Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Mugiye mukiri bato kandi tukibakeneye- Minisitiri w’Umuco mu bashenguwe n’urupfu rwa Buravan na Yanga

radiotv10by radiotv10
18/08/2022
in IMYIDAGADURO
0
Mugiye mukiri bato kandi tukibakeneye- Minisitiri w’Umuco mu bashenguwe n’urupfu rwa Buravan na Yanga
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi yababajwe n’urupfu rw’Umuhanzi Yvan Buravan na Nkusi Thomas [Yanga] wamenyekanye mu Gasobanuye.

Tariki 17 Kanama 2022, ni umunsi utazibagirana mu mateka y’uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, wabaye uw’agahinda kubera itabaruka ry’abantu babiri bari bafite izina rizwi cyane.

Mu masaha y’igicukuru ahagana saa saba z’ijoro kuri uyu munsi tariki 17 Kanama, ni bwo inkuru y’incamugongo yageze mu matwi ya benshi ko umuhanzi Yvan Buravan wari umaze iminsi arwaye, yitabye Imana.

Ni ijoro ryabaye ribi kuri benshi aka wa mugani ngo “nibara uwariraye” kuko mu basanzwe baziranye n’uyu muhanzi, abagohetse muri iri joro ari mbarwa.

Ubwo bari bakomeje kwegekwa n’agahinda kubera kubura umuhanzi Buravan, mu masaha ya nyuma ya saa sita, byabaye nka wa Munyarwanda wagize ati “Agahinda gashira akandi ari ibagara” manze indi nkuru y’incamugongo yongeye gutaha i Rwanda ko Nkusi Thomas wamenyekanye nka Yanaga, na we yitabye Imana aho we yatabarukiye muri Afurika y’Epfo.

Abari bakomeze kwihanganisha umuryango wa Buran, bahise batangira kongeramo n’umuryango wa Yanga.

Kuva ku bafana, abahanzi, abanyamakuru, abakinnyi ba film, abanyapolitiki, abaminisitiri kugeza kuri Ba Ambasaderi ndetse n’ibigo mpuzamahanga n’ibitangazamakuru mpuzamaganga, bose bakomeje kugaragaza agahinda k’itabaruka ry’aba banyarwanda bari bafite izina rikomeye.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi unayobora Minisiteri ifite mu nshingano uruganda rw’imyidagaduro, na we ari mu bashenguwe n’urupfu rw’aba Banyarwanda.

Mu butumwa yanyuijije kuri Twitter, yagize ati “Mbega umubabaro! Burabyo Yvan (BURAVAN) na NKUSI Thomas (Yanga) mugiye mukiri bato kandi tukibakeneye.”

Yakomeje agira ati “Tubashimiye umusanzu wanyu mu kubaka Igihugu cyacu no gutuma Abanyarwanda bishima. Imana ibahe iruhuko ridashira kandi ikomeze abasigaye.”

Minisitiri w’Urubyiruko n’umuco yasabiye Buravan na Yanga kuruhukira mu mahoro

Hon Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco ushinzwe umuco, wari unamaze n’igihe atagira ubutumwa anyuza kuri Twitter, na we yagaragaje agahinda k’itabaruka rya Buravan.

Yagize ati “Utabarutse atutira aba yujuje. Ruhukira mu mahoro Mukaragandekwe, icyo watumye indekwe yawe n’umurage uzaranda mu Rwanda umu. Urazindutse nshuti yacu, ayacu ashize ivuga.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Hon Gatabazi Jean Marie Vianney na we yagize ati “Ruhukira mu mahoro muvandimwe Buravan. Ugiye kare cyane. Dutakaje Intwari muri Muzika.”

Ambasaderi Willy Nyamitwe uhagarariye u Burundi mu Bihugu binyuranye birimo Ethiopia na Chad na we mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Mbabajwe cyane n’itabaruka rya Yvan Buravan umwe mu bahanzi beza bo mu Rwanda uzakumburwa. Umutima wanjye wifatanyije n’abahanzi bo muri Afurika y’Iburasirazuba muri iki gihe cy’akababaro.”

Ku mbuga nkoranyambaga kandi, abantu mu ngeri zitandukanye bakomeje gusabira aba bantu bombi kuruhukira mu mahoro kandi banihanganisha imiryango yabo.

Nyakwigendera Buravan Imana imwakire mu bayo
Yanga yamenyekanye cyane mu gusobanura film

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 5 =

Previous Post

Mu muziki akunda Vestine&Dorcas, muri ruhago afana Real Madrid,…-Ibiteye amatsiko kuri Guverineri Kayitesi

Next Post

Musanze: Ikamyo iravugwaho guteza impanuka yakomerekeyemo abana 2 ikikomereza ikagarurwa n’imodoka ya RDF

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Ikamyo iravugwaho guteza impanuka yakomerekeyemo abana 2 ikikomereza ikagarurwa n’imodoka ya RDF

Musanze: Ikamyo iravugwaho guteza impanuka yakomerekeyemo abana 2 ikikomereza ikagarurwa n’imodoka ya RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.