Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo M23 yahaye u Burayi cyumvikanamo icyo bwirengagije bujya kwamagana ifatwa rya Masisi

radiotv10by radiotv10
09/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 buravuga ko bibabaje kubona Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushinja Abanyekongo kuvogera ubusugire bw’Igihugu cyabo, ndetse ko Masisi bafashe ituwe na benshi mu bo mu miryango y’abari muri uyu mutwe.

Ni nyuma yuko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushyize hanze itangazo, wamagana kuba umutwe wa M23 warigaruriye agace ka Masisi, unawusaba gusubira inyuma byihuse.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa, yavuze ko “Birababaje kubona abantu bashinja Abanyekongo kuvogera ubusugire bw’Igihugu cyabo.”

Bisimwa yakomeje avuga ko ubu buryarya bw’umuryango mpuzamahanga bwakomeje kugaragazwa n’imiryango nk’uyu w’Ubumwe bw’u Burayi, bwagiye bwambura agaciro uburenganzira bw’Abanyekongo bwo kubaho, kandi ibyo bakora byose baba baharanira iyubahirizwa ry’ingingo ya 64 y’Itegeko Nshinga ry’Igihugu cyabo.

Perezida wa M23 avuga ko ibikorwa n’iyi Miryango Mpuzamahanga, ari agasuzuguro gakabije ikorera Abanyekongo baharanira uburenganzira bwabo banarwanya akarengane bakunze gukorerwa.

Agaruka ku gace ka Masisi gaherutse gufatwa n’uyu mutwe wa M23 bigahagurutsa iyi Miryango Mpuzamahanga, Bertrand Bisimwa yibukije ko iyi Teritwari isanzwe ari ubutaka butuyeho benshi mu bo mu miryango y’abagize uyu mutwe wa M23.

Ati “Rero birababaje kudutera amabuye kubera guharanira kubaho, no kugarurira amahoro n’umutekano abaturage ibihumbi n’ibihumbi mu Gihugu cyabo.”

Yakomeje agaragaza ibintu byirengagijwe kandi bibaje ubwo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wajyaga gusohora ririya tangazo, birimo kuba “ukomeje guceceka nyamara hari abacancuro b’Abanyaburayi bari gukoreshwa mu bikorwa bihuriweho n’igisirikare cya Congo bigamije gutsemba bamwe mu Banyekongo.”

Yavuze kandi ko ahubwo Ubutegetsi bwa Congo ari bwo bwari bukwiye kwamaganwa kubera gukoresha imitwe y’abajenosideri nka FDLR ufite amateka mabi yo kuba abawugize barakoze Jenoside mu Rwanda, bakanakomereza ibi bikorwa mu kwica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Akavuga ko ibyo M23 igenda ikora byose n’uduce igenda ifata, atari yo iba yatangije ibyo bitero, ahubwo ko ari uruhande bahanganye rubibagabaho cyangwa rukabigaba ku baturage b’abasivile, kandi ko badashobora kubirebera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Umusore uregwa kwica umugabo amutemesheje umuhoro yisobanura ko ari amadayimoni yamwoheje

Next Post

Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga

Related Posts

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga

Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.