Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bagaragaje ibyishimo batewe no kuba Perezida Paul Kagame yarongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda, akaba azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga.

Babigaragaje mu biganiro bagiranye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi uri muri Centrafrique, aho kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Kanama 2024, ari kumwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu, General Zéphirin Mamadou; basuye abasirikare b’u Rwanda bariyo ku bw’amasezerano y’Ibihugu byombi bafite icyicaro gikuru muri Bingo mu nkengero z’umujyi wa Bangui.

Maj Gen Vincent Nyakarundi, mu butumwa yagejeje kuri aba basirikare, yababwiye ko ubuyobozi bwa RDF bushimira akazi kabo n’inshingano zabo bakomeje gukorera kure y’imiryango yabo.

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, yashimangiye akamaro ko gukomeza kujya bavugana n’imiryango yabo basize mu Rwanda no gukomeza kuyifasha kugira ubuzima bwiza.

Nanone kandi yabasabye gukomeza kuzuza inshingano zabo mu buryo bwa kinyamwuga ndetse barangwa n’imyitwarire myiza mu gucunga abasivile muri Centrafrique nk’uko babikora mu Rwanda.

Muri ibi biganiro, abasirikare b’u Rwanda bagaragaje akanyamuneza batewe no kuba Perezida Paul Kagame yarongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Sgt Jean Paul Nzabanita wavuze mu izina rya bagenzi be, yagize ati “Nkatwe nk’abasirikare bari hano muri Centrafrique mu butumwa bw’amasezerano y’impande zombi, twishimiye intsinzi ya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, twishimira by’ikirenga kuba yarongeye kutubera Perezida akanatubera Umugaba w’Ikirenga.”

Sgt Nzabanita kandi yashimiye abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda badahwema gukomeza gusura abasirikare b’u Rwanda baba bari mu butumwa bw’amahoro.

Ati “Dushimira muri rusange abayobozi bacu b’ingabo badahwema kudusanga aho batwohereje mu kazi kugira ngo bakomeze badukurikirane mu kazi, badutera morale mu kazi, kandi natwe tukaba tubizeza ko akazi badutumye tuzagasohoza neza ijana ku ijana.”

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique ku bw’amasezerano y’Ibihugu byombi, bageze muri iki Gihugu muri 2020, abo bagiye bahasanga bo bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, bo bagiyeyo mu mwakwa wa 2014.

Maj Gen Vincent Nyakarundi yari kumwe na General Zéphirin Mamadou

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eight =

Previous Post

Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

Next Post

Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye

Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.