• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kohereza abimukira: Urwego rukomeye mu Bwongereza rwatoye icyemezo kinyuranye n’icyo Abadepite bari bemeje

radiotv10by radiotv10
23/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kohereza abimukira: Urwego rukomeye mu Bwongereza rwatoye icyemezo kinyuranye n’icyo Abadepite bari bemeje
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite mu Bwongereza batoye umushinga wo kohereza abimukira mu Rwanda, umutwe wa ‘House of Lords’ [ugereranywa n’Abasenateri] watoye ko iyi gahunda iba ihagaze hakagira ibibanza gusobanurwa.

Ni itora ryabaye kuri uyu wa Mbere, aho 214 ku 171 batoye ko aya masezerano ya Guverinoma y’u Bwongereza n’iy’u Rwanda, aba yitondewe kugeza igihe Guverinoma yabo izagaragariza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye gikwiye koherezwamo abasaba ubuhungiro.

Nubwo uyu mutwe ugereranywa n’Abasenateri watoye iki cyemezo, ntushobora guhagarika iyi gahunda mu buryo bwa burundu, gusa ushobora kuwutinza kugeza mu gihe cy’umwaka.

Uyu mutwe wa ‘House of Lords’ watoye icyemezo cyo kuba hahagaritswe iyi gahunda nyuma y’uko umutwe wa ‘House of Commons’ wo wari wawemeje ku wa Gatatu w’icyumweru gishize.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak we akomeje kuvuga ko iyi gahunda ntakigomba kuyihagarika ndetse ko azakora ibishoboka byose ngo abimukira ba mbere bazoherezwe mu Rwanda muri uyu mwaka.

Sunak yatangije uyu mugambi nyuma y’uko umwaka ushize, Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bwongereza rutesheje agaciro amasezerano ya mbere, aho rwavuze ko u Rwanda atari Igihugu gitekanye cyakoherezwamo abimukira bava muri kiriya Gihugu.

Gusa u Rwanda rwamaganye iyi ngingo yari mu cyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga ko rudatekanye, ruvuga ko ibipimo bishyirwa hanze n’imiryango mpuzamahanga iteka bigaragaza ko u Rwanda ari Igihugu gitekanye kandi gifata neza impunzi n’abakigana bose.

Iki cyemezo cyakurikiwe no kuvugurura aya masezerano, ari na yo ari kuganirwaho mu Nteko y’u Bwongereza, aho Guverinoma zombi zari zasubije impungenge zose zagaragajwe n’Urukiko rw’Ikirenga.

Mu cyumweru gishize ubwo Perezida Paul Kagame yari i Davos mu Busuwisi, yabwiye BBC ko igihe abimukira batakoherezwa, u Rwanda rushobora kuzasubiza amafaranga rwahawe n’u Bwongereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 5 =

Previous Post

America igiye kongera kuguyaguya Afurika nyuma yo kubona ko ikomeje kuyipakurura

Next Post

Nushaka ko turwana tuzarwana-Perezida Kagame yasubije abazana ku Rwanda amategeko yabo

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Nushaka ko turwana tuzarwana-Perezida Kagame yasubije abazana ku Rwanda amategeko yabo

Nushaka ko turwana tuzarwana-Perezida Kagame yasubije abazana ku Rwanda amategeko yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.