Tuesday, March 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

radiotv10by radiotv10
31/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri wa Nairobi muri Kenya, Johnson Sakaja yabuze nyuma yo kumenya ko Polisi yo muri iki Gihugu iri kumuhiga ishaka kumuta muri yombi ku itegeko rya Sena yanze kwitaba ngo yisobanure ku bibazo yagaragaweho mu raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta.

Johnson Sakaja yatangiye gushakishwa nyuma yuko kuri uyu wa Mbere yanze kwitaba Komisiyo ishinzwe imikoreshereze y’Imari ya Leta muri Sena ya Kenya.

Ibikorwa byo kumushakisha, byarangiye ntacyo bigezeho kuri uyu wa mbere, nk’uko byatangajwe na komanda wa polisi ya Nairobi, Commander Issa Mohamud mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku biro by’Umujyi wa Nairobi.

Issa Mohamud wavuze ko Polisi igomba kongera imbaraga mu guhiga uyu muyobozi, yatangaje ko uru rwego rwatangiye kumuhiga nyuma yo kwanga kwitaba iriya Komisiyo yo muri Sena.

Uyu muyobozi wa Polisi i Nairobi yagize ati “Ngiye kumushakisha. Ntabwo dushobora guhagarika, kandi tugiye kumushakisha, kandi niba atazaza ejo mu gitondo, wenda tuzamubona ku mugoroba.”

Itegeko ryo guta muri yombi uyu Guverineri wa Nairobi rifitanye isano n’amabwiriza yatanzwe ku ya 25 Werurwe na Komite ishinzwe imari n’umutungo by’Igihugu muri Sena, iyobowe na Senateri wa Homa Bay Moses Kajwang.

Komite yategetse Umugenzuzi Mukuru Douglas Kanja gufata Sakaja no kumushyikiriza abadepite bitarenze ku ya 30 Werurwe 2026.

Uyu Guverineri wa Nairobi, yari yahamagawe kugira ngo yisobanure n’ibibazo byagaragaye mu igenzura yakorewe mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024-2025 w’Akarere ka Nairobi.

Abasenateri bakeneye guhabwa ibisobanuro ku bibazo birenga 30 byagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, birimo ibifitanye isano no guha akazi Abajyanama barenze umubare wemewe n’amategeko ndetse n’amakosa avugwa mu micungire y’ibikorwa by’isuku.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Why Self-Evaluation Matters: Unlock Your Growth and Transform Your Life

Related Posts

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

by radiotv10
30/03/2026
0

Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Lieutenant General Nduru Jacques Ychaligonza yatangaje ko iki Gisirikare...

Iran yemeje urupfu rw’undi wo mu buyobozi bw’Igisirikare cyayo

Iran yemeje urupfu rw’undi wo mu buyobozi bw’Igisirikare cyayo

by radiotv10
30/03/2026
0

Iran yemeje urupfu rwa Alireza Tangsiri wari umugaba mukuru w’igisirikare kirwanira mu mazi muri iki Gihugu uherutse kurasirwa mu gitero...

Perezida wo muri Afurika yahaye icyifuzo Trump abona ari we wenyine ugifitiye ubushobozi

Perezida wo muri Afurika yahaye icyifuzo Trump abona ari we wenyine ugifitiye ubushobozi

by radiotv10
30/03/2026
0

Perezida wa Misiri, Abdel Fattah al-Sisi yasabye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump guhagarika intambara yashoye kuri...

Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

AFC/M23 yatangaje amazina n’umubare w’abahitanywe n’ibindi bitero byakoranywe ubugome ndengakamere

by radiotv10
30/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ibitero byagabwe n’uruhande bahanganye mu gace ka Shanji muri Teritwari ya Kalehe muri Kivu y’Epfo, byahitanye...

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

by radiotv10
26/03/2026
0

Leta ya Israel yatangaje ko yishe umuyobozi mukuru w’ingabo zirwanira mu mazi za Iran, Alireza Tangsiri, wavugwaga ko ari we...

IZIHERUKA

Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero
AMAHANGA

Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

by radiotv10
31/03/2026
0

Why Self-Evaluation Matters: Unlock Your Growth and Transform Your Life

Why Self-Evaluation Matters: Unlock Your Growth and Transform Your Life

31/03/2026
Touadéra wa Centrafrique nyuma y’irahira yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda wahagarariye Perezida Kagame

Touadéra wa Centrafrique nyuma y’irahira yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda wahagarariye Perezida Kagame

31/03/2026
Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

31/03/2026
Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

30/03/2026
Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

30/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

Why Self-Evaluation Matters: Unlock Your Growth and Transform Your Life

Touadéra wa Centrafrique nyuma y’irahira yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda wahagarariye Perezida Kagame

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.