Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatanze itegeko ryo kurekura Brigadier General Johnson Namanya Abaho wari ufungiye muri kasho ya gisirikare, nyuma y’ibiganiro by’ubwumvikane byabayeho.
Ibi byategetswe na Gen Muhoozi, byatangajwe na Col Chris Magezi, Umuvugizi w’Agateganyo wa UPDF wavuze ko Brig Gen Namanya yahanaguweho ibyaha byose yashinjwaga, aho agomba guhita arekurwa, ndetse agakomeza imirimo ya gisirikare yari asanzwemo.
Itangazo ryatanzwe na Col Chris Magezi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yagize ati “Umugaba Mukuru w’Ingabo akaba n’Umujyanama wa Perezida ushinzwe Ibikorwa byihariye, General Muhoozi Kainerugaba uyu munsi yarekuye Brig Gen Johnson Namanya nyuma y’inama y’ubwumvikane n’ubucuti aho uyu yahanaguweho ibyaha byose byamuregwaga. Brig Gen Namanya azakomeza imirimo ye ya gisirikare uko bikwiye.”
Brig Gen Namanya yari yafungiwe rimwe na Major General Don William Nabasa muri kasho ya gisirikare ya Kasenyi, nyuma y’itegeko ryari na Gen Muhoozi ku ya 27 Werurwe 2026.

Ifungwa ry’aba Bajenerali ryabanje kugirwa ubwiru ndetse riteza n’urujujo, kuko abayobozi ba UPDF babanje kwanga gutangaza ku mugaragaro ibirego byihariye cyangwa impamvu zirambuye z’ifatwa ryabo.
Amakuru yari yabanje kuvugwa ko ifungwa ryabo, ryari riri muri gahunda yo kunoza imyitwarire, ndetse no gushakira umuti ibibazo byavugwaga mu miyoborere ya gisirikare.
Nubwo Brig Gen Namanya yagizwe umwere akanarekurwa, kugeza ubu nta makuru aramenyekana kuri Maj Gen Nabasa, we ukomeje gufungirwa muri iriya kasho ya gisirikare.
Maj Gen Nabasa warekuwe na Gen Muhoozi ni umwe mu basirikare bakomeye muri UPDF, aho ubu ari umuyobozi w’itsinda rihuriweho rishinzwe politiki na gahunda muri UPDF, inshingano yatangiye tariki 03 Mutarama 2025.
RADIOTV10








