Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abari inyuma y’ubwiza bwa Kigali bwahogoje benshi bahishuye ikibatera gukorana umutima uhagaze

radiotv10by radiotv10
26/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abari inyuma y’ubwiza bwa Kigali bwahogoje benshi bahishuye ikibatera gukorana umutima uhagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora isuku mu mihanda y’Umujyi wa Kigali, bavuga ko nubwo umusaruro w’ibyo bakora ugaragara, ariko ko aka kazi bagakorana umutima uhagaze kuko baba bashobora kugongwa n’ibinyabiziga biba bitambuka buri kanya, kandi nta bwishingizi bagira bushobora kubagoboka mu kwivuza.

Aba bakora isukuru mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko akazi kano bagakunze, ndetse ko bishimira kuba uyu mujyi bakorera isuku ukomeza kurahirirwa na buri wese kubera isuku baba bagizemo uruhare.

Bavuga ko baba bafite impungenge kuko imihanda birirwamo iba inyuramo ibinyabiziga ndetse rimwe na rimwe biba byihuta, ku buryo baba bafite impungenge ko byabagonga.

Urugero ni umwe muri bo uherutse no kugongwa ari mu kazi, aza kujyanwa kuvurizwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kihali CHUK.

Ati “Namazeyo iminsi itatu ndangije ndataha, namaze icyumweru mu rugo nyuma ngaruka mu kazi. Ubumuga ntibwabura kuko n’ubu mba numva mbabara mu gatuza kuko nagakubise hasi.”

Avuga ko nubwo yagonzwe ari mu kazi, ariko atigeze afashwa kuvuzwa. Ati “Narirwarije, ni njye wivuje. Ubwishingizi burakenewe cyane kuko dukorera mu muhanda uba unyuramo ibinyabiziga.”

Bavuga ko byaba byiza bahawe ubwishingizi bwajya bubagoboka mu gihe bagiriye impanuka mu kazi kuko aka kabo kaba gashobora kubashyira mu kaga isaha n’isaha.

Undi ati “Babuduhaye byaba byiza natwe tukumva ko dufite agaciro nk’Abanyarwanda kuko hari igihe bakungoga ariko waba udafite ubwishingizi ukirwariza, cyangwa wanapfa umuryango wawe ukagira icyo ugenerwa kuko hari benshi barenganiye muri aka kazi.”

Kompanyi zikoresha aba bakozi, zivuga ko bigoye kubaha ubwishingizi kuko amafaranga zihabwa n’Umujyi wa Kigali, aba ari macye ku buryo bakuyemo ay’ubwishingizi ntacyo basigarana.

Hakizimana Jean Claude uyobora Inema Company Itd, imwe mu zikora isuku mu Mujyi wa Kigali, yagize ati “Icyo tubakorera ni ukubatangira mutwelle de sante ariko ubundi bwishingizi ntibirakunda kuko bisaba ikindi kiguzi.”

Akomeza agira ati “Mu buvugizi tubakorera ni uko dusaba abaduha amasoko ngo bajye babyongera mu mafaranga batugenera kugira ngo na bo bajye bakora batekanye kuko impanuka zo zibamo kandi zikunze kugaragara.”

Nubwo nta mibare igaragazwa y’abaguye muri aka kazi cyangwa kakabasigira ubumuga, abakozi n’abayobozi babo, bahuriza ku kuba impanuka nk’izi zikunda kubaho, bagasaba ko icyo kibazo cyakwitabwaho kugira ngo umutekano mu kazi kabo ube wizewe.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − fourteen =

Previous Post

Rusizi: Abagemuriye amashuri ibiribwa bamaze amezi 8 bishyuza bavuze igisubizo bahabwa kitabanyura

Next Post

Rubavu: Insoresore ziyise izina rikanganye ziravugwa ahandi nyuma yo guhashywa aho zari zarazengereje

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ntibumva impamvu badahembwa nyamara amashuri bubatse ubu ari kwigirwamo

Rubavu: Insoresore ziyise izina rikanganye ziravugwa ahandi nyuma yo guhashywa aho zari zarazengereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.