Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ubuyobozi bw’ibanze bunengerwa ibyo bukorera umuturage ufite ibibazo uruhuri

radiotv10by radiotv10
01/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ubuyobozi bw’ibanze bunengerwa ibyo bukorera umuturage ufite ibibazo uruhuri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko hari mugenzi wabo ubayeho mu buzima bugoye kuko atifashije, akaba afite n’umwana urwaye Bwaki, ariko aho acumbikiwe hose, Ubuyobozi bw’ibanze busaba abamucumbikiye kumwirukana, ngo ntibushaka umuturage urwaje Bwaki.

Bivugwa n’abaturage bo mu Mudugudu wa Rukingo mu Kagari ka Rugerero mu Murenge wa Rugerero, bavuga ko uyu muturage witwa Mukandayisenga Rachel w’imyaka 25 atagira epfo na ruguru nk’uko.

Bavuga ko ikibabaje ari uko n’abifuza kumufasha, bitabahira kuko ubuyobozi bwakamufashije buhita bubijundika, bubasaba kumwirukana.

Umwe yagize ati “Uyu mudamu abayeho nabi, ntagira aho kuba, n’uwihaye ngo aramucumbikiye ubuyobozi ntibumuha amahoro, bavuga ko arwaje bwaki, aho batamufashije gukemura icyo kibazo kimuteza bwaki ahubwo na bo bakabigiramo uruhari.”

Akomeza agira ati “Njyewe naramucumbikiye ari kurara hanze maze kumucumbikira umuyobozi w’umudugudu n’ushinzwe umutekano baraje bambwira ko uwo muntu batamushaka mu kagari ka Basa.”

Abajijwe impamvu yabwirwaga n’ubuyobozi ko budashaka uwo muturage, yasubije agira ati “ngo arwaje bwaki, ndababwira ngo njyewe uko ndiho, umubabaro arimo nanjye ni wo ndimo, ngomba kumucumbikira kuko ntawamfashije nta n’uwanguriye itafari bigeze aho nahawe akato nanjye ubwanjye, mpabwa akato n’ubuyobozi bavuga ko nta kintu cyo mu buyobozi ngomba kubona mu gihe uwo mudamu akiri iwanjye bavuga ko n’ikintu cyose kizajya kiribwa mu mudugudu nzajya nkiriha”.

Uyu muturage Mukandayisenga Rachel na we ubwe avuga ko abayeho mu buzima bugoye bwanatumye abyara abana batatu mu buryo yabaga atateguye kuko yasambanyirizwaga aho yabaga aryamye mu nzu zituzuye.

Ati “Ndeba inzu isakaye ariko idafunze ikaba ari yo ndaramo, none se ubwoba nabugira ko ariko biba byagenze nabigenza nte ko ntahandi mba ndi bujye.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Nzabahimana Evariste avuga ko ibyo kuba uyu muturage yirukanwa n’ubuyobozi bidashoboka, kandi ko n’iyo byaba bikorwa byaba ari amakosa.

Ati “Ntabwo numva ukuntu abantu bashobora kwirukana umuntu mu Mudugudu, oya oya ubu koko umuntu wese urwaye abaturage baramwirukana, none se bwaki irandura.”

Icyakoze ngo bagiye kubikurikirana. Ati “Icyo dukurikirana ni ukumenya niba koko ibyo bintu bibaho. Hari abaturage baba bashaka kumumenasha ngo ni uko afite abana barwaye bwaki kuko cyaba ari ikibazo twanamufasha kugikemura haba ari mu myumvire cyangwa mu bundi buryo.”

Inzu z’abandi zitaruzura ni zo uyu muturage yikingamo
Iyo avuga iby’imibereho anyuzamo agaturika akarira
Abaturage banenga uburyo ubuyobozi bumwirukana aho ageze hose

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + six =

Previous Post

Uguhangana kudasanzwe muri Shampiyona: Rayon yamaze gutambuka kuri mucyeba wayo APR

Next Post

Ibyivugira: Mbere==>Ubu

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyivugira: Mbere==>Ubu

Ibyivugira: Mbere==>Ubu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.