Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya icyazamuye izindi mpungenge muri gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda yo kohereza abimukira

radiotv10by radiotv10
15/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya icyazamuye izindi mpungenge muri gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda yo kohereza abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo ya bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza yahawe ishingano zo gusesengura amasezerano ya Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda, agamije kohereza mu Rwanda abimukira, yavuze ko adashoboka, inagaragaza impamvu ibona adakwiye.

Itsinda ry’Abashingamategeko 12 mu mitwe yombi y’Inteko y’u Bwongereza ryahawe umukoro wo gusesengura imiterere y’amasezerano amaze imyaka ibiri hagati y’u Rwanda n’Igihugu cyabo, nyuma y’uko imitwe yombi yari imaze gufata icyemezo ku masezerano avuguruye aherutse gusinywa.

Ni nyuma y’uko tariki 17 Mutarama 2024, Umutwe w’Abadepite [House of Commons], utoye wemera aya amasezerano, ariko nyuma y’iminsi micye umutwe wa ‘House of Lords’ [ugereranywa n’Abasenateri], wo watoye ko iyi gahunda iba ihagaze hakagira ibibanza gusobanurwa.

Iri tsinda rihuriweho n’imitwe yombi ry’abantu 12, nyuma y’uko rikoze isesengura, ryanzuye ko ribona aya masezerano agamije kohereza mu Rwanda abimukira binjiye mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, adashoboka.

Iri tsinda rivuga ko haramutse hemejwe ko abimukira binjira mu Bwongereza mu buryo bunyuranije n’amategeko bafatwa bakurizwa indege zibajyana i Kigali; byaba ari ukuvuguruza amasezerano mpuzamhanga bashyizeho umukono.

Iri tsinda kandi rivuga ko byatuma iki Gihugu cy’u Bwongereza gitakaza ijambo ku meza y’abigisha amahanga uburenganzira bwa muntu.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak yari yariyemeje ko amatora rusange yo mu Gihugu cye ateganyijwe muri Mutarama umwaka utaha wa 2025; agomba gusanga abimukira ba mbere bamenyereye ubuzima bw’i Kigali.

Ibi byatumye abazwa niba nibitagenda uko, azagaruza amafaranga iki Gihugu cye cyahaye u Rwanda muri uyu mugambi w’Ibihugu byombi ugamije kubungabunga ubuzima bw’abimukira n’abashaka ubuhungiro.

Rishi Sunak yirinze kuvuga ikizakurikiraho, ati “Ndashaka ko bagenda, kandi ndimo gukora ibishoboka byose kugira ngo bikunde.”

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame mu kiganiro kigufi aherutse kugirana na BBC, yagize icyo avuga ku mafaranga yahawe u Rwanda, ati “Nibataza, dushobora gusubiza amafaranga.”

Umukuru w’u Rwanda kandi ubwo umunyamakuru yamubazaga impamvu u Rwanda rutakira umwimukira n’umwe kandi rwarakiriye ayo mafaranga, yamusubije agira ati “Baza u Bwongereza. Ni ikibazo cy’u Bwongereza ntabwo ari icy’u Rwanda.” 

Nubwo aya masezerano yakunze guhura n’ibihato byinshi byakomeje kudindiza ishyirwa mu bikorwa ryayo, Guverinoma z’Ibihugu byombi ziracyashimangira ko zizakora ibishoboka byose kugira ngo ashyirwe mu bikorwa.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Haravugwa igikekwaho kuba intandaro y’urupfu rw’umugabo n’umugore we rwagizwemo uruhare n’umwe muri bo

Next Post

Umusaruro u Rwanda rukura mu mabuye y’agaciro wazamutseho 43%: Menya ubwoko bw’ayinjije menshi

Related Posts

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye yivuye inyuma Umudipolomate wayo uherutse gufatirwa muri Bulgarie ari mu modoka itwaye...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we
SIPORO

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

by radiotv10
31/07/2025
0

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusaruro u Rwanda rukura mu mabuye y’agaciro wazamutseho 43%: Menya ubwoko bw’ayinjije menshi

Umusaruro u Rwanda rukura mu mabuye y’agaciro wazamutseho 43%: Menya ubwoko bw’ayinjije menshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.