Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inyamaswa zigeze kuzengereza ikiremwamuntu zongeye gutera ikikango i Burayi

radiotv10by radiotv10
05/09/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Inyamaswa zigeze kuzengereza ikiremwamuntu zongeye gutera ikikango i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Igaruka ry’inyamaswa z’ibirura mu bice bitandukanye ku Mugabane w’u Burayi, ryateye ikikango ku baturage ndetse no ku matungo boroye, aho ubuyobozi bw’uyu Mugabane bwavuze ko hagiye gushyirwaho ingamba.

Izi nyamaswa zigeze n’ubundi guteza akaga ku Mugabane w’u Burayi, aho ubuyobozi bwashyizeho ingamba zo kuzihiga no kuzica, ariko bigeze mu 1950, haza gushyirwaho ingamba zo kurengera izi nyamaswa na zo zari zisigaye ari ngerere.

Ibi byatumye izi nyamaswa zongera kororoka, ndetse ubu zimaze kuba nyinshi mu bice binyuranye byo kuri uyu Mugabane w’u Burayi.

Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo y’Umuryango w’Ibihugu by’Ubumwe bw’u Burayi (EU), Ursula von der Leye mu butumwa yatanze kuri uyu wa Mbere, yavuze ko igaruka ry’izi nyamaswa ryongeye gutera impungenge.

Yagize ati “Ubwiyongere bw’ibirura mu bice bimwe by’i Burayi, bwongeye kuzana akaga ku matungo ndetse no ku kiremwamuntu.”

Uyu muyobozi wa EU, ni umwe mu bazi ingaruka z’izi nyamaswa z’ibirura, aho muri Nzeri umwaka ushize, Ikirura kimwe cyagiye mu gace k’icyaro gatuyemo bamwe mu bo mu muryango we ko mu majyaruguru y’u Budage, kica umwe mu bo mu muryango we.

Abashinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, bo bishimira igaruka ry’izi nyamaswa z’ibirura, bo babifata nk’amahirwe yo kuzakomeza kuringaniza urusobe rw’ibinyabuzima.

Kuva mu 1992 umuryango urengera inyamaswa, wemeje itegeko rirengera by’umwihariko ibirura, gusa von der Leyen yasabye “abategetsi gufata ingamba,” yongeraho kandi ko “Inteko Ishinga Amategeko ya EU yazishyizeho zizabafasha.”

Mu itangazo ry’Umuyobozi wa Komisiyo ya EU, yasabye abayobozi mu nzego z’ibanze ndeste n’abahanga mu by’ubumenyi, gutanga imibare y’izi nyamaswa, bakazoherereza iyi Komisiyo kuri email bitarenze tariki 22 Nzeri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + one =

Previous Post

AMAFOTO: Amavubi yatangiye imyitozo yitegura gutsinda umukino utazagira icyo uhindura

Next Post

Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Related Posts

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Ibyamenyekanye ku mbamutima z’ikirenga zagaragajwe n’umunyamahanga bahawe Ubwenegihugu bw’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.