Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje

radiotv10by radiotv10
16/09/2021
in MU RWANDA
0
IMIBEREHO: Hari abanenga abamena ibiryo mu gihe hari abashonje
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abanenga abamena ibiryo mu myanda ijyanwa mu bimoteri,ntibabihe abashonje, bakavuga ko byimakaza umuco wo kubura ubumuntu n’umutima ufasha mu banyarwanda.

Abajya gushungura iyi myanda bavuga ko babikora kuko baba babanje kubisaba mu ngo bakabashushubikanya babamagana,kandi baba bashonje.

Iyo utembereye  mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali by’umwihariko ku munsi wo gutwaraho imyanda, usanga aho iyo myanda irunze hari abantu bianjemo abana barikuyijagajagamo, bashakamo ibisgazwa by’ibiryo cyangwa se n’ibindi .

Ikimoteri cya Nduba kimenwaho ibiribwa bisaga toni 200 buri munsi

Imyanda myinshi iba yiganjemo ibiryo byasigajwe n’abifite mu mujyi wa Kigali

Ni nako byagenze ubwo twageraga mu gace ka Nyabisindu mu karere ka gasabo no muri Niboye mu karere ka Kicukiro,  ku mihanda tandukanye hagiye hari imifuka irunzemo imyanda, iyindi irunze hasi. Aha hagiye hari abiganjemo abana bato bashishikaye bareba muri iyo myanda ko ntacyo bakuramo.

Umwe muri bo yagize ati “Tuba turikurebamo ibyo kurya. Iyi ni mayonnaise nkuyemo  n’ubwo yashaje ariko ndapfa kuyirya kuko nshonje.”

Bavuga ko impamvu baza gushungura iyi myanda bashakamo amafunguro y’umunsi ngo ari uko na mbere hose  baba bagiye kubisaba mu ngo bakabamaganira kure.

Umwana uri mu kigero cy’imyaka 12 we yavuze ko  bajya kubisaba bakabirukana . Ati “Iyo tugiye kubibaka barabitwima, bakadutuka tugahita twigendera.”

Bamwe mu baturage bavuga ko kuba  abantu bafata ibiryo bakabimena mu myanda kandi hari abantu bashonje ugera ubwo bagiye kubitoraguramo, ngo bigaragaza ko ubumuntu n’umutima w’impuhwe  mu banyarwanda ari hafi ya ntabyo.

Kamana Faustin yabigarutseho agira ati “Buriya si ubumntu, gufata ibiryo ukabijugunya mu myanda ngo abashonje bajye kubitoraguramo, kuki utabifata ukabibaha.”

Undi witwa Kubwimana Gaspard we yagize ati ” Rwose ntibikwiye, kubona umwana arikujagajaga ibiryo mu myanda ,warangiza ukamwihorera ngo ntacyo bikubwiye si uwawe, ntabwo ari ubumuntu. Icyakora bigaragaza ko abanyarwanda  bamwe nta mutima w’impuhwe tukigira.”

WASAC ivuga ko ifite abakozi bahoraho bashinzwe gutunganya ikimoteri cy

Ibishingwe bimenwa usanga habonekamo bimwe mu byagirira akamaro abatishoboye

Twegereye umwe mu bafite ingo ari nazo zimena iyi mynda irimo ibiribwa ku mihanda, we avuga ko adashobora gukora ikosa  ryo kumena ibiryo mu bimoteri hari benshi bashonje,  ngo n’ababikora bakwiye kwigya ngo dore ko benshi nabo baba baanyuze mu nzira zitagororotse.

Ati ” Njyewe ntabwo nshobora kubimena,iyo mbibonye ndabyegeranya nkabahamagara bakaza nkabibaha. Rwose twese  ubu buzima tuba twarabunyuzemo, ntabwo tuba dukwiye kwirengagiza bariya baburimo.”

Amakuru aturuka mu bashinzwe gukusanya iyi myanda yo mu mujyi wa Kigali, baherutse gutangaz ko 40% by’imyanda imenwa mu kimoteri cya nduba ari biryo biba baysigajwe n’abanyakigali.

Ubushakashatsi bwakozwe na Banki y’isi  bugashyirwa ahagaragara muri Nyakanga uyu mwaka, bwagaragaje ko buri mwaka  mu Rwanda 40% by’umusaruro w’ibiribwa upfa ubusa ni mu gihe abanyarwa bangana na 19% badafite ibyo kurya bihagije.

Ibi byose kandi byiyongera ku biribwa biba bijya bivugwa ko byaboereye mubuhunikiro ndetse bikanamenwa, kubera ko biba byabuze isoko, abaturage bakavuga ko byakomeza gutiza umurindi uyu muco wo gupfusha ubusa urenza ingohe ababa babuze uko bikora ku munwa.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/RadioTV10

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − one =

Previous Post

KIGALI: Yafatiwe mu cyuho agurisha amashyanyarazi yiyise umukozi wa REG

Next Post

ZIMBABWE: Utarikingije COVID-19 ntiyemerewe kujya mu kazi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
ZIMBABWE: Utarikingije COVID-19 ntiyemerewe kujya mu kazi

ZIMBABWE: Utarikingije COVID-19 ntiyemerewe kujya mu kazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.