Wednesday, July 8, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Niger: Intagondwa zahengereye abasirikare bahuze zibamishamo ibisasu

Niger: Intagondwa zahengereye abasirikare bahuze zibamishamo ibisasu

Guverinoma muri Niger yatangaje ko abasirikare 12 b’iki Gihugu bapfuye nyuma y’igitero cyagabwe n’abo bikekwa ko ari abarwanyi b’Abajihadiste bakorarera mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’iki Gihugu.

Minisiteri y’ingabo yavuze ko barindwi muri abo basirikare baguye mu mirwano, ubwo bagabwagaho igitero n’inyeshyamba zibarirwa mu magana mu mujyi wa Kandadji rwagati.

Naho abandi basirikare batanu bo bazize impanuka yo mu muhanda ubwo bari mu nzira baje gutabara bagenzi babo bari bagabweho igitero.

Ako gace kaguyemo ingabo za Niger, kari hafi y’umupaka wa Mali na Burkinafaso, gasanzwe kabarizwamo imitwe y’iterabwoba nka Al-qaeda n’umutwe wa Islamic State.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − four =