Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Mugiye mukiri bato kandi tukibakeneye- Minisitiri w’Umuco mu bashenguwe n’urupfu rwa Buravan na Yanga

radiotv10by radiotv10
18/08/2022
in IMYIDAGADURO
0
Mugiye mukiri bato kandi tukibakeneye- Minisitiri w’Umuco mu bashenguwe n’urupfu rwa Buravan na Yanga
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi yababajwe n’urupfu rw’Umuhanzi Yvan Buravan na Nkusi Thomas [Yanga] wamenyekanye mu Gasobanuye.

Tariki 17 Kanama 2022, ni umunsi utazibagirana mu mateka y’uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, wabaye uw’agahinda kubera itabaruka ry’abantu babiri bari bafite izina rizwi cyane.

Mu masaha y’igicukuru ahagana saa saba z’ijoro kuri uyu munsi tariki 17 Kanama, ni bwo inkuru y’incamugongo yageze mu matwi ya benshi ko umuhanzi Yvan Buravan wari umaze iminsi arwaye, yitabye Imana.

Ni ijoro ryabaye ribi kuri benshi aka wa mugani ngo “nibara uwariraye” kuko mu basanzwe baziranye n’uyu muhanzi, abagohetse muri iri joro ari mbarwa.

Ubwo bari bakomeje kwegekwa n’agahinda kubera kubura umuhanzi Buravan, mu masaha ya nyuma ya saa sita, byabaye nka wa Munyarwanda wagize ati “Agahinda gashira akandi ari ibagara” manze indi nkuru y’incamugongo yongeye gutaha i Rwanda ko Nkusi Thomas wamenyekanye nka Yanaga, na we yitabye Imana aho we yatabarukiye muri Afurika y’Epfo.

Abari bakomeze kwihanganisha umuryango wa Buran, bahise batangira kongeramo n’umuryango wa Yanga.

Kuva ku bafana, abahanzi, abanyamakuru, abakinnyi ba film, abanyapolitiki, abaminisitiri kugeza kuri Ba Ambasaderi ndetse n’ibigo mpuzamahanga n’ibitangazamakuru mpuzamaganga, bose bakomeje kugaragaza agahinda k’itabaruka ry’aba banyarwanda bari bafite izina rikomeye.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi unayobora Minisiteri ifite mu nshingano uruganda rw’imyidagaduro, na we ari mu bashenguwe n’urupfu rw’aba Banyarwanda.

Mu butumwa yanyuijije kuri Twitter, yagize ati “Mbega umubabaro! Burabyo Yvan (BURAVAN) na NKUSI Thomas (Yanga) mugiye mukiri bato kandi tukibakeneye.”

Yakomeje agira ati “Tubashimiye umusanzu wanyu mu kubaka Igihugu cyacu no gutuma Abanyarwanda bishima. Imana ibahe iruhuko ridashira kandi ikomeze abasigaye.”

Minisitiri w’Urubyiruko n’umuco yasabiye Buravan na Yanga kuruhukira mu mahoro

Hon Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco ushinzwe umuco, wari unamaze n’igihe atagira ubutumwa anyuza kuri Twitter, na we yagaragaje agahinda k’itabaruka rya Buravan.

Yagize ati “Utabarutse atutira aba yujuje. Ruhukira mu mahoro Mukaragandekwe, icyo watumye indekwe yawe n’umurage uzaranda mu Rwanda umu. Urazindutse nshuti yacu, ayacu ashize ivuga.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney na we yagize ati “Ruhukira mu mahoro muvandimwe Buravan. Ugiye kare cyane. Dutakaje Intwari muri Muzika.”

Ambasaderi Willy Nyamitwe uhagarariye u Burundi mu Bihugu binyuranye birimo Ethiopia na Chad na we mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Mbabajwe cyane n’itabaruka rya Yvan Buravan umwe mu bahanzi beza bo mu Rwanda uzakumburwa. Umutima wanjye wifatanyije n’abahanzi bo muri Afurika y’Iburasirazuba muri iki gihe cy’akababaro.”

Ku mbuga nkoranyambaga kandi, abantu mu ngeri zitandukanye bakomeje gusabira aba bantu bombi kuruhukira mu mahoro kandi banihanganisha imiryango yabo.

Nyakwigendera Buravan Imana imwakire mu bayo
Yanga yamenyekanye cyane mu gusobanura film

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − one =

Previous Post

Mu muziki akunda Vestine&Dorcas, muri ruhago afana Real Madrid,…-Ibiteye amatsiko kuri Guverineri Kayitesi

Next Post

Musanze: Ikamyo iravugwaho guteza impanuka yakomerekeyemo abana 2 ikikomereza ikagarurwa n’imodoka ya RDF

Related Posts

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda unazwi mu mwuga w’itangazamakuru, yagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka
AMAHANGA

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Ikamyo iravugwaho guteza impanuka yakomerekeyemo abana 2 ikikomereza ikagarurwa n’imodoka ya RDF

Musanze: Ikamyo iravugwaho guteza impanuka yakomerekeyemo abana 2 ikikomereza ikagarurwa n’imodoka ya RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.