Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukurikiranyweho kwica mushiki we akamuhamba mu ibanga yavuze icyashenguye benshi

radiotv10by radiotv10
05/01/2023
in MU RWANDA
0
Ukurikiranyweho kwica mushiki we akamuhamba mu ibanga yavuze icyashenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Kagari ka Kinigi mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, ukurikiranyweho kwica mushiki we babanaga mu nzu imwe yarangiza akamushyingura, yemereye ubuyobozi ko ari we wabikoze kuko yamuzitiraga akamubuza kugurisha isambu basigiwe n’ababyeyi.

Aba baturage bo mu Mudugudu wa Karambi muri aka Kagari ka Kinigi, bari bagiye muri uru rugo rw’umuturanyi wabo w’umugore w’imyaka 47 wabanaga na musaza we w’imyaka 45 ari na we ukekwaho kumwivugana.

Uyu murambo wa nyakwigendera wabonetse kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Mutarama 2023, mu gihe bikekwa ko yishwe ku munsi wabanje ku wa Kabiri tariki 03 Mutarama.

Nyuma yuko hamenyekanye amakuru y’ubu bwicanyi, inzego z’ibanze zifatanyije n’iz’umutekano zihutiye kuhagera, bataburura umurambo wa nyakwigendera, uhita ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Gisenyi.

Aba baturage bavuga ko aya mahano ari ubwa mbere abaye muri aka gace, bakavuga ko uyu mugabo ukekwaho kwica umuvandimwe we naramuka ahamijwe iki cyaha yazahanishwa igifungo kiruta ibindi mu Rwanda kubera ubugome bw’indengakamere yabikoranye.

Aba baturage bagaragaza ubwoba batewe n’ubu bugizi bwa nabi bwakozwe n’umuturanyi wabo abukorera mushiki we, bavuze ko batakekaga ko ibintu nk’ibi byaba muri aka gace.

Umwe ati “Njye n’umugongo wacitse, twatitiye ahubwo bamuretse muri uyu Mudugudu twese yatumara, ahubwo mutugiriye neza, mwamujyana mukamurangiriza. Umuntu wishe mushiki we bavutse mu nda imwe, twebwe yatureka?”

Amakuru avuga ko uyu mugabo yaba yarishe umuvandimwe we bapfuye amakimbirane bari basanganywe kuko yahoraga ashaka kugurisha isambu yabo ariko mushiki we akamwitambika.

Undi muturage yagize ati “Kubera ko yashakaga kuhagurisha akabyanga, yabonye ko wenda, yabonye ko wenda yamubera inzitizi ahitamo kumwica kugira ngo abone uko ahagurisha.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kinigi, Uwingabire Fridance yasabye abatuye muri aka gace kudahungabanywa n’ubu bugizi bwa nabo bwakorewe umuturanyi wabo, abizeza ko inzego zibishinzwe izigiye gukora iperereza.

Uyu muyobozi avuga ko avuga ko uyu mugabo ukekwaho kwica mushiki we yiyemereye ko ari we wabikoze koko ariko ngo hari abandi bafatanyije ndetse na bo akaba yabatangaje.

Uyu muyobozi yagize ati “Yabyemeye, yemera ko yamwishe amuziza amasambu yashakaga kugurisha ariko mushiki we akamubera imbogamizi akamwangira.”

Uyu mugabo wemera ko yishe mushiki we afatanyije n’abandi bantu batatu, bose bahise batabwa muri yombi bakaba bafungiye kuri station ya Nyamyumba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − ten =

Previous Post

Ingabo za EAC zatangiye kugera mu kandi gace kagiye kurekurwa na M23

Next Post

Umubyinnyikazi w’ikirangirire yahuriye na Ambasaderi w’u Rwanda mu mukino wa Arsenal bafata ifoto

Related Posts

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

by radiotv10
24/05/2026
0

Mu gihe tukiri mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ku rwego rw’akarere...

IZIHERUKA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima
AMAHANGA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

by radiotv10
25/05/2026
0

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyinnyikazi w’ikirangirire yahuriye na Ambasaderi w’u Rwanda mu mukino wa Arsenal bafata ifoto

Umubyinnyikazi w’ikirangirire yahuriye na Ambasaderi w’u Rwanda mu mukino wa Arsenal bafata ifoto

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.