Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ubuyobozi bw’ibanze bunengerwa ibyo bukorera umuturage ufite ibibazo uruhuri

radiotv10by radiotv10
01/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ubuyobozi bw’ibanze bunengerwa ibyo bukorera umuturage ufite ibibazo uruhuri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko hari mugenzi wabo ubayeho mu buzima bugoye kuko atifashije, akaba afite n’umwana urwaye Bwaki, ariko aho acumbikiwe hose, Ubuyobozi bw’ibanze busaba abamucumbikiye kumwirukana, ngo ntibushaka umuturage urwaje Bwaki.

Bivugwa n’abaturage bo mu Mudugudu wa Rukingo mu Kagari ka Rugerero mu Murenge wa Rugerero, bavuga ko uyu muturage witwa Mukandayisenga Rachel w’imyaka 25 atagira epfo na ruguru nk’uko.

Bavuga ko ikibabaje ari uko n’abifuza kumufasha, bitabahira kuko ubuyobozi bwakamufashije buhita bubijundika, bubasaba kumwirukana.

Umwe yagize ati “Uyu mudamu abayeho nabi, ntagira aho kuba, n’uwihaye ngo aramucumbikiye ubuyobozi ntibumuha amahoro, bavuga ko arwaje bwaki, aho batamufashije gukemura icyo kibazo kimuteza bwaki ahubwo na bo bakabigiramo uruhari.”

Akomeza agira ati “Njyewe naramucumbikiye ari kurara hanze maze kumucumbikira umuyobozi w’umudugudu n’ushinzwe umutekano baraje bambwira ko uwo muntu batamushaka mu kagari ka Basa.”

Abajijwe impamvu yabwirwaga n’ubuyobozi ko budashaka uwo muturage, yasubije agira ati “ngo arwaje bwaki, ndababwira ngo njyewe uko ndiho, umubabaro arimo nanjye ni wo ndimo, ngomba kumucumbikira kuko ntawamfashije nta n’uwanguriye itafari bigeze aho nahawe akato nanjye ubwanjye, mpabwa akato n’ubuyobozi bavuga ko nta kintu cyo mu buyobozi ngomba kubona mu gihe uwo mudamu akiri iwanjye bavuga ko n’ikintu cyose kizajya kiribwa mu mudugudu nzajya nkiriha”.

Uyu muturage Mukandayisenga Rachel na we ubwe avuga ko abayeho mu buzima bugoye bwanatumye abyara abana batatu mu buryo yabaga atateguye kuko yasambanyirizwaga aho yabaga aryamye mu nzu zituzuye.

Ati “Ndeba inzu isakaye ariko idafunze ikaba ari yo ndaramo, none se ubwoba nabugira ko ariko biba byagenze nabigenza nte ko ntahandi mba ndi bujye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Nzabahimana Evariste avuga ko ibyo kuba uyu muturage yirukanwa n’ubuyobozi bidashoboka, kandi ko n’iyo byaba bikorwa byaba ari amakosa.

Ati “Ntabwo numva ukuntu abantu bashobora kwirukana umuntu mu Mudugudu, oya oya ubu koko umuntu wese urwaye abaturage baramwirukana, none se bwaki irandura.”

Icyakoze ngo bagiye kubikurikirana. Ati “Icyo dukurikirana ni ukumenya niba koko ibyo bintu bibaho. Hari abaturage baba bashaka kumumenasha ngo ni uko afite abana barwaye bwaki kuko cyaba ari ikibazo twanamufasha kugikemura haba ari mu myumvire cyangwa mu bundi buryo.”

Inzu z’abandi zitaruzura ni zo uyu muturage yikingamo
Iyo avuga iby’imibereho anyuzamo agaturika akarira
Abaturage banenga uburyo ubuyobozi bumwirukana aho ageze hose

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Uguhangana kudasanzwe muri Shampiyona: Rayon yamaze gutambuka kuri mucyeba wayo APR

Next Post

Ibyivugira: Mbere==>Ubu

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyivugira: Mbere==>Ubu

Ibyivugira: Mbere==>Ubu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.