Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’intambara ya Israel na Hezbollah byafashe indi ntera

radiotv10by radiotv10
23/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Iby’intambara ya Israel na Hezbollah byafashe indi ntera
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare Israel cyatangaje ko cyatangiye ibitero bya rutura byo mu kirere ku birindiro by’umutwe wa Hezbollah, biri mu majyepfo ya Liban.

Mu itangazo ryanyujijwe kuri televiziyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024, umuvugizi w’Ingabo za Israel, Daniel Hagari, yatanze impuruza ku baturage batuye hafi y’ibirindiro by’umutwe wa Hezbollah kuhava vuba na bwangu.

Abajijwe niba ingabo za Israel zishobora kwinjira ku butaka bwa Liban byeruye, Umuvugizi w’igisirikare, Daniel Hagari yagize ati “Tuzakora igikenewe cyose kugira ngo abaturage bo mu majyaruguru ya Israel bahunze, basubire mu byabo ni cyo cyihutirwa muri iyi ntambara Israel iri kurwana.”

Hagari avuga ko mu myaka myinshi ishize Hezbollah yakwije intwaro, zirimo na za misile ziraswa kure, mu nzu n’inyubako ziri mu majyepfo ya Liban, asaba abaturage baho kujya kure y’izo nyubako.

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, nibwo Hezbollah yarashe ibisasu byinshi bya misile muri Israel, ndetse Hezbollah ivuga ko yarashe ku birindiro by’ingabo za Israel, ndetse Igisirikare cya Israel cyahise gitangaza ko kizihorera vuba kuri icyo gitero.

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, indege z’intambara za Israel zatangiye ibitero bikomeye ku mijyi iri mu majyepfo ya Liban ndetse ngo bizakomereza mu majyaruguru, nk’uko Umuvugizi w’ingabo za Israel, yabitangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abongerereza Reuters.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Havutse impaka nyuma yuko Minisitiri acyebuye abihebeye ‘Big Energy’ y’umuhanzi Yago itavugwaho rumwe

Next Post

Rubavu: Uko imodoka yari yuzuye inzoga yakoze impanuka n’ibyakurikiye

Related Posts

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
12/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatanze impuruza ku mahanga ko uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruri kwitegura intambara yeruye,...

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
12/08/2025
0

Amahanga yamaganye icyemezo cya Guverinoma ya Israel cyo kwigarurira Intara ya Gaza nubwo iki Gihugu kivuga ko ari byo byonyine...

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

by radiotv10
11/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko ribabajwe bikomeye no kuba uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha ruri kwinjiza mu gisirikare abana bato rukabajyana...

Haravugwa umugambi wafungishije abasirikare barimo Abajenerali muri Mali iyobowe n’igisirikare

Haravugwa umugambi wafungishije abasirikare barimo Abajenerali muri Mali iyobowe n’igisirikare

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutegetsi bwa Mali buri mu maboko y’igisirikare, bwataye muri yombi abasirikare benshi barimo Abajenerali bakekwaho umugambi wo gushaka kubuhirika. Aba...

Haramaganwa iyicwa ry’abanyamakuru bahitanywe n’igitero cy’indege ya Israel barimo uwari watewe ubwoba

Haramaganwa iyicwa ry’abanyamakuru bahitanywe n’igitero cy’indege ya Israel barimo uwari watewe ubwoba

by radiotv10
11/08/2025
0

Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera barimo Anas Al Sharif wigeze guterwa ubwoba na Israel imushija gukorana n’umutwe wa Hamas, bahitanywe...

IZIHERUKA

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion
IMYIDAGADURO

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

by radiotv10
12/08/2025
0

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

12/08/2025
U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

12/08/2025
Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Uko imodoka yari yuzuye inzoga yakoze impanuka n’ibyakurikiye

Rubavu: Uko imodoka yari yuzuye inzoga yakoze impanuka n’ibyakurikiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s dance revolution: From Amaraba to Afro-Fusion

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.