Mu bukangurambaga bwa Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage bugamije gukumira no kurwanya ibyaha, mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo hangirijwe mu ruhame ibiyobyabwenge bitandukanye byafatiwe mu bikorwa by’umutekano byagiye bikorwa mu bihe bitandukanye.
Ibiyobyabwenge byangijwe birimo urumogi rusaga ibiro 480, kanyanga irenga litiro 460 ndetse n’igikwangari kirenga litiro 35.
Iki gikorwa cyakozwe na Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Ubushinjacyaha ndetse n’abaturage, aho cyakozwe hagamijwe gukumira ingaruka mbi ibiyobyabwenge bishobora kugira ku buzima bw’abaturage no ku mutekano rusange.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo yavuze ko ibikorwa nk’ibi bigamije kurushaho gukangurira abaturage kwirinda ibiyobyabwenge no gutanga amakuru ku gihe ku bantu babikoresha cyangwa babicuruza.
Yagize Ati “Ibi biyobyabwenge byangirijwe mu ruhame hagamijwe gukumira ingaruka mbi byari Kuzagira ku buzima bwa baturage. Ni umusaruro Polisi ishingiraho igaragaza ko abaturage bamaze gusobanukirwa ko umutekano ari ishingano rusange Kandi ko ubufatanye bwa buri wese ariwo musingi wo kubuwungabunga.”
Yashimangiye kandi ko uwafashwe akoresha, atunda cyangwa acuruza ibiyobyabwenge wese ahanwa n’amategeko, anibutsa abaturage ko uwabitanze n’uwabihawe bose bashobora kubihanirwa.
Umushinjacyaha ku Rukiko Rwisumbuye rwa Huye, Mukamirwa Oscar, yavuze ko icyaha cyo gukoresha cyangwa gucuruza ibiyobyabwenge gihanishwa igifungo gishobora gutangira ku myaka ibiri, ariko kikaba cyiyongera bitewe n’ubwoko n’ingano y’ibiyobyabwenge byafatanwe ukekwaho icyaha.
Ati “ku bijyanye n’igihano cy’uwafatanwe ibiyobyabwenge biterwa n’ubwoko bw’ibiyobyabwenge yafatanye nabyo.ariko iyo ufatanywe n’ikiyobyabwenge uhanishwa igifungo cy’imyaka ibiri,gusa biterwa n’ibiyobyabwenge ibyaribyo.”
Polisi y’u Rwanda ivuga ko umusaruro ukomeje kuboneka mu gufata ibiyobyabwenge no kubyangiza ugaragaza ko abaturage bamaze gusobanukirwa ko umutekano ari inshingano ya buri wese kandi ko ubufatanye bw’inzego n’abaturage ari bwo musingi wo kuwubungabunga.

Prince Theogene NZABIHIMAN
RADIOTV10







