Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Bamwe mu barenze ku nama za Museveni ntibyabagendekeye neza

radiotv10by radiotv10
23/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uganda: Bamwe mu barenze ku nama za Museveni ntibyabagendekeye neza
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ya Uganda yataye muri yombi bamwe mu rubyiruko rwo muri iki Gihugu rwaramukiye mu myigaragambyo rwakoze nyuma y’uko Perezida Yoweri Museveni arugiriye inama yo kutajya muri iyi myigaragambyo kuko byaba bisa no gukina n’umuriro.

Uru rubyiruko rwo muri Uganda rwazindukiye mu myigaragambyo mu mujyi wa Kampala kuri uyu wa Kabiri, aho ruvuga ko igamije kwamagana ruswa ikabije ndetse n’ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu bashinja ubutegetsi bw’iki Gihugu.

Amashusho agaragazwa na televisiyo ya NTV yo muri Uganda, yerekana bamwe mu bari mu mihanda batabwa muri yombi n’inzego z’umutekano ubwo bari mu cyo bise imyigaragambyo y’amahoro basaba ko bamwe mu bagize Guverinoma begura.

Icyakora polisi yo muri iki Gihugu cya Uganda ntiratangaza umubare w’abamaze gutabwa muri yombi bakuwe muri iyi myigaragambyo baramukiyemo.

Mbere y’uko iyi myigaragambyo itangira, inzego z’ubuyobozi zari zaburiye uru rubyiruko ko bishobora kubagiraho ingaruka, ndetse ziranayikumira ariko biba iby’ubusa.

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yari yaburiye uru rubyiruko nyuma y’uko hari hamenyekanye umugambi warwo, aho yarubwiye ko ibyo bashaka kwishoramo ntaho bitaniye no gukinisha umuriro waka.

Abasirikare n’abapolisi boherejwe ku nyubako zikoreramo inzego za Leta ziri hirya no hino mu murwa mukuru i Kampala, zirimo n’Inteko Ishinga Amategeko hagamijwe gukumira abigaragambyaga ko bazisagarira.

Urubyiruko rumwe rwatawe muri yombi
Abigaragambya barasaba ko bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru begura

Inzego z’umutekano zamanutse ngo zihangane n’abigaragambya

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Mu magambo aryohereye umuhanzikazi wakanyujijejo mu rwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we

Next Post

Ethiopia: Imibare mishya y’abahitanywe n’ikiza kidasanzwe yikubye gatatu

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ethiopia: Imibare mishya y’abahitanywe n’ikiza kidasanzwe yikubye gatatu

Ethiopia: Imibare mishya y’abahitanywe n’ikiza kidasanzwe yikubye gatatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.