• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

radiotv10by radiotv10
21/11/2025
in MU RWANDA
0
Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani basuye Urwuri rw’Umukuru w’Igihugu, anamugabira Inka z’inyambo, nk’ikimenyetso cy’igihango n’ubucuti busanzwe bushize imizi hagati y’aba bayobozi bombi.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 20 Ugushyingo ku munsi wa mbere w’uruzinduko rw’iminsi ibiri rw’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, ari kugirira mu Rwanda nyuma yuko ageze i Kigali akakirwa ku Kibuga cy’Indege na Perezida Kagame.

Nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane “Perezida Kagame na Nyiricyubahiro Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, batambagiye urwuri rwa Perezida, aho yagabiye nyakubahwa Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani Inka z’Inyambo, nk’ikimenyetso gifite igisobanuro mu mizi y’umuco Nyarwanda cy’ubucuti, ubwubahane, ndetse n’igihango bisanzwe hagati y’abayobozi bombi n’Ibihugu byabo.”

Mu mafoto yashyizwe hanze na Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda, agaragaza Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar atembera mu Rwuri rw’Umukuru w’u Rwanda, bigaragara ku maso ko yishimye, ari na ko yagendaga afata amafoto nk’urwibutso rw’ibihe byiza yagize.

Perezida Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, basanzwe bafitanye ubucuti bwihariye, dore ko Emir wa kiriya Gihugu yakunze kugaragaza Umukuru w’u Rwanda, nk’umuyobozi w’intangarugero kubera imiyoborere ye ireba kure n’ubushishozi buhanitse mu byo akora.

Perezida Kagame yamuhaye ikaze mu rwuri rwe
Emir wa Qatar yari yishimye bigaragarira ku maso
Yafataga amafoto y’ibihe byiza yagize

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

The Effects of Eating Noodles: What You Should Know

Next Post

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.