Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagore bahishuye uburenganzira bwabo bujya buhonyorwa bazizwa ubundi bemererwa n’amategeko

radiotv10by radiotv10
19/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Abagore bahishuye uburenganzira bwabo bujya buhonyorwa bazizwa ubundi bemererwa n’amategeko

Cropped image of beautiful pregnant business woman using a laptop and holding one hand on her belly while working at home

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bari n’abategarugori bo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko bajya birukanwa mu kazi kuko batwite, babyaye cyangwa bonsa, nyamara ari uburenganzira bemererwa n’amategeko, kuko hari n’abagerageza kubihisha kugira ngo baramire akazi kabo.

Umwe mu baganiriye na RADIOTV10 utashatse ko imyirondoro ye itangazwa, yavuze ko yakoraga mu bijyanye no kwakira abantu, aho yari yakoraga mu ishami ryo kwakira abantu (reception) kuri Hoteli imwe muri Kigali, akaza kwirukanwa ubwo byagaragaraga ko atwite.

Yagize ati “Uwo nari narasimbuye na we bambwiraga ko n’ubundi ari cyo yazize. Mu kwezi kwa kane nahise nsama ntangira kuyihisha kuko nari nzi ko byambera bibi.

Naje kwisanga mu biro by’abayobozi bambaza niba ibyo abakozi bamvugaho ari byo mbanza kumuhakanira ariko nyuma yongeye kuntumaho ndabimwemerera. Kuva icyo gihe rero batangiye kujya banshyira inyuma, banshyiraho amananiza.”

Avuga ko aho amariye kubyara yishyuwe ukwezi kumwe, ubundi bahita bamwirukana.

Ati “Banyishyuye amafaranga y’ukwezi kumwe bari bamfitiye ngo nigendere nta bakozi bandi bakeneye, nyamara nyuma bahise bazana undi unsimbura.”

Iyi nkuru y’uyu mubyeyi, ayisangiye n’abandi bakora mu nzego zimwe na zimwe nko mu mahoteli, mu tubari, no mu bindi bikorwa bisaba ingufu nk’ubwubatsi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ntakiyimana Francois, Umunyamabanga Mukuru wa Sendika COTRAF-Inganda iharanira uburenganzira bw’abakora mu nganda no mu bwubatsi, avuga ko ibibazo nk’ibi bagiye babyakira.

Ati “Twahuye na byo cyane mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, hari umukozi wabyaye bamwima ikiruhuko cyo kubyara kubera ko ngo atasezeranye. Twifuza ko umugenzuzi w’umurimo bakongerwa kandi bagahabwa ubushobbozi bwo gufunga ikigo mu gihe wenda cyagaragayeho kutubahiriza amategeko agenga umurimo.”

Umukozi muri Minisiteri y’Umurimo n’Abakozi ba Leta ushinzwe ibikorwa byubugenzuzi bw’umurirmo, Nkundabakura Karima Javan avuga ko hasanzwe hariho abagenzuzi b’umurimo bakurikirana ibibazo nk’ibi, ariko ko badakunze kugezwaho amakuru ku bibazo nk’ibi kuko hakoreshwa uburyo bwose bikemuka mu bwumvikane kubera uburemere bwabyo.

Ati “Minisiteri igira abakozi bagenzura umurimo mu Turere kandi yabahaye n’ububasha, ahubwo ayo makuru ntatangwa uko bikwiye, rimwe na rimwe ntibigere ku mugenzuzi w’umurimo. Akenshi babihisha mu bundi buryo ku buryo bitagaragara kuko akenshi iyo bigaragaraye kiba cyahindutse icyaha cy’ivangura.”

Itegeko rishya rijyanye n’Ubuzima n’Umutekano ku kazi, rivuga ko umugore wabyaye ahabwa ikiruhuko kingana n’ibyumweru 14, naho umugabo we agahabwa ikiruhuko kingana n’icyumweru yaba abakora mu bigo bya Leta n’iby’abikorera.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Claver Mbonyingingo says:
    11 months ago

    No mu mashuli y’abikorera naho birakorwa,aho usanga umugore amaze nk’imyaka ingahe akora ku kigo runaka,ariko yabyara bagatangira kumwiyenzaho ngo afite diplôme itari iyubwarimu,ukibaza niba aribwo bakibona iyo diplôme mu myaka ine,itanu baribamaze bamukoresha.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 3 =

Previous Post

RADIOTV 10 OPINION: What does it mean for Africa to have seats at UNSC?

Next Post

Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma

Related Posts

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

IZIHERUKA

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru
IMYIDAGADURO

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

by radiotv10
12/08/2025
0

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

12/08/2025
AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

12/08/2025
U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma

Leban: Mu ushyingura abahitanywe n’igitero kidasanzwe habaye ikindi bisa havugwa ababiri inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.