Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Bamwe batangiye gusuhuka kubera inzara yabateye batayiteguye bafite abo bayishinja

radiotv10by radiotv10
28/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iburengerazuba: Bamwe batangiye gusuhuka kubera inzara yabateye batayiteguye bafite abo bayishinja
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu na Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko imbuto y’ibigori bahawe muri gahunda ya ‘Smart Nkunganire’ yanze kwera, none inzara ibageze ahabi, ku buryo hari n’abasuhutse.

Aba baturage bavuga ko Leta yabahaye imbuto y’ibigori nk’uko bisanzwe, bagahinda biteze ko bazeza, ndetse kuri bamwe ibi bigori biramera, ariko bategereza ko biheka baraheba.

Umwe yagize ati “Imbuto ikizamuka mu butaka bikiri bito byari bimeze neza ari umukara bisa neza bwite ari byiza, ariko bigeze hejuru bitangira kujya bigenda binyunyuka, bihita byanga burundu.”

Undi ati “Bamwe bahumiye kuri iyo mbuto nziza bo uri kubona ibigori byabo byataramye, naho abahumiye kuri iyo mbuto mbi uri kubona wapi binari hasi byanze kurenga ku iyogi.”

Abaturage bo mu Murenge wa Nyabirasi mu Karere ka Rutsiro bavuga ko na bo bahuye n’iki kibazo, bavuga ko cyatumye bugarizwa n’amapfa ku buryo hari n’abasuhutse.

Ufite umuturanyi we wahunze inzara, yagize ati “Hano haruguru y’iwanjye hari umuhungu witwa Rukara, umuhungu wa Kadodo ubukene bwaramufashe bitewe no kubura icyo kurya kuko ntacyo yasarure aravuga ati ‘ntabwo nakomeza kwicirwa n’inzara aha ngaha’ afatiraho aragenda.”

Beretse umunyamakuru ingo za bamwe mu basuhutse

Uyu muturage wagiye no kwereka umunyamakuru aho uyu mugenzi we yari atuye, yakomeje agira ari “Ni inzara yamujyanye kubera yahinze ntasarure ahinze ibijumba abona bitazera ngo bimushyikire akiri hano. Dufite nk’inzu eshantu z’abantu bagiye kandi mu Mudugudu umwe.”

Umuyobozi w’ishami ry’Ubuhinzi n’Umutungo Kamere mu Karere ka Rubavu, Jean Claude Murangwabugabo ntiyemera ibivugwa n’aba baturage bo mu Karere ka Rubavu kuko iyo mbuto yanze kwera batazi aho bayikuye.

Yagize “Binyuze muri Smart Nkunganire, umuhinzi ariyandikisha ku mucuruzi w’inyongeramusaruro uzwi na Leta cyangwa se muri ‘Tubura’ akajya kuhafatira imbuto nziza yemewe na Leta yizewe. Umuhinzi waguze imbuto ahantu hizewe ntakibazo ifite.”

Ibigori bahinze bategereje ko biheka baraheba
Bamwe bafashe icyemezo bafunga ingo zabo bajya gushaka iyo bweze

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Gen.Patrick Nyamvumba na Teta Gisa Rwigema

Next Post

DRCongo&Rwanda: Tshisekedi yagejeje ku muhuza icyo yifuza mbere yo guhura na Perezida Kagame

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Nyuma yuko Urwego rwa Leta rwinjiye mu bibazo bya Rayon indi kipe yarwiyambaje
FOOTBALL

Nyuma yuko Urwego rwa Leta rwinjiye mu bibazo bya Rayon indi kipe yarwiyambaje

by radiotv10
26/11/2025
0

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo&Rwanda: Tshisekedi yagejeje ku muhuza icyo yifuza mbere yo guhura na Perezida Kagame

DRCongo&Rwanda: Tshisekedi yagejeje ku muhuza icyo yifuza mbere yo guhura na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko Urwego rwa Leta rwinjiye mu bibazo bya Rayon indi kipe yarwiyambaje

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.