Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abari inyuma y’ubwiza bwa Kigali bwahogoje benshi bahishuye ikibatera gukorana umutima uhagaze

radiotv10by radiotv10
26/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abari inyuma y’ubwiza bwa Kigali bwahogoje benshi bahishuye ikibatera gukorana umutima uhagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora isuku mu mihanda y’Umujyi wa Kigali, bavuga ko nubwo umusaruro w’ibyo bakora ugaragara, ariko ko aka kazi bagakorana umutima uhagaze kuko baba bashobora kugongwa n’ibinyabiziga biba bitambuka buri kanya, kandi nta bwishingizi bagira bushobora kubagoboka mu kwivuza.

Aba bakora isukuru mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko akazi kano bagakunze, ndetse ko bishimira kuba uyu mujyi bakorera isuku ukomeza kurahirirwa na buri wese kubera isuku baba bagizemo uruhare.

Bavuga ko baba bafite impungenge kuko imihanda birirwamo iba inyuramo ibinyabiziga ndetse rimwe na rimwe biba byihuta, ku buryo baba bafite impungenge ko byabagonga.

Urugero ni umwe muri bo uherutse no kugongwa ari mu kazi, aza kujyanwa kuvurizwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kihali CHUK.

Ati “Namazeyo iminsi itatu ndangije ndataha, namaze icyumweru mu rugo nyuma ngaruka mu kazi. Ubumuga ntibwabura kuko n’ubu mba numva mbabara mu gatuza kuko nagakubise hasi.”

Avuga ko nubwo yagonzwe ari mu kazi, ariko atigeze afashwa kuvuzwa. Ati “Narirwarije, ni njye wivuje. Ubwishingizi burakenewe cyane kuko dukorera mu muhanda uba unyuramo ibinyabiziga.”

Bavuga ko byaba byiza bahawe ubwishingizi bwajya bubagoboka mu gihe bagiriye impanuka mu kazi kuko aka kabo kaba gashobora kubashyira mu kaga isaha n’isaha.

Undi ati “Babuduhaye byaba byiza natwe tukumva ko dufite agaciro nk’Abanyarwanda kuko hari igihe bakungoga ariko waba udafite ubwishingizi ukirwariza, cyangwa wanapfa umuryango wawe ukagira icyo ugenerwa kuko hari benshi barenganiye muri aka kazi.”

Kompanyi zikoresha aba bakozi, zivuga ko bigoye kubaha ubwishingizi kuko amafaranga zihabwa n’Umujyi wa Kigali, aba ari macye ku buryo bakuyemo ay’ubwishingizi ntacyo basigarana.

Hakizimana Jean Claude uyobora Inema Company Itd, imwe mu zikora isuku mu Mujyi wa Kigali, yagize ati “Icyo tubakorera ni ukubatangira mutwelle de sante ariko ubundi bwishingizi ntibirakunda kuko bisaba ikindi kiguzi.”

Akomeza agira ati “Mu buvugizi tubakorera ni uko dusaba abaduha amasoko ngo bajye babyongera mu mafaranga batugenera kugira ngo na bo bajye bakora batekanye kuko impanuka zo zibamo kandi zikunze kugaragara.”

Nubwo nta mibare igaragazwa y’abaguye muri aka kazi cyangwa kakabasigira ubumuga, abakozi n’abayobozi babo, bahuriza ku kuba impanuka nk’izi zikunda kubaho, bagasaba ko icyo kibazo cyakwitabwaho kugira ngo umutekano mu kazi kabo ube wizewe.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + thirteen =

Previous Post

Rusizi: Abagemuriye amashuri ibiribwa bamaze amezi 8 bishyuza bavuze igisubizo bahabwa kitabanyura

Next Post

Rubavu: Insoresore ziyise izina rikanganye ziravugwa ahandi nyuma yo guhashywa aho zari zarazengereje

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ntibumva impamvu badahembwa nyamara amashuri bubatse ubu ari kwigirwamo

Rubavu: Insoresore ziyise izina rikanganye ziravugwa ahandi nyuma yo guhashywa aho zari zarazengereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.