Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukurikiranyweho kwica mushiki we akamuhamba mu ibanga yavuze icyashenguye benshi

radiotv10by radiotv10
05/01/2023
in MU RWANDA
0
Ukurikiranyweho kwica mushiki we akamuhamba mu ibanga yavuze icyashenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Kagari ka Kinigi mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, ukurikiranyweho kwica mushiki we babanaga mu nzu imwe yarangiza akamushyingura, yemereye ubuyobozi ko ari we wabikoze kuko yamuzitiraga akamubuza kugurisha isambu basigiwe n’ababyeyi.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Karambi muri aka Kagari ka Kinigi, bari bagiye muri uru rugo rw’umuturanyi wabo w’umugore w’imyaka 47 wabanaga na musaza we w’imyaka 45 ari na we ukekwaho kumwivugana.

Uyu murambo wa nyakwigendera wabonetse kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023, mu gihe bikekwa ko yishwe ku munsi wabanje ku wa Kabiri tariki 03 Mutarama.

Nyuma yuko hamenyekanye amakuru y’ubu bwicanyi, inzego z’ibanze zifatanyije n’iz’umutekano zihutiye kuhagera, bataburura umurambo wa nyakwigendera, uhita ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gisenyi.

Aba baturage bavuga ko aya mahano ari ubwa mbere abaye muri aka gace, bakavuga ko uyu mugabo ukekwaho kwica umuvandimwe we naramuka ahamijwe iki cyaha yazahanishwa igifungo kiruta ibindi mu Rwanda kubera ubugome bw’indengakamere yabikoranye.

Aba baturage bagaragaza ubwoba batewe n’ubu bugizi bwa nabi bwakozwe n’umuturanyi wabo abukorera mushiki we, bavuze ko batakekaga ko ibintu nk’ibi byaba muri aka gace.

Umwe ati “Njye n’umugongo wacitse, twatitiye ahubwo bamuretse muri uyu Mudugudu twese yatumara, ahubwo mutugiriye neza, mwamujyana mukamurangiriza. Umuntu wishe mushiki we bavutse mu nda imwe, twebwe yatureka?”

Amakuru avuga ko uyu mugabo yaba yarishe umuvandimwe we bapfuye amakimbirane bari basanganywe kuko yahoraga ashaka kugurisha isambu yabo ariko mushiki we akamwitambika.

Undi muturage yagize ati “Kubera ko yashakaga kuhagurisha akabyanga, yabonye ko wenda, yabonye ko wenda yamubera inzitizi ahitamo kumwica kugira ngo abone uko ahagurisha.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kinigi, Uwingabire Fridance yasabye abatuye muri aka gace kudahungabanywa n’ubu bugizi bwa nabo bwakorewe umuturanyi wabo, abizeza ko inzego zibishinzwe izigiye gukora iperereza.

Uyu muyobozi avuga ko avuga ko uyu mugabo ukekwaho kwica mushiki we yiyemereye ko ari we wabikoze koko ariko ngo hari abandi bafatanyije ndetse na bo akaba yabatangaje.

Uyu muyobozi yagize ati “Yabyemeye, yemera ko yamwishe amuziza amasambu yashakaga kugurisha ariko mushiki we akamubera imbogamizi akamwangira.”

Uyu mugabo wemera ko yishe mushiki we afatanyije n’abandi bantu batatu, bose bahise batabwa muri yombi bakaba bafungiye kuri station ya Nyamyumba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Ingabo za EAC zatangiye kugera mu kandi gace kagiye kurekurwa na M23

Next Post

Umubyinnyikazi w’ikirangirire yahuriye na Ambasaderi w’u Rwanda mu mukino wa Arsenal bafata ifoto

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyinnyikazi w’ikirangirire yahuriye na Ambasaderi w’u Rwanda mu mukino wa Arsenal bafata ifoto

Umubyinnyikazi w’ikirangirire yahuriye na Ambasaderi w’u Rwanda mu mukino wa Arsenal bafata ifoto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.