Monday, March 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

radiotv10by radiotv10
09/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe
Share on FacebookShare on Twitter

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu wa Ayatollah Ali Khamenei uherutse kwicirwa mu bitero bya Leta Zunze ubumwe za America na Israel, byakurikiwe n’intambara igikomeje.

Mojtaba Khamenei wahyizwe Umuyobozi w’Ikirenga, asimbuye se Ali Khamenei wishwe n’ibitero by’indege byagabwe tariki 28 Gashyantare 2026.

Itangazo rishyiraho uyu Muyobozi w’Ikirenga mushya, ryasomwe n’igitangazamakuru cy’Igihugu mu gitondo cya kare kuri uyu wa Mbere.

Yatiranyijwe n’Inararibonye z’Inteko ya Iran igizwe n’abantu 88 bari bashyiriweho izi nshingano zo gutoranya ugomba kuba Umuyobozi w’Ikirenga mushya.

Iyi teko yatoye Umuyobozi inshuro imwe gusa mbere kuva hashingwa Leta ishingiye kuri Islam yashyizweho mu 1979. Ni nab wo

The assembly has chosen a new leader only once before since the Ali Khamenei yatoranywaga nyuma y’urupfu rwa Ayatollah Ruhollah Khomeini mu myaka irenga 30 ishize.

Ku wa Kane w’icyumweru twaraye dusoje, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yari yavuze ko agomba “kugira uruhare mu ishyirwaho” ry’Umuyobozi Mushya wa Iran kandi ko ibyariho bivugwa byo gushyira umuhungu wa Khamenei “adashobora kubyemera”.

Mojtaba w’imyaka 56, wamaze kugirwa Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran ni umuhungu wa kabiri wa Khamenei, akaba umwe mu bubashywe muri Iran, akaba ari n’umwe mu bakomeye mu gisirikare cy’iki Gihigu IRGC (Islamic Revolutionary Guard Corps) ndetse n’umutwe w’ingabo uzwi nka Basij volunteer paramilitary force.

Nta peti ryo hejuru azwiho, ndetse nta mwanya uzwi yari afite mu butegetsi bwa Iran. Yashyiriweho ibihano na Leta Zunze Ubumwe za America muri 2019.

Urwego rushinzwe iby’imari n’ubukungu rwa America rwamushinjaga gukorana bya hafi n’Umugaba Mukuru wa IRGC-Quds Force na Basij mu gukaza ibikorwa byashingwaga se byo “kudurumbanya gahunda z’akarere n’ikandamiza ry’imbere mu Gihugu.”

Uyu muyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran, Mojtaba; na we amaze iminsi agambiriwe n’ibitero Israel imaze iminsi igaba muri Iran nk’uko byatangajwe n’umwe mu bo muri Israel, gusa iki Gihugu kikaba cyizera ko yaba yarakomeretse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

Next Post

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Related Posts

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

by radiotv10
09/03/2026
0

Umuyobozi wo hejuru muri Iran yatangaje ko intambara iri hagati y’iki Gihugu na Israel na Leta Zunze Ubumwe za America...

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

Iby’ingenzi bikubiye mu itangazo rihuriweho n’u Burayi na America ku bibera muri Congo

by radiotv10
06/03/2026
0

Itsinda Mpuzamahanga rihuriweho na Leta Zunze Ubumwe za America n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ryashyize hanze itangazo ku bibazo biri mu...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko abakomando ba AFC/M23 bajya kuburizamo imigambi iba icurwa na FARDC bakagaruka ntawubimenye

by radiotv10
06/03/2026
0

Umuvugizi Wungirije wa AFC/M23, Dr Balinda Oscar yatangaje ko hari abasirikare b’abakomando b’iri huriro bari hafi ya Kisangani, bagaba ibitero...

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

Rurangiranwa Lionel Messi muri ‘White House’, Perezida Trump yagize icyo amuvugaho

by radiotv10
06/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ikipe ya Inter Miami ikinamo rurangiranwa Lionel Messi, yavuze...

Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo

Eng.-How AFC/M23 commandos destroy FARDC drones in kisangani and return undetected

by radiotv10
06/03/2026
0

The Deputy Spokesperson of AFC/M23, Dr. Oscar Balinda, has announced that some of the coalition’s commando soldiers are operating near...

IZIHERUKA

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa
MU RWANDA

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

by radiotv10
09/03/2026
0

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

09/03/2026
Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

09/03/2026
Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

09/03/2026
Why former UR students must repay Government study loans

Why former UR students must repay Government study loans

09/03/2026
APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

09/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Breaking: Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.