Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Gitifu aravugwaho imyitwarire idatanga urugero rwiza inengwa n’abaturage

radiotv10by radiotv10
18/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Gitifu aravugwaho imyitwarire idatanga urugero rwiza inengwa n’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Kagari ka Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, baravuga ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa wako, abatukira mu ruhame, ndetse ko ajya acyocyorana na bo ku buryo hari uwo bari bafatanye mu mashati, bakabakiza.

Aba baturage bavuga ko iyo bari mu Nteko z’Abaturage, uyu muyobozi wabo akoresha imvugo zitaboneye zituma bamwe muri bo bamubonamo ishusho itari nziza.

Uwitwa Kayitana avuga ko yigeze kugirana amakimbirane n’uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa, bapfa amafaranga igihumbi (1 000 Frw) yamusabaga nk’umusanzu w’inyubako.

Uyu muturage avuga ko yari amaze guhabwa ibihumbi icyenda mu itsinda, ashaka guhita ayishyura mu bwisungane mu kwivuza, ariko Gitifu akamubwira ko agomba gukuramo 1 000 Frw.

Ati “Ndavuga nti ‘ese ndajya gufasha abandi bantu nanjye ubwanjye ntarifasha ntaratanga mituweli?’ ndavuga nti ‘reka mbanze ntange mituweli nyuma nzabone mfashe abandi’.”

Uyu muturage avuga ko icyo gihe yatonganye n’uyu muyobozi. Ati “Twari tugiye kurwana, haba abantu baradukiza.”

Abaturage bavuga ko ubwo ubu bushyamirane bwabaga, bwazamuwe n’uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa, wagaragaje umujinya w’umuranduranzuzi, agahaguruka ajya gufata mu mashati uwo muturage bashyamiranye.

Umwe ati “Byari bigayitse, twabibonye nk’ibintu bigayitse, umuyobozi ntaba akwiye kurwana n’umuturage, ahubwo yamwigisha.”

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyabikokora, Rugambwa Faustin ahakana iyi myitwarire idahwitse avugwaho n’abaturage.

Ati “Iyo nza kurwana n’umuturage, amabwiriza arakurikizwa, mba naragiriwe inama, yari kwiyambaza inzego z’Ubugenzacyaha, inzego z’umutekano izisumbuye kuri njye kugira ngo atabarwe.”

Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kirehe, Nyamutera Emmanuel yabwiye RADIOTV10 niba imyitwarire nk’iyi ivugwa n’abaturage, yaragaragaye ku muyobozi, bidakwiye, kandi ko bagiye kubikurikirana.

Ati “Akenshi dukangurira abaturage ko abayobozi b’inzego z’ibanze, iyo baba bafite gahunda batishimiye bajye batubwira. Umuyobozi abwira nabi abaturage, ntabwo biba bikwiye.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 11 =

Previous Post

Uwigishije muri kaminuza wagizwe umwere ku gusambanya umukozi wo mu rugo yagarutse imbere y’Urukiko

Next Post

Mu Rwanda hashyizwe hanze amahirwe arimo 10.000.000.000 Frw

Related Posts

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko Ubushinjacyaha bwa gisirikare bukurikiranye Abofisiye babiri ba RDF n’abasivile 20 ibyaha birimo gukoresha umutungo...

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

by radiotv10
05/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane...

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

by radiotv10
05/08/2025
0

The United States and Rwanda have reached an agreement for the African nation to accept up to 250 migrants deported...

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

by radiotv10
05/08/2025
0

In an increasingly modern and globalized world, one might wonder whether religion still holds influence over our daily lifestyle choices....

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

by radiotv10
04/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s Kicukiro District, the people of Nyarugunga Sector are proving that when a community stands together,...

IZIHERUKA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe
MU RWANDA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

05/08/2025
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

05/08/2025
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda hashyizwe hanze amahirwe arimo 10.000.000.000 Frw

Mu Rwanda hashyizwe hanze amahirwe arimo 10.000.000.000 Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.