Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no kurwanya ububasha bw’amategeko.
Ifungwa ry’uyu munyamakuru uzwi kuri YouTube channel yanitiriye iri zina DC Clement, ryemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry.
Murangira yabwiye umunyamakuru wa RADIOTV10, Oswald Mutuyeyezu ati “Ni byo arafunzwe. Arakekwaho kwangiza ikintu cy’undi no kurwanya ububasha bw’amategeko.”
DC Clement yatawe muri yombi nyuma yuko anyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko hari akarengane kabayeho ko gusenyerwa inzu yubakwaga nk’ishuri, kandi ko byari byatangiwe ibyangombwa byo kubaka.
Mu butumwa buherekejwe n’amashusho, DC Clement yagize ati “Umusore w’Imyaka 29 agakora ibishoboka byose ngo afashe Leta gukemura bimwe mu bibazo, aho kugira ngo Leta imufashe ahubwo ikamusenyera. Mayor w’Akarere ka Gasabo akohereza abapolisi n’abayede agatanga itegeko ngo bamusenyere atigeze agera n’aho biri.”
Uyu munyamakuru uzwi kuri YouTube, yakomeje agira ati “Ibi si ugusenya Clement, ibi ni ugusenya umutima, Igihugu kandi umunsi umwe amateka azahinduka, ibyo Mayor cyangwa undi yakora byose ntakizambuza kuba/kubaka u Rwanda twifuza.”
Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali Emma Claudine Ntirenganya yahise avuga ko icyangombwa cyasabwe cyari icyo gusana inkuta ebyiri ku nzu ishaje no gusimbuza amabati aho kuba guhindura imiterere y’inyubako cyangwa kubaka inshya.
Imiterere y’ikibazo
Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine asubiza kuri ubu butumwa bwari bwanditswe na DC Clement, yari yagaragaje amakosa yakozwe mu kubaka iriya nzu yasenywe.
Emma Claudine yavuze ko uwasenyewe yari yatse icyangombwa cyo kuvugurura inzu ishaje, ifite metero 7,5X7, ndetse akagihabwa. Icyo cyangombwa kigaragaza ko yagombaga, gusana inkuta ebyiri, urw’inyuma n’uruhande rw’ibumoso, gusimbuza amabati.
Icyo cyangombwa kandi cyamubuza guhindura imiterere y’igisenge inzu isanganywe, kongera cyangwa kugabanya ibipimo inyubako isanganywe, kubaka uruzitiro cyangwa umukingo.
Ati “Kuvugurura gutya tubyemerera umuturage kugira ngo ature mu nzu idashyira ubuzima bwe mu kaga mu gihe runaka, kuko iki kibanza kiri muri zone yagenewe ubuhinzi ku gishushanyo mbonera. Ntabwo hemerewe kubakwa by’igihe kirekire.”
Yakomeje agaragaza amakosa yakozwe, aho yagize ati “Uyu muntu yahawe icyangombwa cyo kuvugurura ntiyagikoresha ibyo yagisabiye. Iyo bigenze gutya, uyu muntu ahanishwa gukuraho ibyo yubatse. Iyo atabyikuriyeho, ubuyobozi bubikuraho akishyura ikiguzi cyatanzwe mu kubikuraho.”
Agakomeza agira ati “Nk’uko watanze amakuru, uyu muntu wagombaga kuvugurura inzu byarangiye arimo kubaka inzu nshyashya, wavuze ko zari inyubako z’ishuri. Ntibikwiye ko umuntu yakubaka ishuri nta ruhushya. Kirazira.”
Emma Claudine yibukije abantu bose ko kubaka nta byangombwa bitemewe, hakurikizwa amategeko abigenga bigakurwaho, anibutsa kandi ko Umujyi wa Kigali wazanye uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwo kugenzura imyubakire, ku buryo inzu zubatswe nta ruhushya ziboneka zose, kandi zigakurwaho.
RADIOTV10










