Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
17/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Macky Sall yageze mu Rwanda nyuma y’icyumweru aganiriye na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Senegal, Macky Sall uherutse kugirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame, yageze i Kigali mu ruzinduko yatangiye mu Rwanda, anitabiriyemo inama mpuzamahanga iri kuhabera.

Macky Sall yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023. Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, banagiranye ibiganiro.

Uyu Mukuru w’Igihugu cya Senegal, biteganyijwe ko muri uru ruzinduko agiriye mu Rwanda, azanitabira Inama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’abari n’abategarugori mu iterambere, iri kubera i Kigali.

Mu minsi icumi ishize, tariki 04 Nyakanga, Perezida Macky Sall yari yahuye na Perezida Paul Kagame ubwo umukuru w’u Rwanda yerecyezaga mu Birwa bya Bahamas yitabiriye isabukuru y’ubwigenge bw’iki Gihugu.

Icyo gihe Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bya Senegal byari byatangaje ko “Perezida Macky Sall yaje ku Kibuga cy’Indege cyitiriwe Léopold Sedar Senghor mu masaha y’umugoroba kugira ngo yakire mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame.”

Macky Sall kandi aje mu Rwanda asanga Perezida wa Hungary, Madamu Katalin Novák wanakiriye na mugenzi we Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru bakanagirana ibiganiro, ndetse bakanaganira n’itangazamakuru.

Madamu Katalin Novák na we wanitabiriye iyi nama y’uruhare rw’umugore mu iterambere, agiriye uruzinduko rwa mbere ku Mugabane wa Afurika, yavuze ko impamvu yahisemo kubanziriza ku Rwanda, ari ukugira ngo yihere ijisho iterambere ryarwo n’uburyo rwabashije kwikura mu majye rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu rukaba ari Igihugu ntangarugero hose.

Perezida Macky Sall ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege
Yanaganiriye na Minisitiri Biruta
Mu minsi micye ishize yari yahuye na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Mu mikino n’abaturanyi: U Rwanda rwahaye isomo DRCongo ariko Uganda iraruhagama

Next Post

Muhanga: Urujijo ku musore basanze yapfuye nyuma yo kuva mu birori

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Urujijo ku musore basanze yapfuye nyuma yo kuva mu birori

Muhanga: Urujijo ku musore basanze yapfuye nyuma yo kuva mu birori

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.