Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge

radiotv10by radiotv10
17/09/2024
in MU RWANDA
0
Umuryango wahuye n’isanganya habura iminsi micye ngo ujye gusezerana mu Murenge
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utuye mu Kagari ka Ntendezi mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, witegura gusezerana imbere y’amategeko, wahishije inzu wabagamo, irakongoka n’ibyarimo byose bifite agaciro ka miliyoni 2,5 Frw birimo n’ibikoresho bari baguze ngo bazasezerane bahagaze neza, n’amafaranga bari kuzakoresha mu birori.

Uyu muryango wa Nsengiyumva Elias, n’umugore we, basanzwe bafitanye abana babiri, ndetse bakaba bitegura undi umugore atwite.

Inzu yabo y’imbaho babagamo aho batuye mu Mudugudu wa Kacyiru mu Kagari ka Ntendezi mu Murenge wa Ruharambuga, yafashwe n’inkongi ku manywa y’ihangu saa saba kuri uyu wa Mbere tariki 16 Nzeri 2024 ubwo umugore yari yagiye kwipimisha inda, mu gihe abana babo bari hanze.

Gusa iyi nzu yahiriyemo ibyarimo byose bifite agaciro gakabakaba miliyoni 2,5 Frw birimo televiziyo y’ibihumbi 200 Frw bari baherutse kugura, ibihumbi 300 Frw bari kuzakoresha mu birori bafite birimo gusezerana imbere y’amategeko bizaba ku wa Gatanu ndetse n’ibirori byo gusezerana muri kiliziya bateganya

Hahiriyemo kandi inka y’ikimasa gifite agaciro k’ibihumbi 700 Frw, aho igiteranyo cy’ibyangijwe n’iyi nkonki, kigera kuri miliyoni 2,5 Frw.

Nsengiyumva avuga ko nubwo bahuye n’iri sanganya, ariko ntakizasibya gahunda yabo yo gusezerana imbere y’amategeko nk’uko biteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024.

Uyu mugabo wahishije iyi nzu ubwo yari mu turimo two mu rugo, avuga ko ubwo yari agarutse mu rugo yasanze inzu yahiye yakongotse.

Ati “Icyo nabonye ni DASSO wari unyegereye wahise anjugunya munsi y’urugo nikanguye ari ho ndyamye, umuriro byose wabirangije utamenya ko hari icyahigeze.”

Nsengiyumva uvuga ko nta muturage bafitanye ikibazo ku buryo yakeka ko ari we wabikoze, akeka ko iyi nkongi yaba yatewe n’ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi kuko no mu ziko batari bacanye.

Ni mu gihe umugore we wari wagiye kwipimisha kuko atwite, yageze mu rugo akabona ibyabaye agasa nk’ugira ihungabana, ariko abaturanyi bakamuhumuriza, ndetse bakaba bari kubaremera ngo bazabone uko bazajya muri ibi birori byabo, dore ko ibikoresho byose bari kuzakoresha yaba imyenda ndetse n’ibindi byahiriyemo.

Habimana Charles uyobora Umudugudu wa Kacyiru, yavuze ko abaturanyi b’uyu muryango ndetse n’ubuyobozi bw’ibanze, bari gushaka ubufasha bwo kugenera uyu muryango, mu gihe bagitegereje ubufasha bwisumbuyeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seventeen =

Previous Post

Uwatoje Amavubi wari umutoza w’ikindi Gihugu giherutse kunganya n’u Rwanda yirukanywe

Next Post

Harumvikana guterana amagambo hagati ya Netanyahu n’umuyobozi w’undi mutwe wiyemeje guhangana na Israel

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Harumvikana guterana amagambo hagati ya Netanyahu n’umuyobozi w’undi mutwe wiyemeje guhangana na Israel

Harumvikana guterana amagambo hagati ya Netanyahu n’umuyobozi w’undi mutwe wiyemeje guhangana na Israel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.