Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20 cyegukanywe n’Igihugu cyakoze amateka ya mbere

radiotv10by radiotv10
12/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20 cyegukanywe n’Igihugu cyakoze amateka ya mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Uruguay cyatsinze u Butaliyani mu mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20, cyegukana iki gikombe ku nshuro yacyo ya mbere.

Kuri iki Cyumweru, ni bwo Uruguay yatsinze u Butaliyani igitego 1-0, batwara igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 20.

Iyi kipe y’igihugu ya Uruguay, bita “La Celeste”, ikaba yahagaritse u Butaliyani, bwari bumaze imikino 4 yikurikiranya budatsindwa.

Luciano Rodriguez Rosales, w’imyaka 19, usanzwe ukinira ikipe y’iwabo yitwa “Liverpool Montevideo”, ni we watsinze igitego kimwe rukumbi cyabonetse ku munota wa 86’, akaba yagitsindishije umutwe, bituma Uruguay, yari yihariye umukino, itsindira u Butaliyani ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 20.

Abafana barenga ibihumbi 40, biganjemo ab’Igihugu cya Uruguay dore ko iri rushanwa ry’igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20 ryaberaga mu Gihugu cya Argentine, gihana imbibi na Uruguay, ni bo bari bitabiriye umukino waberaga kuri Stade yitiriwe Nyakwigendera Diego Armando Maradona, aho n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi “FIFA”, Gianni Infantino, ari umwe mu bari bitabiriye.

Ikipe y’igihugu ya Uruguay y’abatarengeje imyaka 20, itozwa na Marcelo Carlo Broli Gorgoroso, naho Captain wayo akaba Fabricio Diaz Badaracco, na we ukinira Liverpool Montevideo,  yatwaye igikombe cy’isi ahanini ibikesha ubwugarizi bukomeye dore ko mu irushanwa ryose, yinjijwe ibitego 3 byonyine, batsinzwe n’u Bwongereza mu matsinda.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 1 =

Previous Post

Nigeria: Perezida wakiriwe n’ikibazo cy’ingutu cy’abaturage bwa mbere yakivuzeho

Next Post

Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo umugore bakoresheje amayeri adasanzwe batwaye ibitemewe

Related Posts

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

by radiotv10
23/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe imisifurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yatangaje ibyemezo bishya bifitanye isano n’imikino ibiri ya Shampiyona iheruka...

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

by radiotv10
22/10/2025
0

Rugema Jocyline bakunze kwita 'Mado' yeguye ku mwanya w’ubunyamabanga muri Fan Base ya Rayon Sports FC, urwego ruhurije hamwe za...

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

by radiotv10
22/10/2025
0

Nyuma yuko Umujyi wa Kigali wakiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare, uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda ugiye no kwakira ibirori byo guhemba...

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

by radiotv10
21/10/2025
0

Rutahizamu Erling Haaland ukinira ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, yaguze imodoka nshya yo mu bwoko bwa Lamborghini ifite...

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

by radiotv10
22/10/2025
0

Ikipe ya  Mukura Victory Sports & Loisir yandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERAFA) isaba ko hakorwa isuzumwa ku misifuriye...

IZIHERUKA

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8
IBYAMAMARE

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

by radiotv10
23/10/2025
0

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

23/10/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

23/10/2025
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

23/10/2025
Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

23/10/2025
Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

23/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo umugore bakoresheje amayeri adasanzwe batwaye ibitemewe

Uko hakozwe operasiyo yo gufata abarimo umugore bakoresheje amayeri adasanzwe batwaye ibitemewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.