Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu rubanza rw’ukekwaho kwica uwo yari abereye mukase washenguye benshi habayemo ikintu gitunguranye

radiotv10by radiotv10
10/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
8
Mu rubanza rw’ukekwaho kwica uwo yari abereye mukase washenguye benshi habayemo ikintu gitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo Mukazabarushimana Marie Chantal ukurikiranyweho kwica umwana w’imyaka itanu witwa Akeza Elsie Rutiyomba witabye Imana bikababaza benshi, umunyamategeko wunganiraga uregwa, yavuze atakomeza kumuburanira.

Urupfu rw’uyu mwana Akeza Elsie Rutiyomba rwavuzweho cyane mu ntangiro z’umwaka ushize wa 2022, ubwo yitabaga Imana bivugwa ko bamusanze mu kidomoro cy’amazi, ariko bikaza gukekwa ko yishwe na mukase akamushyiramo ashaka gusibanganya ibimenyetso.

Uyu mwana Akeza Elsie yababaje abatari bacye barimo abari bamuzi n’abatari bamuzi, kubera impano yari afite yo gusubiramo indirimbo z’abahanzi, byumwihariko umuhanzi Meddy wanagaragaje agahinda yatewe n’urupfu rwe.

Mukazabarushimana Marie Chantal akaba mukase w’uyu mwana, yahise atabwa muri yombi akekwaho kugira uruhare muri uru rupfu rw’uyu mwana.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwaburanishje urubanza rw’ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, rwaje gusoma icyemezo cyarwo tariki 02 Gashyantare 2022, rwemeza ko ibyagezweho mu iperereza bigize impamvu zikomeye zituma Mukanzabarushimana Marie Chantal, akekwaho gukora iki cyaha, rwemeza ko aburana afunze by’agateganyo.

Umwaka urashize, uyu Mukanzabarushimana akiburana mu mizi kuri iki cyaha akekwaho ndetse urubanza rwe rukaba rwagombaga gukomeza kuri uyu wa Kane tariki 09 Gashyantare 2023.

Ni urubanza rwagombaga gukomereza mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge aho uregwa yari akurikiranye iburanisha hifashishijwe ikoranabuhanga ari aho afungiye, gusa ntiryabaye kuko umunyamategeko umwunganira, yavuze ko atagishaka gukomeza uru rubanza.

Ubwo yasobanuraga impamvu ituma atakomeza kuburanira uregwa, uyu munyamategeko yavuze ko umukiliya we hari ibyo atubahirije biri mu masezerano bagiranye, gusa yirinda kubijyamo mu mizi.

Urukiko rwabajije uregwa niba yiteguye kuburana atunganiwe, avuga ko atabyiteguye, ndetse binashyigikirwa n’Ubushinjacyaha baburana, bwavuze ko uregwa afite uburenganzira yemererwa n’itegeko bwo kuburana yunganiwe, bityo ko mu gihe adafite umunyamategeko, urubanza rwasubikwa.

Umucamanza yahise asubika urubanza, arushyira mu mezi abiri ari imbere, rukazakomeza tariki 18 Mata 2023.

 

Imigendekere y’iburanisha ku ifunga ry’agateganyo

Mu iburanisha ku ifungwa ry’agateganyo ryabaye tariki 27 Mutarama 2022, Ubushinjacyaha bwagiye bugaruka ku byari byaragezweho mu iperereza, bugaragaza ko byarinbigize impamvu zikomeye zatumaga Mukanzabarushimana akekwaho kwica uriya mwana.

Bwagarutse ku buhamya bw’abatangabuhamya baturanye n’urugo rwapfiriyemo Akeza Elsie Rutiyomba, bavuze ko uyu mubyeyi yatumye umukozi wo mu rugo ahantu kure agamije gushyira mu bikorwa umugambi we.

Bwavuze ko uregwa yatumye umukozi amagi y’amanyarwanda kugira ngo ajye kuyashaka kure ubundi ngo atinde kugira ngo ashyire mu bikorwa uwo mugambi ntawundi muntu uhari.

Umukozi ngo yagarutse nyuma y’isaha yose ariko akinjira mu rugo abisikana na Mukanzabarushimana ariko umukozi ahita atangira guhoza umwana w’uyu mugore ukiri muto wari kurira kuko umubyeyi we yari agiye.

Ngo icyo gihe uyu umukozi yagiye gushaka amazi yo koza uwo mwana ajya kuyareba mu kidomoro ahita asangamo nyakwigendera Akeza yarohamye, ako kanya ahita ahamagara nyirabuja na sebuja.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko inkweto za nyakwigendera zasanzwe imbere y’icyumba cya mukase.

Mu batangabuhamya, hari uwavuze ko Mukanzabarushimana atishimiraga umubano wari hagati y’umugabo we na nyina wa Akeza ku buryo byanatumye yanga nyakwigendera.

Ubwo Mukanzabarushimana yisobanuraga, agaruka ku byo kohereza umukozi kujya guhaha ahantu kure kugira ngo atinde, yavugze ko nyakwigendera yaramutse yanze kurya, bigatuma ahitamo gutuma umukozi ibiryo bidasanzwe nk’amagi y’amanyarwanda n’ibisuguti kugira ngo barebe ko yakwikora ku munwa.

Naho ngo ibyo kuva mu rugo mu gihe umukozi yari akihagera, Mukanzabarushimana yavuze ko yari afite gahunda yo kujya kwivuza ndetse ko n’umugabo we [se wa Akeza] yari ayizi, avuga ko yasohotse mu rugo asize Akeza mu cyumba cye.

Yavuze ko ubwo yari ari gusohoka avugana n’umukozi, Akeza we yari mu cyumba agahita ajya gutega moto akerecyeza ku ivuriro rizwi nko kwa Nyirinkwaya.

Gusa ngo ubwo yari kwa muganga yibutse ko hari umuntu bari bafitanye gahunda yo kumuzanira amafaranga mu rugo, akaza guhamagara umukozi inshuro eshatu ashaka kubimumenyesha ariko ntiyitaba telephone.

Ngo byatumye ahamagara umuturanyi wakundaga kuza mu rugo kugira ngo ajye kumurebera umukozi ubundi bavugane.

Yavuze ko nyuma yahamagawe n’umukozi amubwira ko Akeza yabuze, na we agahita abimenyesha umugabo we ariko nyuma umukozi akongera kumuhamagara amubwira ko asanze Akeza mu kidomoro cy’amazi yarohamye agahita amusaba kumukuramo akamwambika kugira ngo bahite bamujyana kwa muganga.

Ngo yahise ashaka imodoka imutwara akagenda avugana n’umugabo we ngo bahahurire, ageze mu rugo ahasanga abagabo babiri atazi ndetse n’umugabo we aza kuza nyuma.

Urukiko rwabajije Mukanzabarushimana icyo atekereza cyaba cyaragejeje Akeza mu kidomoro, avuga ko na we yabyibajije gusa ngo yarakubaganaga.

Uyu Mukanzabarushimana yahakanye ibyo kuba yarangaga uyu mwana yari abereye mukase kuko yashakanye na se abizi ko yamubyaye ndetse ko n’ubwo yapfuye yari ahamaze iminsi itatu ariko ubusanzwe ngo yakundaga kuhaza.

RADIOTV10

Comments 8

  1. Valens says:
    2 years ago

    Uyumugore bamukanire urumukwiriye
    Mbega umugore wumugome

    RIP 💔😰 Akeza ruhukira mumahoro mwana muto icyonzi cyo nuwo mukaso wakuvukije ubuzima ntamahoro azigera agira.
    Akeza arambabaje 💔💔😰

    Reply
  2. Valens says:
    2 years ago

    Ubundi mbona kugirango ibyaha byindengakamere nkibi kugirango bicike
    Urugero niba icyaha cyubwicanyi kiguhamye uwagikoze nawe yajya yicwa Kandi akicishwa icyo yicishije abandi.
    Nibwo ubwicanyi bwacika.
    Kuko abakora ibyobyaha usanga bo batinya gupfa.

    Reply
  3. Valens Liverpool says:
    2 years ago

    💔💔💔😰

    Reply
  4. Niyikiza Seth says:
    2 years ago

    Uwo mugore utagira umutima naryozwe ibyo yakoze,kwica umwana muto Koko?💔😪

    Reply
  5. Uwera Denyse says:
    2 years ago

    Amaraso nikintu kibi cyane icyongeyeho amaraso y’umuziranenge nk’uriya ababizi barabizi, niba aribyo ntakabuza bizamuhama cyaneko naba Avoca batangiye kumuvaho biramupango🤷

    RIP kibondo😭💔

    Reply
  6. Murindwa Christophe says:
    2 years ago

    Mbega inkuru iteye agahinda!Nari naramaze kubyibagirwa none uyu mwana nongeye kumwibuka.Ariko ubugome Nk’ubu ubukora aba yibwirako bizamugwa amahoro Koko?Inama namugira ni uko uyu mwicanyi yakwicuza agasaba imbabazi Imana ikamubabarira.Naho kugumya kwihagararaho Ntabwo aribyo bizamugira umwere.

    Reply
  7. Nshimiyimana Hussein says:
    2 years ago

    Ubwo bene wabo wabona bamusura ntubwo yaba mushiki wanjye ntamwihakana

    Reply
    • ka says:
      1 year ago

      niyo yaba mama ntaho twaba tugihuriye. namwihakana nkajya mvuga ko ntamuzi.

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − three =

Previous Post

“Murye amanyagwa”, “warahindutse”,…-Ikiganiro cyuzuye amashyengo cyazamuwe na Israel Mbonyi

Next Post

Ubwoba bwatashye umuryango w’umuhanzi wamamaye ku Isi ko yaba agiye gupfa

Related Posts

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ku bw’uruhare rwe mu miyoborere ishyira imbere ubuvugizi...

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwoba bwatashye umuryango w’umuhanzi wamamaye ku Isi ko yaba agiye gupfa

Ubwoba bwatashye umuryango w’umuhanzi wamamaye ku Isi ko yaba agiye gupfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.