• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Burundi bwakiriye inkuru y’akababaro n’urujiro kuri Ambasaderi wabwo mu Misiri

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Burundi bwakiriye inkuru y’akababaro n’urujiro kuri Ambasaderi wabwo mu Misiri
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bukuru bw’u Burundi, bwagaragaje akababaro bwatewe n’urupfu rw’uwari uhagarariye iki Gihugu mu Misiri, Sheikh Rachid Malachie Niragira, basanze mu nzu yapfuye.

Inkuru y’urupfu rwa Nyakwigendera Sheikh Rachid Malachie Niragira wabonetse mu nzu aho yabaga i Cairo mu Misiri yapfuye, yagarutsweho kuri iki Cyumweru tariki 09 Nyakanga 2023, ariko amakuru avuga ko yapfuye ku wa Gatandatu.

Abayobozi mu nzego nkuru z’u Burundi barimo na Perezida wa Repubulika, Evariste Ndayishimiye, bagize icyo bavuga ku rupfu rwa nyakwigendera, bagaragaza agahinda batewe na rwo.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, bwanditse mu Kirundi twagenekereje mu Kinyarwanda, Perezida Ndayishimiye yagize ati “Twakiranye agahinda kenshi urupfu rw’uhagarariye u Burundi mu Gihugu cya Misiri. Dufashe mu mugongo umuryango we, inshuti n’abavandimwe be.”

Perezida Ndayishimiye yasoje ubutumwa bwe asabira nyakwigendera Ambasaderi Rachid Malachie Niragira, kuruhukira mu mahoro.

Amakuru yamenyekanye, avuga ko uwakoreraga nyakwigendera Ambasaderi Rachid Malachie Niragira mu rugo iwe, ari we wamusanze mu cyumba cye yitabye Imana, akamenyesha inzego.

Nyakwigendera yari amaze imyaka ibiri (2) agizwe Ambasaderi w’u Burundi mu Misiri, kuko yatangiye izi nshingano muri Mata 2023.

Ukuriye Dipolomasi y’u Burundi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Albert Shingiro na we yagarutse ku rupfu rwa nyakwigendera, witabye Imana ku wa Gatandatu tariki 08 Nyakanga 2023.

Albert Shingiro yavuze ko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga “Ifashe uyu mwanya ngo ifate mu mugongo umuryango wa nyakwigendera.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Barashinja Akagari kuba nyirabayazana y’ibishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Next Post

Perezida Kagame i Bahamas yitabiriye ibikorwa birimo n’ibyo yaherewemo ishimwe ry’icyubahiro (AMAFOTO)

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Perezida Kagame i Bahamas yitabiriye ibikorwa birimo n’ibyo yaherewemo ishimwe ry’icyubahiro (AMAFOTO)

Perezida Kagame i Bahamas yitabiriye ibikorwa birimo n’ibyo yaherewemo ishimwe ry'icyubahiro (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.