• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwahamirije Isi ko rwubahiriza amasezerano rwasinye yo kurengera ibidukikije

radiotv10by radiotv10
01/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwahamirije Isi ko rwubahiriza amasezerano rwasinye yo kurengera ibidukikije
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko yashyize umukono ku masezerano 16 ajyanye no kurengera ibidukikije, kandi ko rwubahiriza ibyo rusabwa uko bikwiye, rugasaba Ibihugu gutahiriza umugozi umwe mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu nama yiga ku ngamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe iri kubera muri Kenya.

Muri iyi nama, Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus; yavuze ko hari impamvu zihutirwa zo kurengera ibidukikije, zirimo ingaruka zikomeje guterwa n’imihindagurikire y’ikirere.

Yagize ati “Ubushyuhe bukabije bukomeje kongera indwara z’umutima. Umwuka uhumanye na wo utera kanseri y’ibihaha, asima, ndetse n’izindi ndwara z’ibihaha zidakira. Hari ibinyabutabire bitera ibibazo mu mitekerereze, indwara z’umutima n’impyiko”

Yakomeje agira ati “Amapfa no kubura amazi bituma abaturage babura ibiribwa bikwiye kuko birushaho guhenda. Imihindagurikire y’ikirere nayo ituma imibu, inyoni n’izindi nyamaswa bihindura imyitwarire n’icyerekezo. Ibyo bituma zikwirakwiza indwara zandura na malaria.”

Arongera ati “Ingaruka z’ihumana ry’ikirere no kugabanuka kw’ibinyabuzima; ntabwo biteye impungenge zo kuzateza ibibazo mu minsi iri imbere, ahubwo ingaruka zabyo tuzirimo uyu munsi. Ibyo bidutegeka kugira icyo dukora mu kurerengera ikirere.”

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente yavuze ko kubera ibi bibazo byose biterwa n’imihindagurikire y’ibihe, hakwiye ingamba kandi zigashyirwamo imbaraga n’Ibihugu bitandukanye.

By’umwihariko Dr Edouard Ngirente yavuze ko u Rwanda rwashyize umukono ku masezerano menshi yo kurengera ibidukikije, kandi yose rukaba rushyira mu bikorwa ibyo rusabwa byose.

Yagize ati “Ibi biratwibutsa twese ko imikoranire ari ngombwa mu guhangana n’ibibazo by’imibereho bikomoka ku migindagurikire y’ikirere bibangamiye imibereho y’abatuye kuri iyi Si. Uyu kandi ni umwanya wo kwerekana ubushobozi bw’ibyemezo bishingiye ku siyansi mu guhangana n’iki kibazo kibangaiye ibidukikije.”

Yakomeje agira ati “U Rwanda rwashyize umukono ku musazera arenga 16 agamije kurengera ikirere, twayashyize mu mikorere yacu, kandi ducungira hafi uko ashyirwa mu bikorwa. Nishimiye no kubabwira ko twubahiriza ibyo ayo masezerano adusaba byose.”

Dr Ngirente yagaragaje ko Ibihugu byose bigomba gushyira mu bikorwa ibyo bisabwa kugira ngo intego z’Umuryango w’Abibumbye ku guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, zigerweho.

Dr Ngirente yitabiriye iyi nama
Yagaragarije Isi ko u Rwanda rwubahiriza ibyo rwashyiriyeho umukono

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Muri Tanzania bari mu gahinda ko gupfusha uwabaye Perezida

Next Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda aravugwaho kuzamura intugu byanatangiye kumugiraho ingaruka

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda aravugwaho kuzamura intugu byanatangiye kumugiraho ingaruka

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda aravugwaho kuzamura intugu byanatangiye kumugiraho ingaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.