Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

radiotv10by radiotv10
31/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri wa Nairobi muri Kenya, Johnson Sakaja yabuze nyuma yo kumenya ko Polisi yo muri iki Gihugu iri kumuhiga ishaka kumuta muri yombi ku itegeko rya Sena yanze kwitaba ngo yisobanure ku bibazo yagaragaweho mu raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta.

Johnson Sakaja yatangiye gushakishwa nyuma yuko kuri uyu wa Mbere yanze kwitaba Komisiyo ishinzwe imikoreshereze y’Imari ya Leta muri Sena ya Kenya.

Ibikorwa byo kumushakisha, byarangiye ntacyo bigezeho kuri uyu wa mbere, nk’uko byatangajwe na komanda wa polisi ya Nairobi, Commander Issa Mohamud mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku biro by’Umujyi wa Nairobi.

Issa Mohamud wavuze ko Polisi igomba kongera imbaraga mu guhiga uyu muyobozi, yatangaje ko uru rwego rwatangiye kumuhiga nyuma yo kwanga kwitaba iriya Komisiyo yo muri Sena.

Uyu muyobozi wa Polisi i Nairobi yagize ati “Ngiye kumushakisha. Ntabwo dushobora guhagarika, kandi tugiye kumushakisha, kandi niba atazaza ejo mu gitondo, wenda tuzamubona ku mugoroba.”

Itegeko ryo guta muri yombi uyu Guverineri wa Nairobi rifitanye isano n’amabwiriza yatanzwe ku ya 25 Werurwe na Komite ishinzwe imari n’umutungo by’Igihugu muri Sena, iyobowe na Senateri wa Homa Bay Moses Kajwang.

Komite yategetse Umugenzuzi Mukuru Douglas Kanja gufata Sakaja no kumushyikiriza abadepite bitarenze ku ya 30 Werurwe 2026.

Uyu Guverineri wa Nairobi, yari yahamagawe kugira ngo yisobanure n’ibibazo byagaragaye mu igenzura yakorewe mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024-2025 w’Akarere ka Nairobi.

Abasenateri bakeneye guhabwa ibisobanuro ku bibazo birenga 30 byagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, birimo ibifitanye isano no guha akazi Abajyanama barenze umubare wemewe n’amategeko ndetse n’amakosa avugwa mu micungire y’ibikorwa by’isuku.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 13 =

Previous Post

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

Next Post

Eng.-AFC/M23 Announces the Situation in Ongoing Fighting Against FARDC and FDLR

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-AFC/M23 Announces the Situation in Ongoing Fighting Against FARDC and FDLR

Eng.-AFC/M23 Announces the Situation in Ongoing Fighting Against FARDC and FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.