Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Bamwe batangiye gusuhuka kubera inzara yabateye batayiteguye bafite abo bayishinja

radiotv10by radiotv10
28/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Bamwe batangiye gusuhuka kubera inzara yabateye batayiteguye bafite abo bayishinja
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu na Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko imbuto y’ibigori bahawe muri gahunda ya ‘Smart Nkunganire’ yanze kwera, none inzara ibageze ahabi, ku buryo hari n’abasuhutse.

Aba baturage bavuga ko Leta yabahaye imbuto y’ibigori nk’uko bisanzwe, bagahinda biteze ko bazeza, ndetse kuri bamwe ibi bigori biramera, ariko bategereza ko biheka baraheba.

Umwe yagize ati “Imbuto ikizamuka mu butaka bikiri bito byari bimeze neza ari umukara bisa neza bwite ari byiza, ariko bigeze hejuru bitangira kujya bigenda binyunyuka, bihita byanga burundu.”

Undi ati “Bamwe bahumiye kuri iyo mbuto nziza bo uri kubona ibigori byabo byataramye, naho abahumiye kuri iyo mbuto mbi uri kubona wapi binari hasi byanze kurenga ku iyogi.”

Abaturage bo mu Murenge wa Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro bavuga ko na bo bahuye n’iki kibazo, bavuga ko cyatumye bugarizwa n’amapfa ku buryo hari n’abasuhutse.

Ufite umuturanyi we wahunze inzara, yagize ati “Hano haruguru y’iwanjye hari umuhungu witwa Rukara, umuhungu wa Kadodo ubukene bwaramufashe bitewe no kubura icyo kurya kuko ntacyo yasarure aravuga ati ‘ntabwo nakomeza kwicirwa n’inzara aha ngaha’ afatiraho aragenda.”

Beretse umunyamakuru ingo za bamwe mu basuhutse

Uyu muturage wagiye no kwereka umunyamakuru aho uyu mugenzi we yari atuye, yakomeje agira ari “Ni inzara yamujyanye kubera yahinze ntasarure ahinze ibijumba abona bitazera ngo bimushyikire akiri hano. Dufite nk’inzu eshantu z’abantu bagiye kandi mu Mudugudu umwe.”

Umuyobozi w’ishami ry’Ubuhinzi n’Umutungo Kamere mu Karere ka Rubavu, Jean Claude Murangwabugabo ntiyemera ibivugwa n’aba baturage bo mu Karere ka Rubavu kuko iyo mbuto yanze kwera batazi aho bayikuye.

Yagize “Binyuze muri Smart Nkunganire, umuhinzi ariyandikisha ku mucuruzi w’inyongeramusaruro uzwi na Leta cyangwa se muri ‘Tubura’ akajya kuhafatira imbuto nziza yemewe na Leta yizewe. Umuhinzi waguze imbuto ahantu hizewe ntakibazo ifite.”

Ibigori bahinze bategereje ko biheka baraheba
Bamwe bafashe icyemezo bafunga ingo zabo bajya gushaka iyo bweze

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 9 =

Previous Post

Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Gen.Patrick Nyamvumba na Teta Gisa Rwigema

Next Post

DRCongo&Rwanda: Tshisekedi yagejeje ku muhuza icyo yifuza mbere yo guhura na Perezida Kagame

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo&Rwanda: Tshisekedi yagejeje ku muhuza icyo yifuza mbere yo guhura na Perezida Kagame

DRCongo&Rwanda: Tshisekedi yagejeje ku muhuza icyo yifuza mbere yo guhura na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.