Saturday, May 24, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kohereza abimukira: Urwego rukomeye mu Bwongereza rwatoye icyemezo kinyuranye n’icyo Abadepite bari bemeje

radiotv10by radiotv10
23/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kohereza abimukira: Urwego rukomeye mu Bwongereza rwatoye icyemezo kinyuranye n’icyo Abadepite bari bemeje
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite mu Bwongereza batoye umushinga wo kohereza abimukira mu Rwanda, umutwe wa ‘House of Lords’ [ugereranywa n’Abasenateri] watoye ko iyi gahunda iba ihagaze hakagira ibibanza gusobanurwa.

Ni itora ryabaye kuri uyu wa Mbere, aho 214 ku 171 batoye ko aya masezerano ya Guverinoma y’u Bwongereza n’iy’u Rwanda, aba yitondewe kugeza igihe Guverinoma yabo izagaragariza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye gikwiye koherezwamo abasaba ubuhungiro.

Nubwo uyu mutwe ugereranywa n’Abasenateri watoye iki cyemezo, ntushobora guhagarika iyi gahunda mu buryo bwa burundu, gusa ushobora kuwutinza kugeza mu gihe cy’umwaka.

Uyu mutwe wa ‘House of Lords’ watoye icyemezo cyo kuba hahagaritswe iyi gahunda nyuma y’uko umutwe wa ‘House of Commons’ wo wari wawemeje ku wa Gatatu w’icyumweru gishize.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak we akomeje kuvuga ko iyi gahunda ntakigomba kuyihagarika ndetse ko azakora ibishoboka byose ngo abimukira ba mbere bazoherezwe mu Rwanda muri uyu mwaka.

Sunak yatangije uyu mugambi nyuma y’uko umwaka ushize, Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bwongereza rutesheje agaciro amasezerano ya mbere, aho rwavuze ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye cyakoherezwamo abimukira bava muri kiriya Gihugu.

Gusa u Rwanda rwamaganye iyi ngingo yari mu cyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga ko rudatekanye, ruvuga ko ibipimo bishyirwa hanze n’imiryango mpuzamahanga iteka bigaragaza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye kandi gifata neza impunzi n’abakigana bose.

Iki cyemezo cyakurikiwe no kuvugurura aya masezerano, ari na yo ari kuganirwaho mu Nteko y’u Bwongereza, aho Guverinoma zombi zari zasubije impungenge zose zagaragajwe n’Urukiko rw’Ikirenga.

Mu cyumweru gishize ubwo Perezida Paul Kagame yari i Davos mu Busuwisi, yabwiye BBC ko igihe abimukira batakoherezwa, u Rwanda rushobora kuzasubiza amafaranga rwahawe n’u Bwongereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + six =

Previous Post

America igiye kongera kuguyaguya Afurika nyuma yo kubona ko ikomeje kuyipakurura

Next Post

Nushaka ko turwana tuzarwana-Perezida Kagame yasubije abazana ku Rwanda amategeko yabo

Related Posts

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

by radiotv10
23/05/2025
0

Umunyapolitiki Gaston Sindimwo wabaye Visi Perezida w’u Burundi ku buyobozi bwa Pierre Nkurunziza, yavuze ko ubwo umubano w’iki Gihugu n’u...

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

by radiotv10
23/05/2025
0

Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa, Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, ku buryo...

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

by radiotv10
22/05/2025
0

Nyuma yuko Augustin Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRC akatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato, hazamutse impaka, z’ababishyigikiye...

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

by radiotv10
21/05/2025
0

Nyuma yuko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ashyize mu kihuruko cy’izabukuru, Lieutenant General de Police Gervais Ndirakobuca atarageza igihe cyo...

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

by radiotv10
21/05/2025
0

Augustin Matata Ponyo wagize imyanya mu nzego zo hejuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Intebe,...

IZIHERUKA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho
AMAHANGA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

by radiotv10
23/05/2025
0

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

23/05/2025
AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

23/05/2025
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

23/05/2025
U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

23/05/2025
Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

23/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nushaka ko turwana tuzarwana-Perezida Kagame yasubije abazana ku Rwanda amategeko yabo

Nushaka ko turwana tuzarwana-Perezida Kagame yasubije abazana ku Rwanda amategeko yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.