Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

KIGALI: Abaturage bakomeje kwibaza irengero ry’ibyiciro bishya by’ubudehe

radiotv10by radiotv10
21/10/2021
in MU RWANDA
0
KIGALI: Abaturage bakomeje kwibaza irengero ry’ibyiciro bishya by’ubudehe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi umunani arenga ku gihe leta yari yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyiciro by’ubudehe bishya, hari abaturage bavuga ko babangamiwe n’uko bakigendera ku byiciro bya cyera. Ibi ngo bituma bahabwa serivisi zimwe hashingiwe kuri ibi byiciro kandi biteganyijwe ko izi serivisi zitandukanwa n’ibyiciro bishya. Icyakora minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yirinze gutanga umucyo kuri iki kibazo cy’abaturage.

Mu kwezi nk’uku k’umwaka wa 2020, ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’Inzego z’ibanze gishamikiye kuri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, cyari cyemeje ko ibyiciro bitanu bishya by’ubudehe byagomba gutangira gukoreshwa mukwezi kwa  Gashyantare 2021.

Icyatumye abatari bake babitegerezanya amatsiko, ni uko guverinoma y’u Rwanda yari yemeje ko imikorere ya byo igomba gutandukanywa na serivisi rusange zihabwa abaturage.

Icyakora amezi 8 arirenze, nta kanunu ka byo. Abaturage bavuga ko ibiciro biriho uyu munsi bikomeje kubagiraho ingaruka.

“Baratubaruye, batubwira ko ibyiciro bishya biri hafi. Ariko twarategereje turaheba. Iyo ubajije barakubwira ngo tegereza biri hafi. Ubu turacyagendera ku byiciro bya kera. Ibyo bituma inkunga z’abafite ubumuga tutazibona twese. Ubwishyu bw’umutekano n’isuku na byo bigendera kuri ibyo byiciro. Nibadufashe bashake uburyo byatandukanywa.”

Musanze: Banyuzwe n'uburyo bubashyira mu byiciro bishya by'ubudehe - Kigali  Today

Abaturage hirya no hino mu mujyi wa Kigali bateregereje kumenye ibyiciro bishya bashyizwemo

Kuri iyi ngingo, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yirinze gutanga ibisobanuro ku iherezo ry’ibi byiciro by’ubudehe bishya.

Mu gisubizo gito cyane, Mme Nyirarukundi Ignacienne, umunyamabanga muri iyi minisiteri ushinzwe imibereho myiza y’abaturage yagize ati.

“Ntampungenge bafite. Ariko bashaka ibisobanuro, reka nguhe ugufasha.”

Nyuma iki gisubizo gishobora gufatwa nk’ikibumbatiye ubushake bwo gusobanura rubanda impamvu ibi byiciro by’ubudehe bikiri mumpapuro zirunze mutubati, twongeye gusaba uyu muyobozi ko aduha uwo muntu ufite ibisobanuro byimbitse, atwemerera ko agiye kuduhamagara. Ariko siko byagenze. Icyakora abaturage barasaba ko iri sezerano rya leta y’u Rwanda ryashyirwa mubikorwa, bakaruhuka umuzigo w’ibyici bviriho uyu munsi.

Inkuru ya David Nzabonimpa/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 8 =

Previous Post

10 SPORTS: Claudio Ranieri na Stefano Pioli baravutse… Tamara Press yakoze agashya mu mikino Olempike..ibyaranze uyu munsi mu mateka

Next Post

Ntuzacikwe n’amakuru yihariye kuri RADIO 10 & TV10 kuri uyu wa gatanu

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntuzacikwe n’amakuru yihariye kuri RADIO 10 & TV10 kuri uyu wa gatanu

Ntuzacikwe n'amakuru yihariye kuri RADIO 10 & TV10 kuri uyu wa gatanu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.