Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo

radiotv10by radiotv10
23/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Vital Kamerhe uri mu bakomeye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yeguye ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, aho yatangaje ko yeguye ku bushake no ku mpamvu ze bwite.

Uyu munyapolitiki uvugwaho kugira amacenga n’uburyarya muri politiki, yeguye nyuma y’igitutu kidasanzwe yari amaze iminsi yotswa na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko, basaba ko yegura.

Ni mu gihe we yari aherutse guca bugufi, agasaba imbabazi, ariko kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nzeri 2025, bikaba byarangiye yeguye kuri izi nshingano yari amazeho amezi ane dore ko yari yazigiyeho muri Gicurasi uyu mwaka.

Uretse Abadepite 200 bari baherutse gushyira umukono ku nyandiko isaba uyu munyapolitiki n’abandi bagenzi be bane kwegura, bashinjwa n’ishyaka rya Perezida Felix Tshisekedi rya UPDS n’andi mashyaka, kubangamira ibikorwa by’Inteko, n’imicungire mibi.

Mu ibaruwa ya Vital Kamerhe yandikiye Visi Perezida wa Mbere w’Inteko Ishinga Amategeko ya Congo kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nzeri, yavuze ko yifuza kumumenyesha ko “ku mpamvu zinturutseho ku giti cyanjye, ubwegure buturutse ku bushake ku nshingano za Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Kamerhe wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’Igihugu, nko kuba yarakuriye Ibiro bya Perezida Felix Tshisekedi, ariko muri 2020, aza guhura n’ibibazo bikomeye, kuko yatawe muri yombi ashinjwa kunyereza miliyoni zikabakaba 48 USD zari zigenewe kubaka amacumbi y’abasirikare n’Abapolisi.

Gusa nyuma y’imyaka ibiri, muri 2022 yagizwe umwere, akigera hanze, anakirwa na Perezida Tshisekedi, ndetse muri 2023 aza kumuha izindi nshingano, dore ko yamugize Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba na Minisitiri w’Ubukungu.

Hari amakuru kandi yavugaga ko uyu Munyapolitiki uzwiho amacenga mu mukino wa Politiki, ashaka kuziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri 2028.

Binavugwa ko ishyaka rya Tshisekedi ari ryo riri inyuma y’uku kwegura kwe, nyuma yo kumenya uyu mugambi afite wo kuziyamamaza, ndetse ko ashobora kuzitambika umugambi wo guhindura itegeko Nshinga ufitwe na Perezida.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Nyamasheke: Batekereza kurandura icyayi bitewe n’uruganda rutinda kubishyura bikabatera ubukene

Next Post

Fast Fashion vs. Made in Rwanda: Where Should We Invest?

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Fast Fashion vs. Made in Rwanda: Where Should We Invest?

Fast Fashion vs. Made in Rwanda: Where Should We Invest?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.