Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkuru nziza ku bibazaga irengero rya bisi 100 zatumijwe na Guverinoma nyuma y’amarira y’abagenzi

radiotv10by radiotv10
19/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkuru nziza ku bibazaga irengero rya bisi 100 zatumijwe na Guverinoma nyuma y’amarira y’abagenzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abibazaga irengero rya Bisi 100 zatumijwe na Guverinoma y’u Rwanda yizeza kuzongera mu gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, basubijwe; kuko izi modoka zashyizwe mu muhanda zigatangira gutwara abagenzi.

Ni bisi zatumijwe na Guverinoma y’u Rwanda nyuma y’uko benshi mu bakoresha imodoka za rusange mu Mujyi wa Kigali, bakunze gutaka ikibazo cy’umubare muto wazo, utuma bamwe bamara amasaha n’amasaha batonze umurongo ahategerwa izi modoka.

Mu mpera z’Ugushyingo 2023, Guverinoma y’u Rwanda yari yatangaje ko muri Bisi 200 yatumije, hamaze kuza ijana.

Icyo gihe hari tariki 30 Ugushyingo 2023, hari hatangajwe ko bisi 40 zamaze kugera i Kigali mu gihe izindi 60 na zo zari ziri mu nzira ziva muri Tanzania, na zo zagombaga kugera mu Rwanda mbere y’uko uko kwezi kurangira.

Gusa bamwe mu bakunze gutega imodoka za rusange mu Mujyi wa Kigali, bari babwiye RADIOTV10 ko batumva ikibura ngo izi modoka zitangire kubatwara nyamara babize neza ko zamaze kuza.

Umwe yari yagize ati “Ziparitse ahahoze MAGERWA i Kanyinya, ariko zimazemo amezi nk’atatu. Twibaza icyo bazizaniye.”

Undi na we waganirije abanyamakuru bakora ikiganiro Zinduka gica kuri Radio 10 buri gitondo, yagize ati “Ziri kuri MAGERWA birirwa bazikuraho ivumbi.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Jimmy Gasore ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yari yemereye Ikinyamakuru Kigali Today ko izo modoka zaje koko, ariko ko hari ibyabanje gushyirwa ku murongo kugira ngo zitangire zitware abagenzi.

Yagize ati “Nyuma y’aho habayeho kumenyesha abantu ko zihari, bityo abazifuza batangira gusaba kuzihabwa ngo bazikoreshe. Ibyo nabyo byarakozwe hakurikiraho gahunda yo kuzitanga, kuri uyu wa Gatanu turi bumurikire rubanda izo modoka.”

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura imirimo ifitiye Igihugu akamaro RURA, kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Mutarama 2024 rwatangaje ko izi modoka zashyizwe mu muhanda kugira ngo zitangire gutwara abagenzi.

Mu butumwa RURA yanyujije kuri X, buherekejwe n’amafoto ya zimwe muri izi modoka, uru Rwego rwagize ruti “Mu gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali hakiriwe indi ntambwe ishimishije uyu munsi yo gutangiza bisi nshya 100.”

Uru rwego rwaboneyeho gushimira abafatanyabikorwa batumye iyi ntambwe iterwa, rukavuga ko izi bisi zizagira uruhare rukomeye mu kwihutisha gutwara abagenzi mu mujyi wa Kigali ndetse zikagabanya umwanya abagenzi bamaraga bategereje imodoka.

Izi bisi zatangiye gutwara abagenzi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eight =

Previous Post

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku musore ukekwaho kuba ari umujura warashwe mu gicuku

Next Post

Uganda yakiriye inama zikomeye zirimo iyiga ku bibazo by’ingutu bihanganyikishije Isi

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda yakiriye inama zikomeye zirimo iyiga ku bibazo by’ingutu bihanganyikishije Isi

Uganda yakiriye inama zikomeye zirimo iyiga ku bibazo by'ingutu bihanganyikishije Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.