Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

10 SPORTS: Kevin Mirallas na Jock Stein baravutse, Tiger Woods yararongoye ni nabwo Gasogi United yinjiye icyiciro cya mbere..Ibyaranze uyu munsi

radiotv10by radiotv10
05/10/2021
in SIPORO
0
10 SPORTS: Kevin Mirallas na Jock Stein baravutse, Tiger Woods yararongoye ni nabwo Gasogi United yinjiye icyiciro cya mbere..Ibyaranze uyu munsi
Share on FacebookShare on Twitter

Uyu munsi ni kuwa kabiri tariki ya 05 Ukwakira 2021, ni umunsi wa 278 mu minsi igize umwaka harabura iminsi 87 ngo umwaka urangire, Turi ku wa kabiri wa 40 kuva 2021 yatangira Turi mu cyumweru cya 41 mu byumweru bigize umwaka wa 2021.Ni umunsi mpuzamahanga wahariwe abarimu. Ni umunsi mpuzamahanga wahariwe imiturire.

Ni bande bavutse ku munsi nk’uyu?

1.Kevin Mirallas (1987)

Arsenal: 5 Reasons To Press For Kevin Mirallas Transfer

Yujuje imyaka 34, umubiligi ukina asatira, Gaziantep FK yo muri Turikiya ariko anakinira ikipe y’igihugu y’u Bubiligi.

Kevin Antonio Joel Gislain Mirallas y Castillo yavukiye i Liège mu Bubiligi, yatangiriye umupira w’amaguru muri Lille na Saint Etienne zo mu Bufaransa mbere y’uko yerekeza muri Olympiacos yo mu Bugeleki, aho yatsinze ibitego 34 mu mikino 52 mu mwaka we wa mbere atsinda ibitego 20 mu mikino 25 mu mwaka we wa kabiri, ibi byatumye agurwa na Everton yo mu Bwongereza, ayikinira imyaka irindwi harimo kumutiza muri Olympiacos na Fiorentina agurishwa muri Royal Antwerp aherutse gutandukana nayo,  muri 2019.

Mu ikipe y’igihugu y’u Bubiligi amaze kuyikinira imikino 60 yayitsindiye ibitego 10.

2.Jock Stein(1922)

We must play as if there are no more games, no more tomorrows…” RIP Jock  Stein, gone but never forgotten

Iyo aza kuba akiriho aba yujuje imyaka 99, umunya-Scotland wahoze akina, anatoza umupira w’amaguru muri Celtics y’iwabo, akaba ariwe mutoza wa mbere w’umwongereza watwaye igikombe cyo ku mugabane w’u Burayi.

Uyu mugabo yahesheje Celtics ibikombe 10 bya shampiyona ,European Cup yo mu 1966-67,umunani by’igihugu n’ibindi.

Ni bande bakoze ubukwe ku munsi nk’uyu?

2004 :Tiger Woods , umunyamerika Kabuhariwe mu mukino wa Golf, ku myaka ye 28 yashakanye n’umunyamideli w’umunya-Suède kazi Elin Nordegren, ubukwe bwabereye mu birwa bya Barbados  Kuri Sandy Lane Resort muri St. James.

Ni bande bitabye Imana ku munsi nk’uyu?

2000 : Cătălin Hîldan, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunya-Romania yitabye Imana afite imyaka 24 Ku italiki nk’iyi ya Gatanu Ukwakira mu mwaka w’2000.

Ibihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi:

1887 : Bwa mbere muri Leta zunze ubumwe za Amerika, i Philadelphia hakiniwe irushanwa rya Tennis rikinirwa muri Amerika US open, mu bagore, rikaba ryaregukanywe na Ellen Hansell atsinze Laura Knight amaseti 2-0.

1895: Bwa mbere mu mateka, mu Bwongereza hakiniwe isiganwa ry’amagare, abasiganwa basiganwa n’igihe, isiganwa ryabereye mu majyaruguru y’umujyi wa Londres.

1907: Bwa mbere ishyirahamwe ry’umukino wa Rugby muri Canada ryateguye shampiyona, Montreal itsinda Toronto,amanota  17-8  mu mukino ufungura.

2013 : Nouvelle Zélande yatsinze Afrika y’Epfo amanota 38-27, yegukana sha y’isi ya Rugby idatsinzwe umukino n’umwe.

47 000 spectateurs espérés pour Nouvelle-Zélande - Australie - L'Équipe

2014: Jules Bianchi, umutwazi w’umufaransa, yakoreye impanuka mu isiganwa ry’utumodoka duto twa Formula one ribera mu Buyapani (Japanese F1 Grand prix), aza kwitaba Imana nyuma y’amezi 10,uru nirwo rupfu rw umukinnyi ari mu isiganwa rwa mbere rwari rubaye nyuma y’imyaka 21, Ayrton Senna apfuye mu 1994.

2019: Mu mukino wayo wa mbere muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, Gasogi United yanganyije na Rayon Sports 0-0.

Gasogi United yakinaga umukino wayo wa mbere muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere, yihagazeho igabana amanota na Rayon Sports yari  ifite iki gikombe cya Shampiyona, Gasogi United niyo yari yegukanye igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri.

11 Gasogi United yabanje mu kibuga:Cuzuzo Gael, Kaneza Augustin, Dusabe Jean Claude, Kazindu Bahatu Guy (c), Kwizera Aimable, Byumvuhore Tresor, Yamini Salum, Ndekwe Felix, Tidiane Kone, Herron Berrian na Manasseh Mutatu.

APR na Gorilla, Rayon Sports yakira Gasogi-Uko amakipe azahura mu matsinda  - Kigali Today

11 Rayon Sports yabanje mu kibuga:Kimenyi Yves, Iradukunda Eric Radou, Rutanga Eric (C), Rugwiro Herve, Iragire Saidi, Commodore Olokwowe, Amran Nshimiyimana, Sidibe Oumar, Iranzi Jean Claude, Yannick Bizimana na Sarpong Michael.

Byateguwe na Esther Fifi Uwizera/RadioTV10 ku bufatanya na DSTV

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 13 =

Previous Post

AMAVUBI STARS: 23 TEN SPORTS “Urukiko” rubona bakwiye gusigara ku rupapuro rw’abazahura na Uganda Cranes

Next Post

Milutin Micho yahisemo 25 ba Uganda Cranes bategerejwe i Kigali

Related Posts

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Milutin Micho yahisemo 25 ba Uganda Cranes bategerejwe i Kigali

Milutin Micho yahisemo 25 ba Uganda Cranes bategerejwe i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.