Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

radiotv10by radiotv10
28/09/2021
in MU RWANDA
0
Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva urukingo rwa COVID-19 rwatangira gutangwa mu Rwanda, ikigo cy’igihugu kita ku buzima (RBC) kigaragaza ko Abanyarwanda barenga miliyoni ebyiri bamaze kugerwaho n’iyi gahunda mu gihe miliyoni imwe n’igice muri aba bafashe inking ebyiri.

Nk’uko bigaragara muri raporo ya RBC, kugeza ubu 21% muri miliyoni 7,8 ziteganyijwe gukingirwa mu Rwanda (60% by’abanyarwanda), nibo bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19 ku  buryo bwuzuye. Ni ukuvuga ko hamaze gukingirwa 12.6% muri miliyoni 13 z’abaturage bose.

Minisitiri w’ubuzima, Dr.Daniel Ngamije agaragaza ko hari intambwe ishimishije imaze guterwa mu gikorwa cyo gukingira abaturage COVID-19.

“Kuba tumaze gukingira abantu barenga miliyoni ebyiri ni intambwe ikomeye tumaze gutera ariko urugendo rurakomeje”

Dr.Daniel Ngamije yakomeje agira ati “Leta y’u Rwanda irakora ibishoboka byose kugira ngo ibone inkingo zikenewe kandi irashimira abafatanyabikorwa bose badutera ingabo mu bitugu kugira ngo inkingo zikenewe kandi zigere ku baturage bacu. Turateganya ko mu mpera z’uyu mwaka tugomba kuba tumaze gukingira abantu bagera kuri 30% by ‘abagomba gukingirwa”

How Cross Border Trade Between Rwanda, DRC Escalated COVID-19 Infections –  KT PRESS

Minisitiri w’ubuzima, Dr.Daniel Ngamije avuga ko urugendo rugikomeje

Kugeza ubu u Rwanda rumaze kwakira inkingo za COVID-19 zigera kuri 3,658,310 zabonetse muri gahunda ya COVAX yo gusaranganya inkingo kimwe na gahunda ya AVAT, gahunda yashyizweho n’umuryango w’ubumwe bw’abibumbye kugira ngo hashakwe inkingo za COVID-19 zo kunganira izindi gahunda muri urwo rwego.

Rwanda: Abanyamakuru n'abarimu ba kaminuza bakingiwe Covid - BBC News Gahuza

Abanyarwanda barenga  miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Izindi nkingo zabonetse mu rwego rw’ubutwereranye u Rwanda rufitanye n’ibindi bihugu ndetse hari n’izaguzwe na leta y’u Rwanda ku bufatanye na Banki y’isi.

Imbaraga Leta y’u Rwanda yashyize mu gukingira abaturage COVID-19 zatumye umubare w’abandura icyo cyorezo uva ku 10% muri Nyakanga na Kanama 2021 ubu ukaba ugeze kuri 3% muri Nzeri 2021. Ibi byatumye hari ibikorwa byongeye gufungurwa mu rwego rwo guteza imbere ubukungu ari nako dukomeza gushyira imbaraga mu bikorwa byo kwirinda iki cyorezo.

 

 

 

 

 

  

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + sixteen =

Previous Post

Uruhare rw’umwana mu iterambere ry’umuryango

Next Post

Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF

Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.