Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya ingamba zo kwirinda Marburg zashyiriweho ibikorwa birimo ibyakira abakiliya n’inama

radiotv10by radiotv10
04/10/2024
in MU RWANDA
0
Menya ingamba zo kwirinda Marburg zashyiriweho ibikorwa birimo ibyakira abakiliya n’inama
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB, rwatangaje amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Marburg areba ibigo by’ubucuruzi, ahakorerwa ubukerarugendo, ndetse n’ahabera inama n’ibindi bikorwa by’imbonankubone, aho ababikoresha basabwe gushyiraho ingamba zirimo kugabanya ibikorwa bituma abantu begerana cyane.

Aya mabwiriza yashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 03 Ukwakira 2024, ashingiye ku yatanzwe na Minisiteri y’Ubuzima yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Marburg kimaze guhitana abantu 11 mu Rwanda.

Aya mabwiriza y’Urwego rw’lgihugu rw’Iterambere (RDB) arimo areba ibigo by’ubucuruzi, ahakorerwa ubukerarugendo, areba ahakirirwa inama ndetse n’ibindi bikorwa by’imbonankubone.

RDB ivuga ko nk’ibigo by’ubucuruzi “birasabwa gukomeza gukora nk’uko bisanzwe. Ariko birasabwa gukurikiza amabwiriza y’isuku

yatanzwe na Minisiteri y’Ubuzima, harimo gupima umuriro ku binjira ndetse no gutanga aho gukarabira intoki cyangwa gukoresha umuti wica udukoko ku miryango.”

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere rukomeza rugira ruti “Izi ngamba ni ngombwa mu kurinda buzima bw’abakozi n’abakiriya, bikanatuma ibikorwa by’ubucuruzi bidahagarara.”

Naho ku mabwiriza areba ibikorwa by’ubukerarugendo, RDB ivuga ko na byo bikomeza gukorwa nk’uko bisanzwe mu Rwanda, kandi umutekano w’abashyitsi urizewe.

Igakomeza igira iti “Abasura u Rwanda barasabwa gukomeza gutembera ntacyo bikanga, kandi tubizeza ko ingamba zose zifatwa mu kwirinda

ikwirakwira ry’icyorezo cya Marburg.”

Aya mabwiriza akomeza agira ati “Kubera ko Marburg itandurira mu mwuka, impungenge z’uko hashyirwaho ingamba zo kugabanya ingendo ziracyari nke. Abadusura barizezwa ko abatanga serivisi, haba mu mahoteli n’ahandi, bose bubahiriza amabwiriza y’isuku, harimo gupimwa umuriro, gukaraba intoki kenshi, ndetse no kubahiriza isuku mu buryo bwose bushoboka.”

Ku mabwiriza agomba kubahirizwa ahabera inama n’ibindi bikorwa by’imbonankubone, RDB ivuga ko u Rwanda rukomeza kwakira bikorwa by’imbonankubone harimo n’inama mu buryo bwizewe, kandi umutekano w’abitabira ibyo bikorwa ugashyirwa imbere.

Uru Rwego rugakomeza rugira ruti “Ahantu habera inama harasabwa gushyiraho ingamba z’isuku zinoze, nko gupima umuriro, gutanga aho gukarabira intoki, no kugabanya ibikorwa bisaba kwegerana cyane hagati y’abitabiriye. Ubu buryo bushingiye ku bushakatsi mu bijyanye n’ubuzima bugaragaza ko ibikorwa byose by’imbonankubone byakomeza kandi hakitabwa no kurengera ubuzima w’abitabira n’abakozi.”

RDB yamenyesheje abashoramari ba nyiri ibi bikorwa ko izi ngamba zigamije gukomeza kurinda abaturage, ndetse n’ibikorwa by’ubukungu bigakomeza gukora, ikizeza ko izakomeza gutanga amakuru azaba agezweho bitewe n’azaba yatanzwe n’inzego zibishinzwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 1 =

Previous Post

Karongi: Aho yari yizeye kubonera icyamufasha kwiteza imbere hamusigiye ubukene no gucunaguzwa

Next Post

Hakurikiyeho iki nyuma yuko babiri baturutse mu Rwanda bikanzweho Marburg mu Budage bigateza igikuba?

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakurikiyeho iki nyuma yuko babiri baturutse mu Rwanda bikanzweho Marburg mu Budage bigateza igikuba?

Hakurikiyeho iki nyuma yuko babiri baturutse mu Rwanda bikanzweho Marburg mu Budage bigateza igikuba?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.