Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatahuwe uruganda rwakoraga inzoga zari zarazengereje abaziguraga bashituwe n’izina ryarwo

radiotv10by radiotv10
12/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatahuwe uruganda rwakoraga inzoga zari zarazengereje abaziguraga bashituwe n’izina ryarwo
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu Karere ka Rwamagana yatahuye inafunga uruganda rw’inzoga rwa Kompanyi ‘Haby Ubuzima Bwiza’ iherereye mu Murenge wa Rubona muri aka Karere, nyuma yuko inzoga rwakoraga zazengerezaga abaturage baziguraga bashituwe n’izina ryarwo ‘Ubuzima Bwiza’.

Igikorwa cyo gutahura no gufunga uru ruganda, cyabaye kuri uyu wa Gatanu mu Kagari Kabatsi mu Murenge wa Rubona, aho uru ruganda rwari ruherereye.

Ubusanzwe uru ruganda rwari rwahawe ubuziranenge ku binyobwa bya ‘Zahuka Banana na Zahuka Ginger’, ariko rukaba rwakoraga inzoga z’inkorano yari imaze kwamamara ku izina ry’Ibipyampya.

Byagaragaye ko iyi nzoga itakorwaga hubahirijwe amabwiriza, kuko uru ruganda rwifashishaga Za Ethanol, n’ubundi bwoko butandukanye bw’ifu, hakiyongero n’imisemburo.

Ibi byatunguye bamwe mu baturage basaba ubuyobozi kujya bukora ubugenzuzi buhoraho kugira ngo batazapfa bishwe n’izi nzoga zari zibageze ahabi.

Umwe ati “Twabonaga kiriya cyapa kiri mu Kibabara cyanditseho Ubuzima bwiza, tukumva ko afite ibyangombwa, twumvaga ko akora ibintu bizima.”

Undi ati “Leta ifite inshingano nyinshi,mu nshingano ifite rero harimo gutanga ibyangombwa kandi babitanga babanje kugenzura ko ibyo batangiye ibyangombwa byujuje ubuziranenge. Ni muri urwo rwego rero bataguma mu gutanga ibyangombwa gusa ahubwo hajya habaho kugenzura no gusura ba bantu batandukanye bakareba niba ibyangombwa babahaye, bakareba niba ibyo bakora uko bigenda.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko bamenye ko amakuru yatumye hatahurwa ibi bikorwa, yatanzwe n’abaturage.

Ati “Batubwira ko mu Murenge wabo hari ahantu hari Uruganda rukora inzoga babona ko ziteza ibibazo mu baturage bazinywa bakagira urugomo.”

Yaboneyeho kugira inama abashing inganda nk’izi, ati “Icyo tubabwira ni uko baba bakwiriye kubahiriza amategeko. Uwo ari we wese ukora ibinyiranyije n’ibyo yasabiye ibyangombwa, aba akora amakosa kandi ahanwa n’amategeko. Ntabwo tuzamworohera n’izindi nzego dufatanya nka RFDA n’inzego z’umutekano ndetse dufatanyije n’abaturage, n’utarafatwa uyu munsi, ejo azafatwa kubera ko abaturage bamaze kubona ububi bw’izi nzoga.”

SP Hamdun Twizeyimana yavuze kandi hamaze kumenyekana amakuru y’izindi nganda na zo zishobora kuba zikora nk’uru, bityo ko akazo kashobotse.

Basanze uru ruganda rufite ububiko bw’inzoga nyinshi zari zarazengereje abaturage

Basanze bakoresha ibirimo ibinyabutabire byica

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 8 =

Previous Post

Uwafatanywe urumogi yateze imodoka nk’abagenzi basanzwe yitanzeho amakuru arambuye mu butabera

Next Post

Imibare mishya y’uko Marburg ihagaze mu Rwanda iratanga icyizere

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare mishya y’uko Marburg ihagaze mu Rwanda iratanga icyizere

Imibare mishya y’uko Marburg ihagaze mu Rwanda iratanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.