Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Byashowemo arenga miliyari 10Frw,…Iby’ingenzi wamenya ku bihembo mpuzahanga bizatangirwa mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/09/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Byashowemo arenga miliyari 10Frw,…Iby’ingenzi wamenya ku bihembo mpuzahanga bizatangirwa mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Harabura igihe kitagera ku kwezi ngo ibihembo bya Nyafurika muri muzika bya Trace Awards bitangirwe mu Rwanda ari na ho ha mbere bizaba bitangiriye. Tumenye bimwe mu by’ingenzi kuri ibi ibihembo, nko kuba bizamanura abahanzi b’ibirangirire 50.

 

1.Hazaririmba abahanzi barenga 50

Ubwo Trace yatangazaga urutonde rw’abahanzi bakwiye kwitegurwa mu birori by’itangwa ry’ibi bihembo, hamenyekanye amwe mu mazina y’aba bahanzi.

Icyakora ubwo umuyobozi wa Trace, Olivier Laouchez yaganira n’itangazamakuru, yahishuye ko bitegura kwakira abahanzi barenga 50 ku ku rubyiniro mu Rwanda.

 

2.Abarenga 300 bazaza mu Rwanda

Mu kinganiro n’itangazamakuru, Olivier Laouchez yavuze ko usibye no kuba abanzi bazaba ari benshi, u Rwanda rukwiye no kwitegura kwakira abashyitsi barenga 300 bazaba bazanywe n’ibi bihembo.

Yagize ati “Abarenga 300 ni bo batwitegura kwakira mu gihe hazaba hatangwa ibi bihembo.”

 

3.Icyiciro cyihariye ku bahanzi Nyarwanda

Mu rwego rwo guha agaciro u Rwanda nk’Igihugu cyakiriye ibi bihembo, rwahawe icyiciro cyihariye muri ibi bihembo, aho umuhanzi uzahiga bagenzi be bane, azahembwa kimwe n’abandi bazaba batsinze mu bindi byiciro.

Iki cyciro cyihariye cy’abahanzi Nyarwanda, kirimo Bwiza, Ariel Wayz, Chriss Eazy, Kenny Sol ndetse na Bruce Melodie.

 

4.Indirimbo yakozwe n’Umunyarwanda ishobora gutungurana

Ubwo hatangazwaga urutonde rw’abahatanye mu bihembo bya Trace Awards, hagaragayemo icyiciro cy’indirimbo nziza y’umwaka, kirimo iyitwa ‘Buka BaIi Nada’ y’umuhanzikazi usanzwe aba muri Portugal uzwi nka Soraia Ramos.

Iyi ndirimbo yakozwe n’umusore w’Umunyarwandaka Muhisha Rubinson uzwi nka Element Elee ukomeje kwigaragaza mu ruhando rwo gutunganya indirimbo, dore ko indirimbo yose arambitseho intoki, isamirwa hejuru.

 

5.Hateganyijwe iserukiramuco ry’iminsi itatu

Nk’uko Trace ibitangaza, kuva tariki 20 kugeza ku ya 22 Ukwakira 2023, hazatangizwa iserukiramuco ryiswe ‘Trace Festival’ rizamurikirwamo byinshi birimo ibihangano by’umuziki, imideri, imitekere gakondo ndetse n’ibindi byinshi.

 

6.Hashowe arenga miliyoni 10

Ubwo yabazwaga n’Umunyamakuru wa RADIOTV10, ku mubare w’amafaranga baba barashoye mu gutegura ibi bihembo, umuyobozi wa Trace, Olivier Laouchez yirinze kuvuga umubare nyawo icyakora avuga ko ubariye hamwe agaciro ka Trace Awards n’iri serukiramuco, karenga Miliyoni 10 z’Amadolari (arenga miliyari 10 Frw).

Yagize ati “Ntabwo nahita mvuga umubare nyirizina, ariko ubariyemo no kuzana abahanzi, n’azagenda ku itangazamakuru n’ibindi, yarenga gato miliyoni 10 z’Amadolari.”

 

7.Nta kiguzi cyahawe abahanzi bazitabira

Ku bijyanye no kwishyura abahanzi bazaza mu Rwanda, Olivier Laouchez avuga ko nta mafaranga bigeza baha abahanzi bazaza, icyakora bazabafashwa mu bizakenerwa byose. Ati “Nta mafaranga twabishyuye oya Ntayo.”

Ibihembo bya Trace, biteganyijwe gutangirwa mu Rwanda tariki 22 Ukwakira 2023, bikazabanzirizwa n’isurukiramuco rizabera Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Olivier Laouchez yavuze ko bizaba ari ibirori biryoshye

Joshua TUYITAKIRE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + two =

Previous Post

Perezida Kagame yashyize mu kiruhuko Abapolisi bakomeye barimo uwayoboye Polisi y’u Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Gen (Rtd) Kabarebe wagarutse muri Guverinoma

Related Posts

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

by radiotv10
30/07/2025
0

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera igitaramo cyihariye cy’umwihariko w’umuziki w’injyana yo mu bwoko bwa Country, aho kukinjiramo...

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda rya 2019, agiye gutangira kumvikana nk’umunyamakuru kuri radio nshya mu...

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Gen (Rtd) Kabarebe wagarutse muri Guverinoma

Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Gen (Rtd) Kabarebe wagarutse muri Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.