Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo

radiotv10by radiotv10
23/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Vital Kamerhe uri mu bakomeye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yeguye ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, aho yatangaje ko yeguye ku bushake no ku mpamvu ze bwite.

Uyu munyapolitiki uvugwaho kugira amacenga n’uburyarya muri politiki, yeguye nyuma y’igitutu kidasanzwe yari amaze iminsi yotswa na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko, basaba ko yegura.

Ni mu gihe we yari aherutse guca bugufi, agasaba imbabazi, ariko kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nzeri 2025, bikaba byarangiye yeguye kuri izi nshingano yari amazeho amezi ane dore ko yari yazigiyeho muri Gicurasi uyu mwaka.

Uretse Abadepite 200 bari baherutse gushyira umukono ku nyandiko isaba uyu munyapolitiki n’abandi bagenzi be bane kwegura, bashinjwa n’ishyaka rya Perezida Felix Tshisekedi rya UPDS n’andi mashyaka, kubangamira ibikorwa by’Inteko, n’imicungire mibi.

Mu ibaruwa ya Vital Kamerhe yandikiye Visi Perezida wa Mbere w’Inteko Ishinga Amategeko ya Congo kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nzeri, yavuze ko yifuza kumumenyesha ko “ku mpamvu zinturutseho ku giti cyanjye, ubwegure buturutse ku bushake ku nshingano za Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Kamerhe wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’Igihugu, nko kuba yarakuriye Ibiro bya Perezida Felix Tshisekedi, ariko muri 2020, aza guhura n’ibibazo bikomeye, kuko yatawe muri yombi ashinjwa kunyereza miliyoni zikabakaba 48 USD zari zigenewe kubaka amacumbi y’abasirikare n’Abapolisi.

Gusa nyuma y’imyaka ibiri, muri 2022 yagizwe umwere, akigera hanze, anakirwa na Perezida Tshisekedi, ndetse muri 2023 aza kumuha izindi nshingano, dore ko yamugize Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ubukungu.

Hari amakuru kandi yavugaga ko uyu Munyapolitiki uzwiho amacenga mu mukino wa Politiki, ashaka kuziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri 2028.

Binavugwa ko ishyaka rya Tshisekedi ari ryo riri inyuma y’uku kwegura kwe, nyuma yo kumenya uyu mugambi afite wo kuziyamamaza, ndetse ko ashobora kuzitambika umugambi wo guhindura itegeko Nshinga ufitwe na Perezida.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Nyamasheke: Batekereza kurandura icyayi bitewe n’uruganda rutinda kubishyura bikabatera ubukene

Next Post

Fast Fashion vs. Made in Rwanda: Where Should We Invest?

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Fast Fashion vs. Made in Rwanda: Where Should We Invest?

Fast Fashion vs. Made in Rwanda: Where Should We Invest?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.