Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatahuwe uruganda rwakoraga inzoga zari zarazengereje abaziguraga bashituwe n’izina ryarwo

radiotv10by radiotv10
12/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatahuwe uruganda rwakoraga inzoga zari zarazengereje abaziguraga bashituwe n’izina ryarwo
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu Karere ka Rwamagana yatahuye inafunga uruganda rw’inzoga rwa Kompanyi ‘Haby Ubuzima Bwiza’ iherereye mu Murenge wa Rubona muri aka Karere, nyuma yuko inzoga rwakoraga zazengerezaga abaturage baziguraga bashituwe n’izina ryarwo ‘Ubuzima Bwiza’.

Igikorwa cyo gutahura no gufunga uru ruganda, cyabaye kuri uyu wa Gatanu mu Kagari Kabatsi mu Murenge wa Rubona, aho uru ruganda rwari ruherereye.

Ubusanzwe uru ruganda rwari rwahawe ubuziranenge ku binyobwa bya ‘Zahuka Banana na Zahuka Ginger’, ariko rukaba rwakoraga inzoga z’inkorano yari imaze kwamamara ku izina ry’Ibipyampya.

Byagaragaye ko iyi nzoga itakorwaga hubahirijwe amabwiriza, kuko uru ruganda rwifashishaga Za Ethanol, n’ubundi bwoko butandukanye bw’ifu, hakiyongero n’imisemburo.

Ibi byatunguye bamwe mu baturage basaba ubuyobozi kujya bukora ubugenzuzi buhoraho kugira ngo batazapfa bishwe n’izi nzoga zari zibageze ahabi.

Umwe ati “Twabonaga kiriya cyapa kiri mu Kibabara cyanditseho Ubuzima bwiza, tukumva ko afite ibyangombwa, twumvaga ko akora ibintu bizima.”

Undi ati “Leta ifite inshingano nyinshi,mu nshingano ifite rero harimo gutanga ibyangombwa kandi babitanga babanje kugenzura ko ibyo batangiye ibyangombwa byujuje ubuziranenge. Ni muri urwo rwego rero bataguma mu gutanga ibyangombwa gusa ahubwo hajya habaho kugenzura no gusura ba bantu batandukanye bakareba niba ibyangombwa babahaye, bakareba niba ibyo bakora uko bigenda.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko bamenye ko amakuru yatumye hatahurwa ibi bikorwa, yatanzwe n’abaturage.

Ati “Batubwira ko mu Murenge wabo hari ahantu hari Uruganda rukora inzoga babona ko ziteza ibibazo mu baturage bazinywa bakagira urugomo.”

Yaboneyeho kugira inama abashing inganda nk’izi, ati “Icyo tubabwira ni uko baba bakwiriye kubahiriza amategeko. Uwo ari we wese ukora ibinyiranyije n’ibyo yasabiye ibyangombwa, aba akora amakosa kandi ahanwa n’amategeko. Ntabwo tuzamworohera n’izindi nzego dufatanya nka RFDA n’inzego z’umutekano ndetse dufatanyije n’abaturage, n’utarafatwa uyu munsi, ejo azafatwa kubera ko abaturage bamaze kubona ububi bw’izi nzoga.”

SP Hamdun Twizeyimana yavuze kandi hamaze kumenyekana amakuru y’izindi nganda na zo zishobora kuba zikora nk’uru, bityo ko akazo kashobotse.

Basanze uru ruganda rufite ububiko bw’inzoga nyinshi zari zarazengereje abaturage

Basanze bakoresha ibirimo ibinyabutabire byica

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − seven =

Previous Post

Uwafatanywe urumogi yateze imodoka nk’abagenzi basanzwe yitanzeho amakuru arambuye mu butabera

Next Post

Imibare mishya y’uko Marburg ihagaze mu Rwanda iratanga icyizere

Related Posts

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

by radiotv10
13/08/2025
0

In Kigali’s busy streets, motorcycles are everywhere, but few riders have made a name quite like Sadi Bizumuremyi better known...

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko kuva muri 2017 kugeza muri 2024 agaciro k’ibyoherezwa hanze kikubye inshuro icyenda, ndetse ikaba ifite...

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
13/08/2025
0

Dr Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu nzego z’ubuyobozi mu Rwanda zirimo kuba yarabaye Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali akanaba Ambasaderi muri...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
13/08/2025
5

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

IZIHERUKA

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”
MU RWANDA

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

by radiotv10
13/08/2025
0

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

13/08/2025
Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

13/08/2025
Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

13/08/2025
Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare mishya y’uko Marburg ihagaze mu Rwanda iratanga icyizere

Imibare mishya y’uko Marburg ihagaze mu Rwanda iratanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

Hagaragajwe uko agaciro k’ibyo u Rwanda rwohereza hanze kagiye kazamuka n’intego ihari

Aissa Kirabo Kacyira wabaye mu buyobozi mu Rwanda yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.