cye kwegukana Igikombe cya Afurika cy’uyu mwaka.

Imvune ya Sadio Mane yababaje Abanyafurika benshi
Perezida Macky Sall yamwakiriye mu biro bye muri uyu mwaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Umukobwa akurikiranyweho amanyanga yo kwigabanyisha imyaka ashaka gufungisha umusore babyaranye

Next Post

Polisi yanyomoje umuhanzikazi nyarwanda wavuze ko yandikiwe kandi imodoka ye yari iparitse

Related Posts

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe
AMAHANGA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yanyomoje umuhanzikazi nyarwanda wavuze ko yandikiwe kandi imodoka ye yari iparitse

Polisi yanyomoje umuhanzikazi nyarwanda wavuze ko yandikiwe kandi imodoka ye yari iparitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.