Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

TdRwanda2024: Umubiligi yegukanye Etape4, Abanyarwanda basezeranya ko ntarirarenga

radiotv10by radiotv10
21/02/2024
in SIPORO
0
TdRwanda2024: Umubiligi yegukanye Etape4, Abanyarwanda basezeranya ko ntarirarenga

William Junior Lecerf nawe ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step ni we urarana umwambaro w'umuhondo

Share on FacebookShare on Twitter

Umubiligi William Junior Lecerf ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Pro Cycling yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda, ni we utwaye agace ka kane k’iri siganwa, mu gihe Umunyarwanda uri hafi ku rutonde rusange asigwa amasegonda 7”, ndetse akaba avuga ko icyizere kigihari.

Ikipe ya Soudal Quick-Step Pro Cycling, ni yo yegukanye agace ka mbere kakinwe ku Cyumweru mu Mujyi wa Kigali, karanzwe no gusiganwa hagati y’amakipe, ikaba ari na yo ifite umukinnyi wambaye umwambaro uyoboye abandi.

Aka gace ka kane kahagurukiye mu Karere ka Karongi kerecyeza i Rubavu, kari kagizwe n’ibilometero 93, aho abakinnyi bahagurutse ku isaaha ya saa tanu n’igice (11:30’).

Mu bilometero 13, rurangiranwa mu mukino w’amagare Christopher Clive Froome uzwi nka Chris Froome yagerageje gukora atake, ndetse abanza gushyira amasegona 10’’ hagati ye na Peloton.

Gusa ntiyakomeje kuyobora abandi bakinnyi, kuko mu bilometero 18, abakinnyi bose bongeye kuguma mu gikundi kimwe.

Abakinnyi batangiye guhatanira amanota agenda atangirwa mu nzira, aho aya mbere ya Sprint, yegukanywe na Chris Froome wakurikiwe na Teugels, ndetse na Habteab watwaye amanota y’uwa gatatu.

Naho amanota y’agasozi ka mbere yegukanywe na Habteab, wakurikiwe na Teugels ndetse na Simon waje ku mwanya wa gatatu muri aya manota y’agasozi ka mbere.

Bamaze kugenda ibilometero 33, abakinnyi bari bamaze gucikamo ibikundi, aho itsinda ry’imbere ryari riyobowe n’ikipe ya Total Energies, ryari ryamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’umunota 1’30’’.

Mu bilometero 44, abakinnyi bayoboye isiganwa, bari bamaze gushyira intera y’amasegonda 55’’ hagati yabo na Peloton.

Amanota y’agasozi ka gatatu yegukanywe na Latour, wakurikiwe na Teugels, ku mwanya wa gatatu haza Habteab ukomeje kwegukana amanota yo mu nzira.

Ku bilometero 49, ikinyuranyo hagati y’itsinda ryari riyoboye isiganwa (breakaway) n’igikundi kigari (peloton) cyari kimaze kugera mu munota 1’15”.

Umufaransa Pierre Latour ukinira Total Energies wikuye mu bandi, yakomeje kwenekera abandi, ndetse anegukana amanota y’agasozi ka kane, aho yakurikiwe na Auger na we wakurikiwe na Teugels mu gihe ku mwanya wa kane haje Rolland.

Umunyarwanda Munyaneza na we yikuye mu gikundi, abanza gushyiramo ikinyuranyo cy’amasegonda 55 aho yari inyuma ya Pierre Latour wari ukomeje kuyobora bagenzi be.

Bakimara guhatanira amanota y’agasozi ka gatanu, Umufaransa Brieuc Rolland ukinira ikipe ya Groupama-FDJ, yabaye na we nk’ugiye guhatanira aya manota, ariko afite intego yo guhita afatiraho, ndetse ahita atangira gusatira mugenzi we Latour, ndetse yahise anamucaho arakomeza, ubwo bari bageze mu kimanuka, agahita yunamira igare, ubundi umuyaga ugenda umuhigamira.

Bageze mu bilometero 66, Brieuc Rolland ayoboye abandi, ari no ku muvuduko wo hejuru, aho yagaragazaga ko ashaka gutwara aka gace, mu gihe Laour na we yari amuri inyuma hafi aho.

Uyu musore ukiri muto Brieuc Rolland yakomeje kwanikira abandi, aho yageze mu bilometero 75 akiyoboye abandi, mu gihe Latour we yari amaze gushyikirwa na Peloton.

Mu bilometero umunani bya nyuma aho bari bamaze kwinjira mu Karere ka Rubavu, Rolland yari yamaze gushyiramo ikinyuranyo cy’amasegonda 27’’.

Mu bilometero 2,5 bya nyuma, uyu mukinnyi wayoboye isiganwa igihe kinini, Peloton yari yamaze kumushyikira, ndetse abakinnyi bamwe bahita bamucaho.

Aka gace kegukanywe n’Umubiligi Junior Lecerf w’imyaka 21 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Pro Cycling inafite umwambaro w’abayoboye abandi, wakomeje kwambarwa n’Umuhorandi Pepijn Reinderink.

 

Abanyarwanda baracyafite icyizere

Umunyarwanda Mugisha Moise ukinira ikipe ya Java Inovotec, n’ubundi ni we waje hafi muri aka gace, aho anganya ibihe n’uwakegukanye, ndetse akaba akomeje kurushwa amasegonda 7” ku rutonde rusange.

Mugisha Moise abajijwe uko Tour du Rwanda y’uyu mwaka imeze, yavuze ko ikomeye cyane, kuko irimo abakinnyi b’abahanga ku buryo “nugerageje kugenda, bahita bamugarura.”

Gusa avuga ko bagifite icyizere, kuko ku rutonde rusange bagihagaze neza, dore ko ari we uri hafi, aho arushwa amasegonda arindwi (7”) n’uwambaye umwambaro w’umuhondo.

Mugisa yagize ati “Umusaruro w’Abanyarwanda uracyahari, urumva turacyari hafi, nk’ubu nkanjye harimo amasegonda arindwi, ku munsi wa nyuma muri Kigali, nshobora kubikora.”

Aka gace n’ubundi karanzwe no guhatana cyane
Ingeri zose ziba zaje kwirebera igare

Imisozi y’Iburengerazuba na yo yaryoheje isiganwa kubera icyayi kiyitatse gitohagiye
William Junior Lecerf ni we wegukanye aka gace

Umuholandi na we ukinira Soudal Quick-Step yakomeje kwambara umwambaro y’umuhondo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 9 =

Previous Post

Menya ikizanye muri Afurika umuyobozi w’umutwe uhanganye na Israel mu ntambara

Next Post

Menya igihe hazamenyekanira Perezida w’u Rwanda muri manda itaha: Hatangajwe gahunda yose y’Amatora

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya igihe hazamenyekanira Perezida w’u Rwanda muri manda itaha: Hatangajwe gahunda yose y’Amatora

Menya igihe hazamenyekanira Perezida w’u Rwanda muri manda itaha: Hatangajwe gahunda yose y’Amatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.