Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yahungishijwe mu ndege ya gisirikare agenda yihishe mu gice (conteneur) cy’ibiribwa cy’indege ya Gisirikare nyuma yuko hari amakuru y’umugambi w’uko Iran yashakaga kumwica.
Ibi byabaye mu ntangiro z’ukwezi gushize kwa Nyakanga 2026, ubwo yari mu Nama ya OTAN muri Turukiya nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Washington Post.
Iki kinyamakuru kivuga ko nubwo Ibiro bya Trump byari byatangajwe ko yari mu ndege ya Air Force One, ariko yakoresheje indege ya gisirikare mu ibanga kugira ngo ave mu nama ya OTAN muri Turukiya kubera iterabwoba rya Irani.
Bivugwa ko Perezida wa Amerika yihishe mu gice cyagenwe kubikwamo ibiribwa kubera iryo terabwoba rya Iran ryari rigamije kumwica.
Urugendo rwa Perezida wa Amerika rwo kugaruka rwaranzwe n’impinduka ku munota wa nyuma. Donald Trump ntiyafashe Boeing 747 yari yamujyanye muri Turukiya, nyuma yuko hagaragajwe impungenge ku mutekano w’iyi ndege y’impano yavuye muri Qatar, yari igamije gusimbura Air Force One ya kera.
Nk’uko itangazo ryavuga icyo gihe, Perezida yahise yinjira mu ndege ishaje, agenda acunzwe na Camera, kugira ngo ave muri Turukiya. Washington Post ivuga ko umukozi wa Amerika utavuzwe izina, yatangaje ko Donald Trump yakuwe mu ndege mu ibanga rikomeye, akajyanwa mu gice cyagenewe ibiribwa, mbere yo kwinjira mu ndege nto.
Izo ndege eshatu zahise zigera mu Bwongereza. Bivugwa ko yahuye n’abakozi ba White House n’abanyamakuru bari bamuherekeje kugira ngo arangize urugendo rwo gusubira muri Leta Zunze Ubumwe za America mu ndege yatanzwe na Qatar.
Perezida wa Amerika yari yamenyesheje abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social ko yakoresheje Air Force One ya kera kugira ngo icyerekezo gishya cyerekanwe abasirikare b’Abanyamerika bari mu kigo cya gisirikare cya Mildenhall mu Bwongereza, aho byari biteganyijwe guhagarara.
RADIOTV10