Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatahuwe amayeri mashya yifashishwa mu gukwirakwiza ikiyobyabwenge cyahagurukiwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
21/12/2023
in MU RWANDA
0
Hatahuwe amayeri mashya yifashishwa mu gukwirakwiza ikiyobyabwenge cyahagurukiwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Polisi y’u Rwanda itahuye amayeri y’abantu bakoreshaga mu gutwara urumogi bashyiraga mu mifuka y’amakara, ku buryo uwo banyuzeho bagira ngo ni ibi bicanwa birimo, aba mbere bakoreshaga ubu buryo batahuwe.

Ni nyuma y’uko hafashwe abantu babiri bairmo umugabo w’imyaka 40 n’umugore w’imyaka 39 bafatiwe mu Mudugudu wa Mugerero mu Kagari ka Kabuye mu Murenge wa Nyakarenzo mu karere ka Rusizi.

Aba bombi bafatanywe imifuka ine irimo amakara avanze n’urumogi rupima ibilo 108, bari batwaye mu buryo bw’amayeri.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko amakuru yatanzwe n’abaturage ari yo yafashije Polisi gufata aba bantu.

Yagize ati ”Twari dufite amakuru y’uko hari amayeri menshi akoreshwa n’abakwirakwiza ibiyobyabwenge kimwe n’ibindi bicuruzwa bitandukanye bitemewe, ari nabwo buryo aba bakoresheje, aho bagiye bafata imifuka hasi bakabanzamo amakara, bagakurikizaho urumogi hanyuma hejuru bakorosaho andi makara bagamije kujijisha ngo badatahurwa.”

Aba babiri bafashwe, habanje gufatwa umugabo wari uhetse ku igare imifuka ibiri y’amakara, wasabwe n’Abapolisi gufungura ngo yerekane ibirimo, ubundi bagasanga yari yabanje gushyiramo amakara hasi, arangije ashyiraho urumogi, yongera arenzaho amaka.

SP Bonaventure Twizere Karekezi yatangaje ko uyu mugabo amaze gufatwa, yavuze ko ari ikiraka yari ahawe cyo gutwara amakara, bakurikiranye aho yayikuye bahasanga umugore wari ufite imifuka ibiri na we wari washyizemo urumogi n’amakara.

Aba bombi bafashwe, bahise bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Nyakarenzo.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

DRCongo: Hagaragaye ibyazamuye uburakari mu baturage kuri site zimwe z’amatora

Next Post

IFOTO: Umugaba Mukuru wa RDF yamaze kwambara ipeti rya General-Full risumba ayandi

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Umugaba Mukuru wa RDF yamaze kwambara ipeti rya General-Full risumba ayandi

IFOTO: Umugaba Mukuru wa RDF yamaze kwambara ipeti rya General-Full risumba ayandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.