Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hasobanuwe ibirambuye ku ifatwa ry’umunyamakuru ‘Fatakumavata’ n’ibyaribanjirije

radiotv10by radiotv10
21/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Hasobanuwe ibirambuye ku ifatwa ry’umunyamakuru ‘Fatakumavata’ n’ibyaribanjirije
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko ifatwa ry’umunyamakuru Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta, ryakozwe nyuma yuko ahamagajwe inshuro nyinshi akagirwa inama kubera imvugo zidakwiye yakoreshaga ku mbuga nkoranyambaga, ariko akinangira.

Ifungwa rya Fatakumavuta ryavuzwe mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, aho yatawe muri yombi nyuma y’igihe kinini na we ubwe akunze kuvuga ko yagiye ahamagazwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rukamugira inama.

Uyu munyamakuru wanagaragaye mu kiganiro rimwe, avuga ko atazongera kwitaba RIB ngo agiye kwisobanuro ku byo azaba yatangaje ku bahanzi, ubu acumibikiwe n’uru rwego rw’Ubugenzacyaha.

Fatakumavuta akurikiranyweho ibyaha bitandukanye birimo icyo kubuza undi amahwemo hifashishijwe imbuga nkoranyambaga, n’icyo gukoresha imvugo ziremereye zikurura amacakubiri mu bantu.

Umuvugizi w’ Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko uyu mugabo yatawe muri yombi nyuma y’igihe yarabanje kugirwa inama zo guhagarika ibikorwa bigize ibyaha yari akomeje kwijandikamo.

Ati “Mu by’ukuri yakoreshaga imvugo ubona zidakwiriye umuntu ukoresha imbuga nkoranyambaga […] Afashwe nyuma y’igihe kirekire yarihanangirijwe, yaragiriwe inama, yarigishijwe ariko ahitamo kwinangira.”

Umuvugizi wa RIB, yakomeje agira ati “Ikigomba gukurikizwa rero nta kindi uretse kuba amategeko agomba gukurikizwa.”

Uyu mugabo atawe muri yombi nyuma y’igihe mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda humvikana ibisa n’amatiku no guterana amagambo, byanatumye RIB ibyinjiramo, inaburira abari muri uru ruganda kwitwararika.

Dr Murangira avuga ko abantu bari muri uru ruganda, badakwiye kumva ko bari mu Isi yabo, kuko na bo amategeko abareba.

Ati “Kuba mu myidagaduro ntabwo bivuze kutubahiriza amategeko, ntabwo ari ikirwa kigenga, na bo bagomba gukurikiza amategeko. Ntabwo abo mu myidagaduro bafite ubudahangarwa butuma batakurikiranwa mu gihe bishe amategeko.”

Yavuze kandi ko abakoresha imbuga nkoranyambaga, harimo amahirwe yo kuba zatuma babasha kwiteza imbere, ariko ko harimo n’abazikoresha nabi, bityo ko abayobye bo bakwiye kugaruka kugira ngo amategeko adakomeza kubareba ijisho ryayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 17 =

Previous Post

Menya amakuru y’ingenzi kuri CHOGM ikurikiye iyabereye mu Rwanda

Next Post

Nyabihu: Havuzwe igikekwaho gutera umunyeshuri kwiyahura

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabihu: Havuzwe igikekwaho gutera umunyeshuri kwiyahura

Nyabihu: Havuzwe igikekwaho gutera umunyeshuri kwiyahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.