Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umukecuru w’imyaka 80 yitinyutse ajya guhatana mu irushanwa rya Miss

radiotv10by radiotv10
01/10/2024
in IMYIDAGADURO
0
Umukecuru w’imyaka 80 yitinyutse ajya guhatana mu irushanwa rya Miss
Share on FacebookShare on Twitter

Choi Soon-hwa w’imyaka 80 y’amavuko, yabaye umuntu ukuze cyane witabiriye irushanwa ry’ubwiza rya Miss Universe aho ari mu bari kugerageza mu cyiciro cy’ijonjora muri Korea, aho ahatanye n’abakobwa bakiri bato.

Uyu mukecuru bigaragara ku maso, yavuze ko yitabiriye iri rushanwa kugira ngo ashimangire ko imyaka ari imbare.

Choi Soon-hwa yavutse mu 1943 mbere y’imyaka icumi ngo iri rushanwa rya Miss Universe ritangire kubaho, kuko ryatangiye mu 1952.

Uyu mukecuru aramutse akomeje mu cyiciro cy’abazahagararira Korea, akajya guhatana muri Miss Universe mu cyiciro kizabera muri Mixico mu kwezi k’Ugushyingo 2024. Ari guhatana n’abandi bakobwa 32.

Choi Soon-hwa avuga ko yifitiye icyizere ko azakomeza mu cyiciro cya nyuma. Ati “Ndashaka kugaragariza Isi uko umugore w’imyaka 80 yabaho afite ubuzima buzira umuze. Ni gute yakomeza kugira umubiri mwiza? Ni ibiki yarya byamufasha?”

Uyu mukecuru yitabiriye iri rushanwa nyuma yuko umuryango uritegura, ukuyeho inzitizi z’imyaka ntarengwa, aho ryitabirwaga n’abatarengeje imyaka 28.

Ati “Ubwo imyaka ntarengwa ivanyweho, nahise mbuga ngo ngomba kugerageza amahirwe.”

Choi Soon-hwa winjiye muri iri rushanwa ry’ubwiza, nyuma yuko yanabanje kunyura mu kumurika imideri aho yabihagaritse ku myaka 50 nyuma yo guhura n’imbogamizi z’amikoro, akajya gukora mu bijyanye no kwita ku barwayi mu Bitaro.

Ku myaka 72 kandi yaje kwitabira ibirori byo kumurika imideri bizwi nka Seoul Fashion Week ubwo yari afite imyaka 74.

Uyu mukecuru yiyemeje guhatana mu irushanwa ry’ubwiza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje ibyo Congo igomba gukora kugira ngo amahoro aboneke

Next Post

Polisi yagize icyo ivuga ku bagabo babiri barasiwe muri Kamonyi

Related Posts

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

by radiotv10
31/01/2026
0

In recent years, podcasts have become very popular around the world, and Rwanda is no exception. More and more young...

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

by radiotv10
30/01/2026
0

Muri gahunda nshya yiswe KGL Cine Corner yo kwerekana filimi ziba zigezweho, hagiye kwerekanwa iyitwa The RIP iri kubica bigacika...

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Uko byagenze ngo Umupolisi arase ukekwaho ubujura agahita apfa

Polisi yagize icyo ivuga ku bagabo babiri barasiwe muri Kamonyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.