Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatahuwe uruganda rwakoraga inzoga zari zarazengereje abaziguraga bashituwe n’izina ryarwo

radiotv10by radiotv10
12/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatahuwe uruganda rwakoraga inzoga zari zarazengereje abaziguraga bashituwe n’izina ryarwo
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu Karere ka Rwamagana yatahuye inafunga uruganda rw’inzoga rwa Kompanyi ‘Haby Ubuzima Bwiza’ iherereye mu Murenge wa Rubona muri aka Karere, nyuma yuko inzoga rwakoraga zazengerezaga abaturage baziguraga bashituwe n’izina ryarwo ‘Ubuzima Bwiza’.

Igikorwa cyo gutahura no gufunga uru ruganda, cyabaye kuri uyu wa Gatanu mu Kagari Kabatsi mu Murenge wa Rubona, aho uru ruganda rwari ruherereye.

Ubusanzwe uru ruganda rwari rwahawe ubuziranenge ku binyobwa bya ‘Zahuka Banana na Zahuka Ginger’, ariko rukaba rwakoraga inzoga z’inkorano yari imaze kwamamara ku izina ry’Ibipyampya.

Byagaragaye ko iyi nzoga itakorwaga hubahirijwe amabwiriza, kuko uru ruganda rwifashishaga Za Ethanol, n’ubundi bwoko butandukanye bw’ifu, hakiyongero n’imisemburo.

Ibi byatunguye bamwe mu baturage basaba ubuyobozi kujya bukora ubugenzuzi buhoraho kugira ngo batazapfa bishwe n’izi nzoga zari zibageze ahabi.

Umwe ati “Twabonaga kiriya cyapa kiri mu Kibabara cyanditseho Ubuzima bwiza, tukumva ko afite ibyangombwa, twumvaga ko akora ibintu bizima.”

Undi ati “Leta ifite inshingano nyinshi,mu nshingano ifite rero harimo gutanga ibyangombwa kandi babitanga babanje kugenzura ko ibyo batangiye ibyangombwa byujuje ubuziranenge. Ni muri urwo rwego rero bataguma mu gutanga ibyangombwa gusa ahubwo hajya habaho kugenzura no gusura ba bantu batandukanye bakareba niba ibyangombwa babahaye, bakareba niba ibyo bakora uko bigenda.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko bamenye ko amakuru yatumye hatahurwa ibi bikorwa, yatanzwe n’abaturage.

Ati “Batubwira ko mu Murenge wabo hari ahantu hari Uruganda rukora inzoga babona ko ziteza ibibazo mu baturage bazinywa bakagira urugomo.”

Yaboneyeho kugira inama abashing inganda nk’izi, ati “Icyo tubabwira ni uko baba bakwiriye kubahiriza amategeko. Uwo ari we wese ukora ibinyiranyije n’ibyo yasabiye ibyangombwa, aba akora amakosa kandi ahanwa n’amategeko. Ntabwo tuzamworohera n’izindi nzego dufatanya nka RFDA n’inzego z’umutekano ndetse dufatanyije n’abaturage, n’utarafatwa uyu munsi, ejo azafatwa kubera ko abaturage bamaze kubona ububi bw’izi nzoga.”

SP Hamdun Twizeyimana yavuze kandi hamaze kumenyekana amakuru y’izindi nganda na zo zishobora kuba zikora nk’uru, bityo ko akazo kashobotse.

Basanze uru ruganda rufite ububiko bw’inzoga nyinshi zari zarazengereje abaturage

Basanze bakoresha ibirimo ibinyabutabire byica

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + two =

Previous Post

Uwafatanywe urumogi yateze imodoka nk’abagenzi basanzwe yitanzeho amakuru arambuye mu butabera

Next Post

Imibare mishya y’uko Marburg ihagaze mu Rwanda iratanga icyizere

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imibare mishya y’uko Marburg ihagaze mu Rwanda iratanga icyizere

Imibare mishya y’uko Marburg ihagaze mu Rwanda iratanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.