Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amarira yari yose mu gushyingura umukobwa washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
05/05/2022
in MU RWANDA
0
Amarira yari yose mu gushyingura umukobwa washenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu muhango wo gushyingura Uwingabire Chantal uherutse kwitaba Imana bikababaza benshi, hagarutswe ku burwayi bwe n’uburyo yapfuye ariko abari bamuriho ntibahite babimenya.

Uwingabire Chantal witabye Imana azize cancer yo mu maraso, yari amaze iminsi ari gukusanyirizwa inkunga ya miliyoni 8 yo kujya kwivuriza mu Buhindi.

Mu ntangiro z’iki cyumweru, ni bwo hamenyekanye inkuru y’urupfu rwe, rwashenguye benshi kuko yitabye Imana mu gihe inkunga yifuzaga yari imaze kuboneka.

Mu muhango wo kumushyingura, abo mu muryango we bagarutse ku burwayi bwe yari amaranye igihe ndetse n’uburyo yaribwaga ariko agakomeza kwiringira Imana.

Umubyeyi wa nyakwigendera, yavuze ko ubwo umukobwa we yitabaga Imana, we atahise abimenya ahubwo ko yabibwiwe n’umugore bari kumwe mu bitaro.

Yavuze ko mbere yo gushiramo umwuga, yari yabanje kubasaba kumuhindurira amashuka n’imyenda yari yambaye ariko ntibahite babikora.

Ati “Twamuhinduriye ari kutureba, tubona ahumeka, dufashe tubona ntatatse kandi ahantu hose twafataga yatakaga […] tumvanamo imyenda yari yambaye tumwambika indi, turangije uwo mumama arambwira ngo ‘rero wihangane byarangiye.”

Bahise bamenyesha abaganga, baje na bo baratungurwa kuko na bo batunguwe n’uburyo yashizemo umwuka.

Ni umuhango wagaragayemo agahinda kenshi ku babanye na nyakwigendera ndetse n’abandi bose bamuzi, bavuze ko yari umukobwa uzi kubana na buri wese.

Nyakwigendera yasezeweho bwa nyuma

Amafoto yakuwe mu mashusho ya Yago TV

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Hamenyekanye umubare w’Abasirikare b’u Burundi baguye mu gitero cya Al-Shabab

Next Post

Imikororombya…CHUK yahishuye ko ntagishobora kuvura ibirabagwe ku bapfubijwe na mukorogo

Related Posts

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

IZIHERUKA

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America
AMAHANGA

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

23/01/2026
Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imikororombya…CHUK yahishuye ko ntagishobora kuvura ibirabagwe ku bapfubijwe na mukorogo

Imikororombya…CHUK yahishuye ko ntagishobora kuvura ibirabagwe ku bapfubijwe na mukorogo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.