Tuesday, March 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yatangaje uko byifashe mu mirwano iyihanganishije n’abarimo FARDC na FDLR

radiotv10by radiotv10
31/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe na FARDC, FDLR ndetse n’ingabo z’u Burundi, rwaguye imirwano mu bice binyuranye rukoresheje intwaro ziremereye.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Werurwe 2026.

Muri ubu butumwa bugaragaza uko byaramutse kuri uyu wa Kabiri, Kanyuka yavuze ko “guhera mu masaha ya mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Werurwe 2026, ihuroro ry’Ubutegetsi bwa Kinshasa, rugizwe na na FARDC, FDLR, inyeshyamba za Wazalendo, abacancuro ndetse n’ingabo z’u Burundi, batangije ibitero byagutse kandi byateguwe mu bice byose by’urugamba.”

Kanyuka yavuze ko ibi bitero byagabwe mu bice bituwemo n’abaturage benshi, aho uruhande ruhanganye na AFC/M23 rwakoresheje intwaro ziremereye ndetse n’indege zitagira abapilote z’intambara.

Umuvugizi wa AFC/M23 yavuze ko nko “muri Minembwe hagabwe ibitero mu bice bya Rugezi, Kalingi, Gakenke na Bidegu. Kugeza aka kanya ibitero birakomeje ntaguhagarika, bikomeje gushyira mu kaga mu buryo bukomeye abaturage b’abasivile.”

Naho muri Kalehe, uruhande rwa FARDC n’abo bafatanyije, bagabye ibitero mu gace ka Lubimbishi no mu bice bigakikije. Mu gace ka Lubero, ibitero byagabwe mu duce twa Kabesebese na Mutondi.

Kanyuka yagize ati “Kubera ibi bitero bikomeye, AFC/M23 yamaganye yivuye inyuma icyemezo cy’ubutegetsi bwa Kinshasa cyo kurenga ku nzira y’amahoro, bugahitamo inzira y’intambara.”

Yavuze ko aya mahitamo y’ubutegetsi bwa Kinshasa ashyira mu kaga ubushake bwari buhari bwo kubona umuti w’amakimbirane binyuze mu nzira z’amahoro zariho zikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

Next Post

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

Related Posts

Gen.Muhoozi yatanze itegeko ryo kurekura umwe mu Bajenerali babiri baherutse gutabwa muri yombi

Gen.Muhoozi yatanze itegeko ryo kurekura umwe mu Bajenerali babiri baherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
31/03/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatanze itegeko ryo kurekura Brigadier General Johnson Namanya Abaho wari ufungiye muri...

Eng.-AFC/M23 Announces the Situation in Ongoing Fighting Against FARDC and FDLR

Eng.-AFC/M23 Announces the Situation in Ongoing Fighting Against FARDC and FDLR

by radiotv10
31/03/2026
0

The AFC/M23 coalition has stated that the opposing side, made up of FARDC, FDLR, and Burundian troops, launched attacks in...

Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

by radiotv10
31/03/2026
0

Guverineri wa Nairobi muri Kenya, Johnson Sakaja yabuze nyuma yo kumenya ko Polisi yo muri iki Gihugu iri kumuhiga ishaka...

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

by radiotv10
30/03/2026
0

Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), Lieutenant General Nduru Jacques Ychaligonza yatangaje ko iki Gisirikare...

Iran yemeje urupfu rw’undi wo mu buyobozi bw’Igisirikare cyayo

Iran yemeje urupfu rw’undi wo mu buyobozi bw’Igisirikare cyayo

by radiotv10
30/03/2026
0

Iran yemeje urupfu rwa Alireza Tangsiri wari umugaba mukuru w’igisirikare kirwanira mu mazi muri iki Gihugu uherutse kurasirwa mu gitero...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yatanze itegeko ryo kurekura umwe mu Bajenerali babiri baherutse gutabwa muri yombi
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yatanze itegeko ryo kurekura umwe mu Bajenerali babiri baherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
31/03/2026
0

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

31/03/2026
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

AFC/M23 yatangaje uko byifashe mu mirwano iyihanganishije n’abarimo FARDC na FDLR

31/03/2026
Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

31/03/2026
Eng.-AFC/M23 Announces the Situation in Ongoing Fighting Against FARDC and FDLR

Eng.-AFC/M23 Announces the Situation in Ongoing Fighting Against FARDC and FDLR

31/03/2026
Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

Umuyobozi muri Kenya yamenye ko ari gushakishwa ahita aburirwa irengero

31/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry'Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yatanze itegeko ryo kurekura umwe mu Bajenerali babiri baherutse gutabwa muri yombi

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

AFC/M23 yatangaje uko byifashe mu mirwano iyihanganishije n’abarimo FARDC na FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.