Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza rwakangaranyije abamubonye kubera iby’agashinyaguro yakorewe

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in MU RWANDA
14
Muhanga: Urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza rwakangaranyije abamubonye kubera iby’agashinyaguro yakorewe
Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda, bamusanze yapfuye aryamye mu muhanda mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, yakuwemo amaso yanamuciwe ururimi.

Uyu nyakwigendera ni Charles Muhirwe Kororo wari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe gito yimukiye aha bamusanze yapfiriye.

Umurambo wa nyakwigendera Charles Muhirwe Kororo bawusanze mu Mudugudu wa Musengo mu Kagari ka Kivumu, mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko umurambo wa nyakwigendera bawusanze mu muhanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mata 2023.

Yagize ati “Ababonye umurambo we bwa mbere, basanze bamukuyemo amaso ndetse n’ururimi baruciye umutwe.”

Abaturanyi ba nyakwigendera wigishaga muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Nyagatare, bavuga ko yari amaze igihe gito yimukiye aha yaniciwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyeza, Elaste Gakwerere yemereye RADIOTV10 ko aya makuru ari yo ndetse ko muri iki gitondo inzego zaramukiye ahabonetse uyu murambo, zikaba ziri kubikurikirana.

Uyu muyobozi yavuze ko atabasha gutanga amakuru arambuye kuri iki kibazo, kuko ahuze, icyakora yemereye umunyamakuru ko aza kumuha amakuru arambuye, naza guhuguka.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 14

  1. Damas Nd. says:
    3 years ago

    Imana imwakire,twaherukanaga kera apfuye arenganye, Namumenye bwa mbere 1995 aje gukora muri ORINFOR,nyuma ajya muri UNR yigisha muri EPLM,twakomeje kujya duhura mu bihe binyuranye, yagiraga urugwiro ni umuvandikwe wa Mugyema Landouard,wahoze muri RTV, Imana imwakire Kandi namaganye ubwicanyi nkubwo.

    Reply
  2. NTEGEREJIMANA Isaie says:
    3 years ago

    Yoooooo!! Mbega ubugizi bwanabi!!inzego zumutekano zikurikirane abo bagome Kandi nibafatwa bakanirwe urubakwiriye.

    Nihanganishije umuryango we bakomeze gukomera no kwihangana

    Reply
  3. Vincent Niyo says:
    3 years ago

    mvega ibuntu bibabaje nyagasani amwakire kandi akimeze imitima y abasigaye aheza ni mw,ijuru mbega Isi🙉🙉🙉

    Reply
    • Iradukunda says:
      3 years ago

      Inzego zumutekano zigire icyo zidufasha kuko muri Muhanga umutekano umeze nabiii peee😥😥 biteye ubwoba, abo nabo mwumva abo mutumva nibo benshi. Nukuri badufashe bige kumutekano waka Karere.

      Reply
      • VIATEUR HABIMA says:
        3 years ago

        Yewe ndumva bikaze mugihugu cyose
        Noneho hadutse abana ba shitani nabo iyo batakwishe bakugira ikimuga
        I rubavu batumaze badutemagura

        Reply
  4. Nturanyenabo Jean damour says:
    3 years ago

    Igihanocyokwica muzakigarure kuko basigaye batata ngo barafungwa urumva niryo turufu basigaye bagenderaho

    Reply
  5. Pac says:
    3 years ago

    Rest In Paradise Dr Karoro. Mwarimu wanjye guhera 2016 kugeza 2019.

    Reply
  6. NTABANA Joseph says:
    3 years ago

    Mvuka I muhanga ariko Leta nitahitaho hazakorwa nibirenze ibi kuko huzuye ubugome kndi ubuyobozi bwaho buraregeza cyane! Kuko mfite ibimenyetso birenga bitanu byubugone bwaho.

    Reply
  7. Havugabaramye Obed says:
    3 years ago

    RIP My Lecturer , especially in module called Drama in Education

    Reply
  8. Rwabugiri says:
    3 years ago

    Erega hariya nubwo hitwa I Muhanga ntibyavanyeho ko ari I Gitarama iwabo w’aba Paremehutu. N’aho wabatwika mw’itanura ryaka umuliro ntibahinduka kuko nta bwenge bagira, ni Ibihone, ni Ibigoryi, ni abicanyi bonse ingengabitekerezo ya Kayibanda na Peraudin. Bakwiriye kuvugutirwa umuti Kandi birashoboka, ntabwo bizakomeza kuriya….

    Reply
    • Nzayinambaho Eric says:
      3 years ago

      Yego rwose bariya bantu kwica bibari mumaraso wange

      Reply
  9. Yves Munyazikwiye says:
    3 years ago

    May your soul rest in eternal peace my Lecturer! Students of College of education will always remember you because of your kindness, industriousness , sympathy and mercy!

    Reply
  10. Yoramba says:
    3 years ago

    Wowe rwabuhiri+ ucira imanza abantu ngo batwikwe mu itanura ese amateka y,urutare rwa kamegeri urayazi?uzayabaze maze ubone kuvuga ubusa.

    Reply
  11. Vestine says:
    3 years ago

    RIP prof, Nyagasani ufite icyo yakorera abawe basigaye bagakomera abiteho! Inzego z’umutekano zikurikirana abo bagome bakanirwe urubakwiriye! Umuntu ukihimukira Koko! Ubwo bamujijije iki!?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 2 =

Previous Post

Umukinnyi w’igihangange mu ikipe ikomeye yakoze igisa n’imyigaragambyo kubera impamvu itangaje

Next Post

Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

Umutoza wazanywe mu ikipe y’ibigwi bivugwa ko ari umucunguzi yirukanywe ayisize iregetse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.