Thursday, August 6, 2026
RW|EN
SIPORO

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yatomboranye n’iyo muri DRCongo mu mikino Nyafurika

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yatomboranye n’iyo muri DRCongo mu mikino Nyafurika

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC yisanze izahura na Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ijonjora rya mbere mu mikino nyafurika CAF Champions League.

Ni tombola yabaye kuri uyu wa Kane tariki 06 Kanama 2026 i Cairo mu Misiri, ku cyicaro Gikuru cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda CAF.

Ni tombola kandi yayobowe n’umunyabigwi mu mupira w’amaguru mu Rwanda, Karekezi Olivier wakiniye amakipe arimo iyi y’Ingabo z’u Rwanda ya APR, nyuma akaza kwerecyeza ku Mugabane w’u Burayi.

Ikipe ya Les Aigles du Congo izahura na APR FC mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League, yabaye iya kabiri muri shampiyona ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umukino ubanza hagati y’aya makipe uzabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hagati ya tariki 04 n’ 06 Nzeri, naho uwo kwishyura ubere mu Rwanda hagati yo ku ya 11 na 13 Nzeri 2026.

Ikipe izarenga iri jonjora ry’ibanze izahura n’izaba yasereye indi hagati y’ikipe ya AS Port yo muri Djibouti ndetse na Zamalek SC yo mu Misiri

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =