Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
19/07/2022
in MU RWANDA
0
Aho ndi ko bahazi kuki bataza kumfata?- Gen.Makenga ahaye ubutumwa abamukangisha Ubutabera Mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru wa M23 akaba na Visi Perezida w’uyu mutwe, Gen Sultan Makenga yatangaje ko igihe cyose ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwakubahiriza icyo barwanira, yahita yishyikiriza Ubutabera Mpuzamahanga bamukangisha ko buri kumushakisha.

Yabitangaje mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, aho uyu musirikare mukuru muri M23, aba ari kuganiriza abarwanyi b’uyu mutwe, akagaruka ku mpamvu ziharanirwa n’uyu mutwe uharanira uburenganzira bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda.

Gen Makenga avuga ko icyatumye bahaguruka bakegura imbunda ari uguharanira uburenganzira bwabo nk’abandi benegihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko iyi mpamvu igihari.

Nkunda umugabo ntacyo ampaye ✌🏿✌🏿✌🏿✌🏿 pic.twitter.com/ppAv0xLQqK

— damien (@damiennkaka) July 18, 2022

Yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko ari gushakishwa n’ubutabera mpuzamahanga ku bw’ibyaha by’intambara bumukekaho.

Makenga uvuga ko adateze kongera guhunga ngo ave mu Gihugu  cyabo, yavuze ko igihe cyose icyo arwanira kizaba cyarubahirijwe, we ubwe azishyikiriza ubwo butabera bamukangisha.

Yagize ati“Hari n’abankangisha ko ndimo gushakishwa. Ko aho ndi bahazibaje bakamfata.”

Agaruka ku cyatumye ashoza urugamba, Gen Makenga yavuze ko atari kurwanira impamvu ye bwite nka Makenga, ahubwo ko “ndwanira abaturage bose muri rusange. Abavuga ko turwanira impamvu zacu bwite baribeshya.”

Gen Makenga yahaye ubutumwa abavuga ko ari gushakishwa

Mu mpera z’ukwezi gushize, umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yahinyuje amakuru yari yaravuzwe ko Gen Makenga yapfuye, agaragaza ifoto bari kumwe, avuga ko uyu muyobozi wabo ku rugamba, akiriho kandi ko ari we uzabohora Congo.

Mu bundi butumwa bw’amashusho bwagiye hanze mu mpera z’ukwezi gushize, Gen Sultan Makena yongeye kugaragara ari kuganiriza abanyeshuri biteguraga ikizamini cya Leta.

Muri aya mashusho, Gen Makenga agira ati “Bavuze ko napfuye, ariko mu by’ukuri ni ibinyoma. Ndiho kandi naje kubacungira umutekano.”

Umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukomeje gutangaza ko udateze guhagarika imirwano mu gihe ubutegetsi bwa Congo butaremera gushyira mu bikorwa amasezerano bagiranye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 2 =

Previous Post

Musanze: Bavuga ko Santere yabo yahindutse ikibuga cy’ubusambanyi, hari n’abarara mu mihanda bishimishirizamo

Next Post

DRC yahishuye icyo Museveni yabwiye Tshisekedi mbere yuko ahurira na Kagame i Luanda

Related Posts

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has announced that since the program to test vehicles for harmful emissions began, more than...

IZIHERUKA

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri
AMAHANGA

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC yahishuye icyo Museveni yabwiye Tshisekedi mbere yuko ahurira na Kagame i Luanda

DRC yahishuye icyo Museveni yabwiye Tshisekedi mbere yuko ahurira na Kagame i Luanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.