Umutoza ukomoka mu Gihugu cy’u Bwongereza, Mark Harrison, yageze mu Rwanda aje gutoza ikipe ya Kiyovu Sports, agasimbura Haringingo Francis werecyeje muri Rayon Sports akaba yaramaze no kuyihesha igikombe.
Uyu Mutoza w’Umwongereza, yageze ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe mu ijoro ryo ku wa 10 Kanama 2026 rishyira tariki ya 11 Kanama.
Uyu mutoza aje kuba umutoza wa Kiyovu Sports, asimbuye Haringingo Francis wagiye muri Rayon Sports guhera mu mikino yo kwishyura y’umwaka ushize w’imikino wa 2025-26. Kuva icyo gihe, Urucaca ntirwigeze rushaka umutoza mukuru, ahubwo rwakomeje gutozwa na Sebarera wari usanzwe muri iyi kipe yambara icyatsi n’umweru.
Mark Harrison yatoje amakipe menshi ku Mugabane wa Afurika kuko yatoje arimo Gor Mahia yo muri Kenya, Golden Arrows na Chippa United zo muri Afurika y’Epfo, Township Rollers FC yo muri Botswana, Harare City FC yo muri Zimbabwe n’izindi.
Kiyovu Sports kandi yamaze guha akazi Omar Rubangura wahoze muri Rutsiro FC, akaba ari we uzungiriza uyu Mwongereza, mu gihe Sebarera (Halilu), wasoje umwaka w’imikino wa 2025-26 ari umutoza mukuru wayo mu buryo bw’agateganyo nyuma y’uko yari imaze gutandukana na Haringingo Francis wagiye muri Rayon Sports, na we azaguma muri coaching staff.
Ubuyobozi bw’Ikipe ya Kiyovu kandi bwongereye amasezerano y’imyaka ibiri umutoza w’abanyezamu, Pascal, ukomoka mu Gihugu cy’u Burundi.


Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10