Wednesday, July 8, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Mansoureh Khojasteh Bagherzadeh, umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran Ali Khamenei, na we yapfuye nyuma y’iminsi ari muri coma nyuma y’ibitero by’indege byahitanye umugabo we.

Itangazamakuru ryo muri Iran rivuga ko Mansoureh Khojasteh, umugore w’umuyobozi w’ikirenga Ayatollah Ali Khamenei, yapfuye nyuma yuko yari yaguye muri Coma kuva ku wa Gatandatu ubwo hagabwga ibitero ku biro by’umugabo we wanahise ahasiga ubuzima

Khojasteh, w’imyaka 78, yari umugore wenyine wa Ali Khamenei, bari bamaranye imyaka 62 dore ko bashyingiranywe mu mwaka w’ 1964.

Ibitangazamakuru byo muri Iran kandi bivuga ko Mansoureh Khojasteh Bagherzadeh, yari yanakomerekejwe bikomeye na biriya bitero byagabwe ku bufatanye bwa Leta Zunze Ubumwe za America na Israel.

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 8 =